Minisitiri w’Uburezi atarangaza ko azaha igihembo umurenge uzaba uwa mbere mu kwigisha abatazi gusoma no kwandika mu Rwanda.
Bigenda bigaragara ko abana bava mu ishuri bakajya gukora imirimo inyuranye yo mu rugo bakomeza kwiyongera mu murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare. Ubuyobozi bw’umurenge buvuga ko abo bana ari abaturutse hirya no hino mu turere dutandukanye tw’igihugu.
Akarere ka Nyabihu karihiye abanyeshuri 2769 batishoboye bo muri ako karere amafaranga 113 163 881 mu mwaka wa 2011; nk’uko byemezwa n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu.
Umunyeshuli witwa Mungeli Zabuloni wigaga mu kigo cya Nyanza Technical School yirukanwe burundu azira gufata umuyobozi ushinzwe amasomo mu ijosi. Icyemezo cyafashwe n’inama ya komite y’ababyeyi barerera muri icyo kigo yabaye tariki 26/02/2012.
Inama Njyanama y’Akarere yakuye ku buyobozi bw’ibigo, abayobozi b’ibigo by’amashuri umunani bazira kudatanga umusaruro uhagije mu bizamini bisoza amashuri abanza n’ay’icyiciro rusange mu myaka ibiri yikurikiranya.
Abanyeshuri barangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza muri Kaminuza Yigenga ya Kigali (ULK) ishami rya Gisenyi, barasabwa kuba urumuri rw’Abanyarwanda, nk’uko babisabwe n’umuyobozi wayo mu gikorwa cyo guha impamyabushobozi abagera kuri 689, cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 24/02/2012.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma buranenga bamwe mu barezi mu kigo cy’amashuri cya Mvumba na Gahima bagaragaweho gucuruza ibiyobyabwenge.
Umuyobozi w’ikigo cy’amashuri yisumbuye Professional Training Center (RTC) giherereye mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze ari mu maboko ya Polisi aregwa gutangiza ishuri nta byangombwa afite.
Minisitiri w’uburezi yemereye abanyeshuri biga ku kigo Groupe Scolaire St Pierre kiri ku kirwa cya Nkombo kuzagezwaho internet bitarenze mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka.
Mu muhango wo gutanga inyemezabumenyi ku bantu 1400 barangije imyuga mu kigo cya Kavumu Vocational Training Center, Minisitiri w’uburezi, Dr Vincent Biruta, yasabye abize imyuga kurushaho kuyihesha agaciro.
Umuyobozi w’ishuri ryisumbuye E.S Mutenderi yarekuwe na parike, tariki 06/02/2012, nyuma yo kugezwa imbere y’ubucamanza akisobanura ku byaha yakekwagaho bya ruswa mu guha abanyeshuri 300 imyanya mu kigo cya Leta mu buryo butemewe n’amategeko.
Icyemezo cya Guverinoma y’u Rwanda cyo kuzamura imishahara y’abarimu cyemejwe tariki 13/01/2012 gishobora gutuma abarimu 777 bigisha mu mashuri yisumbuye bize amashuri makuru na kaminuza basezererwa, bagasimbuzwa abandi bize amashuri yisumbuye gusa.
Nubwo hakiri gukorwa ubushakashatsi ku buryo bwo kwigisha hahuzwa ibyigwa n’ibyo abanyeshuri babamo (problem situation based learning), Sebaganwa Alphonse, umwarimu mu ishuri rikuru nderabarezi (KIE) ubu uri gukorera impamyabushobozi ihanitse ya dogitora ku bijyanye n’iyo myigishirize mu Bubiligi, avuga ko Leta y’u Rwanda (…)
Bimwe mu bigo byo mu karere ka Huye byabashije kubaka amashuyi y’uburezi bw’imyaka 12 birarangiza ariko ibindi ntibirabigeraho neza kubera ikibazo cy’amikoro. Ibibazo bafite babigejeje ku buyobozi bw’akarere mu nama bagiranye tariki 30/01/2012.
Ubuyobozi bw’ishuri ryisumbuye rya Nyagisenyi mu karere ka Nyamagabe bwafashe icyemezo cyo guhagarika abanyeshuri 85 ku masomo, mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubujura kimaze iminsi kibasiye iki kigo.
Abanyeshuri bagera ku 3088 bahawe impamyabumenyi zo mu cyiciro cya kabiri n’icya gatatu cya kaminuza muri kaminuza nkuru y’u Rwanda. Muri uyu muhango wabaye tariki 27/01/2012, kaminuza yanatanze impamyabumenyi za dogitora (doctorat) y’icyubahiro ku bantu babiri bagiriye u Rwanda akamaro.
Nubwo kubaka amashuru y’uburezi bw’imyaka 12 (12YBE) bitajyanye no kubaka ubwiherero nk’uko byari bitegenyijwe, ababishinzwe baratangaza ko imbaraga bari basigaranye nyuma yo gusoza kubaka ibyo byumba, bagiye kuzimarira mu kubaka ubwo bwiherero maze bukarangira vuba.
Urwego rugenzura ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore mu iterambere rwashimye abayobozi n’abaturage b’akarere ka Rwamagana ku gikorwa cyiza cyo kugira icyumba cy’umwana w’umukobwa kuri buri shuri mu bigo by’amashuri yisumbuye 32 bitangirwaho uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 biri muri ako karere.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera barishimira umusanzu batanze mu gikorwa cyo kubaka ibyumba by’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12.
Guverineri w’intara y’Uburasirazuba, Uwamariya Odette, arasaba ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana gukurikirana umuyobozi w’ishuri rya Rugarama kugira ngo ibikoresho byo kuryubaka byabuze bigaruke kandi ababigizemo uruhare babiryozwe.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Harebamungu Mathias, avuga ko gahunda yo gushyiraho Kaminuza imwe igeze kure kuko za kaminuza n’amashuri makuru byatangiye kwigisha amashami yihariye atigishwa ahandi.
Abaturage barenga 100 bubakaga ibyumba by’amashuri by’imyaka icyenda mu tugari twa Muhato, Amahoro, n’Umubano mu murenge wa Gisenyi, akarere ka Rubavu barinubira ko wabambuye amafaranga bagombaga guhembwa guhera mu kwezi k’Ukwakira 2011.
Minisitiri w’urubyiruko, Nsengimana Jean Philibert, arasaba abayobozi b’uturere gushaka uburyo hajya habaho uburyo bwihariye bwo gufasha urubyiruko ruba rurangije imyuga itandukanye mu kigo cya Iwawa, mu karere ka Rutsiro.
Abafundi n’abayede bubatse ibyumba by’ amashuri mu murenge wa Musha mu karere ka Gisagara baravuga ko umurenge utarabishyura amafaranga yabo kandi bayakeneye ngo abafashe kohereza abana ku ishuri.
Ubwo yakoranaga inama n’inzego z’ubuyobozi mu karere ka Gicumbi, tariki 05/01/2012, mu rwego rwo kwiga ku itangira ry’amashuri ya 2012 no kureba ibyagezweho mu mwaka wa 2011, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Harebamungu Mathias, yasabye abayobozi bose b’akarere ka Gicumbi guteza imbere uburezi bwo muri ako (…)
Bamwe mu rubyiruko rwo mu murenge wa Kibeho mu karere ka Nyaruguru basanga kuba umuntu atarize bidakwiye gutuma atekereza ko kugira uruhare mu kubaka amashuri nta kamaro bimufitiye kuko ayo mashuri aba azigirwamo n’abazamukomokaho, abavandimwe babo ndetse n’abandi Banyarwanda muri rusange.
Inama y’uburezi yateranye mu karere ka Kirehe, tariki 03/01/2012, yagarutse ku kibazo cy’abana bata amashuri maze abari bayirimo bafata ingamba zo gushyiraho akanama kihariye ko gukurikirana ikibazo cy’aba bana bagasubizwa mu ishuri.
Minisitiri w’uburezi, Dr Biruta Vincent, arasaba abakozi ba komisiyo y’igihugu ikorana na UNESCO (RNCU) kongera imbaraga mu bikorwa biri mu nshingano yahawe birimo uburezi muri rusange, uburezi bwihariye, ubumenyi n’imibanire y’abantu, ikoranabuhanga no gukurikirana amasezerano mpuzamahanga u Rwanda rugomba gushyiraho umukono.
Minisitiri w’urubyiruko, Jean Philbert Nsengimana, arashishikariza abaturage bo mu karere ka Kayonza guca ubujiji burundu maze bagasigara barwana n’ikibazo cyo kubona akazi. Nsengimana avuga ko ubujiji mu baturage ari imbogamizi ikomeye y’iterambere.
Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Kayonza, Mutesi Anita, arasaba abaturage bo muri aka karere guhiga umuhigo w’uko mu mwaka wa 2012 abana bose bagomba kuba bajya mu ishuri kandi buri gihe.