N’ubwo atarafatwa, urukiko mpuzamahanga rwashiriweho u Rwanda rw’i Arusha (ICTR), kuri uyu wa mbere rurasubukura kumva ubuhamya budasanzwe mu rubanza rwa Augustin Bizimana wahoze akuriye urwego rushinzwe kurinda perezida mu gihe cya Jenoside.
Tariki 23/11/2011 ubushinjacyaha bwasabiye umuganga wa Michael Jackson, Conrad Murray, igifungo cy’imyaka itatu kubera uburangare yagize mu kuvura nyakwigendera Jackson.
Leta ya Zimbabwe iratangaza ko idacumbikiye, Protais Mpiranya, Umunyarwanda uregwa kuba yaragize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994. Uyu mugabo ashakishwa n’urukiko mpuzamahanga rwashyiriwe ho u Rwanda (ICTR).
Urukiko rw’ikirenga rwo muri Norvege rwanze ubujurire bwa Charles Bandora; Umunyarwanda ufingiye muri icyo gihugu ukekwaho ibyaha bya Jenoside. Bandora yari yajuririye icyemezo cy’urukiko cyari cyategetse ko yoherezwa kuburanishiriza mu Rwanda.
Igihugu cy’u Bufaransa cyashyizeho abacamanza bane b’inzobere mu byaha bikomeye bo mu rukiko rw’isumbuye rw’i Paris kugirango bakurikirane abashinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda bakihishe muri icyo gihugu.
Urukiko rwa La Haye rukorera mu Buholande rwanze rwivuye inyuma ikiruhuko cyari kigenewe Yvonne Basebya kubera ko ashinjwa uruhare yaba yaragize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Kuri uyu wa gatanu, uhagarariye Ubwongereza mu Rwanda yasuye gereza ya Mpanga mu rwego rwo kwirebera uko abafungwa bo mu gihugu cya Sierra Leone baje kurangiriza igihano cyabo mu Rwanda babayeho.
Inama y’abaminisitiri yateranye kuwa 18 Ugushyingo 2011 yemeje urutonde rw’abafungwa bagera ku 1667 bemerewe gufungurwa by’agateganyo kubera ko bitwaye neza mu gihano bahawe.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki 17/11/2011, urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda rukorera i Arusha muri Tanzania (TPIR) rwahamije icyaha cya Jenoside Gregoire Ndahimana wahoze ari burugumesitiri wa komini Kivumu mu cyahoze ari perefegitura ya Kibuye. Ndahimana yaciriwe igihano cyo gufungwa imyaka (...)
Ubuholandi bwashyikirije ubushinjacyaha bw’u Rwanda ibyafashwe mu gikorwa cy’isaka cyakozwe mu rugo rwa Victoire Ingabire Umuhoza ruri i Rotterdam mu Buholandi mu kwezi k’ukuboza 2010.
Ministre wungirije ushinzwe ubutabera wo muri Sierra Leone taliki ya 13 ugushyingo yasuye gereza ya Mpanga yishimira uburyo imfungwa z’Abanyasierraleone 8 zibayeho.
Nyuma y’aho abunganira Munyenyezi Béatrice bagerageje kwanga ko abatangabuhamya b’abanyarwanda baza muri uru rubanza, abategarugori 4 nibo bemerewe kuzatanga ubuhamya mu rubanza. Umucamanza Steven McAuliffe niwe wafashe icyo cyemezo tariki ya 9/11/2011 mu mujyi wa Concord, muri leta ya New Hampshire.
Urukiko rw’ i La Haye mu gihugu cy’u Buholandi rwategetse ko ibimenyetso bikenewe mu rubanza rwa Ingabire byoherezwa mu Rwanda.
Umuvugizi w’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), Roland Amoussouga, yatangaje ko igihe urukiko ruzaba rufunze imiryango muri nyakanga 2012 hazabaho ikibazo cyo kubona ibihugu bizakira abazaba bagizwe abere.
Ku itariki ya 15 ukuboza nibwo urukiko rw’ubujurire mu rukiko rwashyiriweho u Rwanda Arusha (ICTR) ruzaca imanza z’abantu batatu barimo Théoneste Bagosora, hamwe n’abandi babiri aribo Lieutenant Colonel Anatole Nsengiyumva na Dominique Ntawukulilyayo.
Urukiko rw’ ikirenga rwavuze ko urubanza ubushinjacyaha buregamo umuyobozi w’ ikinyamakuru Umurabyo, Agnes Nkusi Uwimana ndetse n’umwanditsi mukuru w’iki kinyamakuru Saidath Mukakibibi, ruzasubukurwa ku itariki ya 19 Mutarama mu mwaka wa 2012, kuko abashinjacyaha bafite imanza nyishi muri iki gihe.
Ku itariki ya 15 ukuboza nibwo urukiko rw’ubujurire mu rukiko rwashyiriweho u Rwanda Arusha (ICTR) ruzaca imanza z’abantu batatu barimo Théoneste Bagosora, hamwe n’abandi babiri aribo Lieutenant Colonel Anatole Nsengiyumva na Dominique Ntawukulilyayo.
Ku nshuro ya mbere urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda ruri Arusha rwatanze uburenganzira bwo gufungura imfungwa yarwo yari yarakatiwe mbere y’uko arangiza igihano yari yarakatiwe cy’imyaka 8.
Abashinjacyaha mu Rukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda rw’i Arusha, basabye ko Callixte Nzabonimana wahoze ari Minisitiri w’urubyiruko mu gihe cya Jenoside yahabwa igihano cy’igifungo cya burundu, kubera ibyaha bya Jenoside n’iby’intambara akurikiranyweho.
Ubwo rwongeraga gusubukuraga ku wa Kane tariki 13 Ukwakira 2011, Urukiko Rukuru rwemeje ko inzitizi abunganira Ingabire aribo Me Gatera Gashabana na Me Edward Ian bagaragaje nta shingiro zifite, bityo iburanishwa rihita rikomeza Ingabire yiregura kuko atanajuririye icyo cyemezo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bufaransa Alain Juppé wari no kuri uyu mwanya mu 1994 ubwo mu Rwanda habaga Jenoside, avuga ko atigeze ahakana ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ahubwo ko we yayemeye mbere ya benshi iri kuba mu mwaka w’1994.
IBUKA yatangaje ko yababajwe n’icyemezo cyo kurekura babiri mu bahoze ari abaminisitiri Casmir Bizimungu wari Minisitiri w’ubuzima, Jerome Bicamumpaka wari Minisitiri w’ububanyi n’amahanga bo muri leta y’abatabazi cyafashwe n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) mu cyiswe urubanza Guverinoma II