Abanyeshuri bishyurirwa n’umushinga Global Fund barasaba kujya babarurirwa hafi y’aho batuye aho kujya ku karere kuko bibavuna bitewe nuko hari abaturuka mu mirenge n’utugari bya kure.
Abantu 79 bigishijwe imyuga itandukanye nk’ubudozi n’amahoteri baratangaza ko ubumenyi babonye buzatuma barushaho kubaka no gukorera umuryango nyarwanda.
Nubwo ikibazo cy’abanyeshuri ba Institute Superieur Pedagogique de Gitwe (ISPG) kicaje inzego z’itandukanye, cyakomeje kuburirwa umuti bikaba bigaragara ko hagikenewe izindi mbaraga kugirango kirangizwe mu nzira nziza.
Umufasha wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yishimiye ko abarangije mu ishuri rya Green Hills Academy bagaruka kwiyibutsa ubuzima bw’ishuri no kureba umusanzu batanga kuri barumuna babo bakirimo kwiga.
Ambasade ya Leta zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda yatangije isomero rikubiyemo ibitabo, aho barebera amafiimi n’icyumba cy’ibiganiriro, bizajya bifasha Abanyarwanda n’abandi bayigana kwihugura no kwiyungura ubumenyi.
Mu gihe abakozi benshi bagerereye imishahara y’ukwezi gushize k’Ugushyingo bayikenuza, abarimu bakorera mu Karere ka Huye bo ntibarahembwa.
Minisiteri y’uburezi irahamagarira abanyeshuri barangije amashuri abanza, icyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’amashuri yisumbuye batsinze neza ibizamini bya Leta mu myaka ya 2007, 2008 na 2009 kuza gufata ibihembo byabo.
U Rwanda rwesheje umuhigo wo kwigisha no gukoresha ibizamini ababaruramari b’umwuga ku rwego mpuzamahanga bitwa Certified Public Accounting (CPA) na Certified Accounting Technician (CAT).
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, iremeza ko mu myaka iri imbere u Rwanda ruzaba rutagihura n’ikibazo cy’aba enjeniyeri mu bijyanye n’ubutaka, kuko buri mwaka hagenda habaneka abantu 20 bahugurwa mu bijyanye n’iyi gahunda.
Umuryango nyarwanda utegamiye kuri Leta witwa Point ukomeje gufasha abana bato bo mu karere ka Ngororero mu gihe cy’ibiruhuko mu rwego rwo kurwanya ubuzererezi no kongera ubumenyi n’imyidagaduro by’abana.
Abashakashatsi baturutse mu bihugu binyuranye, harimo n’Abanyarwanda, bateraniye muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR) bagamije gushyira ahagaragara ibyo ubushakashatsi bwabo bwagezeho ku nsanganyamatsiko igira iti « ubukungu burambye n’imiyoborere myiza».
Umuyobozi w’ikigo cyigisha imyuga cya Kibali mu karere ka Gicumbi, Ruzindana Eugene, avuga ko gutanga ‘stage’ ku banyeshuri barangije bikwiye kuba itegeko kugira ngo ikibazo cy’ubushomeri kigabanuke.
Umwarimu Blandy Brujo Uwimana, afite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, ariko abanyeshuri yigisha mu karere ka Ruhango bavuga ko bamukunda cyane, kuko akora iyo bwabaga amasomo abigisha bakayumva neza kurusha abandi barimu bumva.
Ku bufatanye bw’umushinga ARTCF (Association Rwandaise des Travailleurs Chretiens Feminin) na Care international, kuri uyu wa kabiri tariki 27/11/2012, hatangijwe amahugurwa y’iminsi itatu agenewe abarimu bazigisha mu masomero y’abakuze bo mu mirenge igize akarere ka Nyamagabe.
Ibigo 17 muri 171 byigisha imyuga n’ubumenyingiro byatanze imishinga myiza ifasha guteza imbere ibyo bigisha mu Banyarwanda byashyikirijwe amafaranga byari byasabye ngo bibashe gushyira iyo mishanga mu bikorwa.
Bamwe mu banyeshuri bari gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye baratangaza ko batorohewe n’uburyo bushya bari guhabwamo ibizamini kuko batari babwiteze.
Umukobwa ufite imyaka 22 witwa Nyiraguhirwa Angelique, utuye mu murenge wa Busogo mu karere ka Musanze, avuga ko nyuma yo kurangiza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri 2011, yahise ajya kubumba amatafari ya rukarakara, none nibyo bimutunze.
Abanyeshuri bo muri College ya Karambi mu murenge wa Kabagari mu karere ka Ruhango bamaze kubakirwa ivomo ry’amazi meza kandi na gahunda yo kuyabagezaho ikaba iri hafi. Ikibazo cy’amazi kuri iryo shuri cyatangiye kugaragazwa kuva muri Mata 2012.
Hari imishinga cyangwa amatorero afasha abatishoboye kwiga imyuga ngo bikure mu bukene ariko hari ikibazo ku barangiza kwiga bakabura ibikoresho bityo ntibagire icyo bunguka.
Bamwe mu bubatse amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 mu karere ka Ruhango, bavuga ko bishyuwe amafaranga make mu gihe ubuyobozi bw’ako karere buvuga ko bazishyurwa n’imirenge yabakoresheje.
Usibye abazakora ibizamini bisoza icyiciro rusange n’amashuri yisumbuye, kuri uyu wa gatanu tariki 09/11/2012 nibwo abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye y’akarere ka Nyamagabe batashye basubira iwabo mu biruhuko.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) yafashe umwanzuro ubuza amashuri ya Leta, cyangwa agengwa na Leta, kwishyiriraho ibiciro by’amafaranga y’ishuri, isaba uturere kuba aritwo tuzajya twemeza ibyo biciro.
Minisitiri w’uburezi, Dr Vincent Biruta, arakangurira abashoramari gushora imari mu kubaka amacumbi hafi y’amashuri makuru na kaminuza, aya mashuri agifite ikibazo cy’amacumbi y’abanyeshuri.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’uburezi, Dr Harebamungu Mathias, nyiyemeranywa n’abavuka gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda (9YBE) ntacyo busigira abana kubera ko biga ari benshi.
Babifashijwemo na Diyoseze Gatorika ya Cyangugu ishami rishinzwe uburezi gatorika, ishuri ryisumbuye GS St Bruno de Gihundwe mu karere ka Rusizi ryatangiye umubano na Ecole Saint Micheal Alicange ryo mu Burundi mu rwego rwo kureba uko ireme ry’uburezi ryifashe mu bihugu duhana imbibe.
Abanyeshuri basaga ibihumbi 178 baritabira ibizamini bisoza amashuri abanza bvyatangiye kuri uyu wa kabiri tariki 06/11/2012 mu gihugu cyose; nk’uko bitangazwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi (REB).
Umuyobozi w’akarere ka Musanze, Mpembyemungu Winifrida, arakangurira abyeyi bo muri ako karere kwitabira amarerero kuko ari ahantu hazabafasha kuzamura uburere bw’abana babo, ndetse bikanabarinda kuhigira imico mibi, cyangwa kuba bahohoterwa.
Abanyeshuli bo mu mwaka wa kabiri bo mu rwunge rw’amashuli rwa Runyinya ntibashoboye gukora ikizamini cy’amateka tariki 26/10/2012 kubera ko abarimu banze kugitanga batari bahabwa agahimbazamusyi bemerewe n’ababyeyi.
Binyuze muri gahunda yihariye yo guteza imbere umwarimu no kuzamura imibereho ye, amafaranga yagenerwaga ikigega Umwalimu-SACCO, uyu mwaka yashizwe miliyari eshanu avuye kuri miliyoni 500 iki kigega cyabonaga buri mwaka.
Abanyarwanda 98 biberaga muri Kivu y’Amajyepfo, bagarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka igera kuri 18 bibera mu mashyamba. Bavuga ko inyeshyamba za FDLR arizo zabazitiraga, zikababuza kutahuka.