Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi Munyakazi Isaac yanenze bamwe mu barezi kugira uburangare ntibite ku bana barera aho usanga abana bafite imyitwarire mibi.
Ishuri ryigenga “Primier ECD Teachers College” ryashyize ku isoko ry’umurimo bwa mbere abanyeshuri 41 bize umwuga wo kwigisha mu mashuri y’incuke.
Abatuye mu Mujyi wa Musanze ndetse n’abakunda kuhagenda barasaba ubuyobozi bw’akarere kugira icyo bukora kuko abana bamaze kwiyongera mu muhanda.
Umuyobozi w’ikigo cyigisha abana batumva batanavuga cy’i Huye, yifuza ko abana bigisha batajya bakora ibizamini by’indimi bisa n’iby’abandi banyeshuri.
Abana bafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva biga mu kigo Nyagatare Deaf School barifuza gusobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ivuga ko amarushanwa muri siyansi abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye bakora buri mwaka yakagombye guhera mu mashuri abanza kuko afasha abana.
Itsinda ry’abanyeshuri 22 bamaze iminsi ine mu Rwanda bareba uko igihugu cyubahiriza ihame ry’ubukungu budaheza, basubiye iwabo bafite ingamba zo kuvuganira u Rwanda.
Kaminuza Gatulika y’u Rwanda (CUR) itangaza ko yakomorewe kwigisha ibijyanye n’ubumenyi bwa Laboratwari (Biomedical Laboratoy Science) nyuma y’imyaka itatu yari ishize bihagaritswe.
Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro ryo mu Majyepfo (IPRC South) kuri uyu wa kane tariki 23 Werurwe 2017, rirashyira ku isoko abanyeshuri barirangijemo mu cyiciro cya mbere cya kaminuza.
Abanyeshuri biga mu rwunge rw’amashuri rwa Nyakabwende muri Rusizi bavuga ko bamaze imyaka ibiri barahawe mudasobwa ariko ntibazi impamvu batazikoresha.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki ya 9 Werurwe 2017, IPRC Kigali yakoze umuhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri 660, basoje amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro muri iri shuri mu mwaka w’amashuri wa 2016.
Abanyeshuri biga muri Groupe Scolaire Muhoza II muri Musanze, bemeza ko kumenya amateka yaranze u Rwanda arimo n’aya Jenoside bibafasha kubaka ejo hazaza.
Ikigo cy’itangazamakuru cya Kigali Today cyashyize ku isoko abanyeshuri 15 bagize icyiciro cya gatandatu cy’abahuguwe mu gufotora bya kinyamwuga.
Abanyeshuri 161 barangije mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro Gishari Integrated Polytechnic ryo mu Karere ka Rwamagana, basabwe guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda barwanya ubushomeri mu rubyiruko.
Umuryango wita ku bana, Save The Children, watangije gahunda izatwara Miliyari 2.5Frw, yo kongera imbaraga mu bikorerwa umwana hagamijwe gukomeza kubahiriza uburenganzira bwe.
Leta y’ U Rwanda irimo gushakisha imiryango irenga 1000 yifuza kwakira abana bamaze imyaka ine mu bigo by’impfubyi barabuze imiryango ibakira ngo ibarere.
Urwego rushinzwe uburezi mu Karere ka Ngoma rutangaza ko muri ako karere hakigaragaramo ubucucike bw’abanyeshuri mu mashuri bigatuma badakurikira neza amasomo.
Abanyeshuri baba mu Nkambi ya Kigeme i Nyamagabe bahamya ko imfashanyo y’ibikoresho by’ishuri bahawe izabafasha kurushaho kwiga bashyizeho umwete.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri byo muri Ngororero barakangurirwa kugira isuku mu bigo byabo kuko aho bizagaragara ko hari umwanda umuyobozi w’icyo kigo azirukanwa.
Abatozwa b’impeshakurama za Minisiteri y’ubuzima muri Muhanga barifuza ko itorero ryamanuka rikagera no ku bana b’imyaka 10 kugira ngo bazakurane umuco w’ubutore.
Manzi Aimée Praise yahembwe imodoka na se umubyara, amushimira gutsinda ibizamini bya Leta bisoza amashuli abanza mu mwaka wa 2016.
Abarezi bo mu Karere ka Kamonyi basanga gutanga inyigisho z’Itorero ry’igihugu mu mashuri, bizabafasha guhangana n’ikibazo cy’abana bata ishuri n’icy’ireme ry’uburezi.
Kaminuza ya Dixie State University yashyiriyeho abanyeshuri b’Abanyarwanda bifuza gukomereza amasomo yabo hanze, amahirwe yo kuyigamo bagafashwa no kubona buruse zo kwigira Ubuntu.
Abana bahabwaga amasomo abakundisha umwuga muri gahunda yiswe”Space for children” mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba IPRC East bahawe certificate.
Minisitiri w’uburezi, Dr Musafiri Malimba Papias yanenze ubushakashatsi bukorwa n’amashuli makuru na kaminuza bugahera mu bubiko butageze ku baturage bwakorewe.
Kaminuza y’Abadivantisiti b’Abalayiki (UNILAK) yahaye impamyabushobozi abarangije kuyigamo babarirwa muri 2143 mu mashami atandukanye.
Abana batangiye kwiga ibijyanye n’umuco mu Ngoro y’Umurage y’i Huye baremeza ko bishobora kuzabaviramo ubumenyi buzabafasha kwibeshaho.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Nyirasafari Espérance, arasaba abakobwa bize imyuga n’abitegura kuyiga kwigirira icyizere kuko bashoboye.
Minisitiri w’Uburezi Musafiri Papias Malimba, akangurira abanyeshuri ba za kaminuza kwimakaza umuco wo gusoma ibitabo kuko bibitse byinshi bakenera mu myigire yabo.
Porogaramu ya telefoni ifasha ababyeyi gukurikirana abana babo ku ishuri yahimbwe n’Abanyarwanda, yahawe igihembo mpuzamahanga kubera uburyo izongera ireme ry’uburezi.