Ntiruginama Jean de la Croix, umwe mu bafashwa n’ Imbuto Foundation, yasabye Madamu Jeannette Kagame, kumusengera akazagera ku nzozi ze, maze umushinga we w’urubuga rutangaza amakuru ukazabasha kwakuga ukaba waha akazi benshi mu rubyiruko.
Minisiteri y’Uburezi yatangije gahunda yo guha mudasobwa nshya abanyeshuri ba za kaminuza mu buryo bw’inguzanyo bazishyura barangije kwiga, bikaba biteganyijwe ko hazatangwa izingana n’ 14,000.
Abarimu bigisha ku rwunge rw’amashuri rwa Mutagatifu Pawulo I Kibeho mu karere ka Nyaruguru, baratangaza ko nyuma yo gusura ingoro igaragaza amateka y’urugamba rwo guhagarika jenoside yakorewe abatutsi no kubohora igihugu, basanze ari irindi shuri bongeye kunyuramo.
Mu gihe hizihizwa imyaka 20 ishize umuryango w’abakorerabushake VSO (Voluntary Services Overseas) ukorera mu Rwanda, ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba uyu muryango gukomeza kubahugurira abarimu ku nteganyagigisho nshya.
Inararibonye mu burezi zo mu bihugu bya Afurika ziri mu nama igamije kureba icyakorwa ngo uburezi kuri uyo mugabane burusheho kuzamuka butange ubuhanga bukenewe ku bana.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) irateganya gushyiraho ingengabihe nshya ishobora kurohereza abanyeshuri mu myigire yabo ndetse ngo ikanazamura ireme ry’uburezi muri rusange .
Bamwe mu baturage bakuze bo mu Turere twa Huye na Nyamagabe bigishijwe gusoma no kwandika, none barifuza kumenya n’Igifaransa, Igiswayire n’Icyongereza.
Urubyiruko rwibumbiye mu ihuriro ry’Abagide n’Abascout ruhamya ko abantu batumva Gender kimwe bigatuma hari abayifata uko itari bikabagiraho ingaruka mu buzima.
Abasesengura uburere bw’umwana w’ubu mu muryango baravuga ko, iterambere no gushaka imibereho kw’ababyeyi bituma uburere bw’umwana bugenda budohoka.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 2 Ugushyingo 2018, abanyeshuri basaga ibihumbi birindwi barangije mu mashami yose ya Kaminuza y’u Rwanda bakorewe ibirori byo kwakira impamyabumenyi zabo muri Sitade ya Huye.
Rumwe mu rubyiruko rwacikirije amashuri rukishora mu buzererezi, uburaya, ubujura n’abandi batagiraga akazi, bamaze guhabwa impamyabumenyi zibemerera kwihangira akazi.
Babigaragaje mu mihigo bahigiye kuzageraho, ubwo basozaga icyumweru cyo gutozwa no kumenyerezwa iryo shuri rikuru baje kwigamo.
Abanyeshuri bashya muri IPRC Kigali bahamya ko icyumweru bamaze bamenyerezwa ikigo batannyuzuwe ahubwo bacyigiyemo byinshi mu ndangagaciro z’umunyarwanda.
Ikipe y’abanyeshuri b’Abanyarwanda yegukanye igikombe kiswe Rollins Cup, nyuma yo gutsinda ikipe y’abanyeshuri bo mu ishuri rya Rollins College ryo muri Leta ya Florida muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Abanyeshuri b’abahanga mu bigo by’imyuga n’ubumenyingiro (IPRC) biga imyuga itandukanye barimo kwitegura kugira ngo bazahatane mu marushanwa nyafurika y’imyuga azaba mu kwezi gutaha.
Umuryango w’Abagide mu Rwanda urasaba ababyeyi kwirinda kubwira abana b’abakobwa amagambo atuma biyumva nk’abadashoboye, kugira ngo umwana w’umukobwa akure agamije kwiteza imbere.
Ababyeyi bo mu karere ka Rusizi baranenga bagenzi babo bagifite umuco wo guha akato abana bavukana ubumuga, aho bamwe babaheza munzu banga ko bagera aho abandi bari, abandi bakabashyira mu bigo bibarera aho kubarerera mu miryango.
I Huye, ishuri rikuru ry’Abaporotesitanti, PIASS, ryatanze umuganda wo guhugura abayobozi 50 b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye byo mu Murenge wa Ngoma, ku bijyanye n’ireme ry’uburezi.
Abanyeshuri biga mu mwaka wa mbere mu ishuri ryisumbuye rya Kabarondo mu Karere ka Kayonza, baravuga ko nyuma yo guhabwa isomo rirebana na Jenoside bakongeraho gusura urwibutso bibafasha kurushaho kuyisobanukirwa.
Mu muganda wo kuri uyu wa 29 Nzeli 2018, Perezida wa Sena Bernard Makuza yifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Bugeshi mu kubaka ibyumba 3 by’amashuri mu kagari ka Buringo.
Ababyeyi bo mu Murenge wa Nkungu mu Karere ka Rusizi baravuga ko ibyumba bitatu by’amashuri y’uburezi bw’incuke bashyikirijwe bizabafasha guca ubuzererezi bwari bubahangayikishije.
Abanyeshuri ba GS Karama yo mu Murenge wa Kigali muri Nyarugenge bishimiye guhabwa uburenganzira bwo gukoresha mudasobwa bisanzuye bikazabafasha gutsinda neza ibizamini.
Inama Nkuru y’Amashuri Makuru (HEC) iramagana ikoreshwa rya bamwe mu banyeshuri bimenyereza umwuga (Stage) ibyo batagenewe gukora.
Abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Kamonyi bemeza ko nubwo bumvira ababyeyi, badashobora kubatega amatwi igihe baba bababwira ibitubaka.
Ikigo cy’igihugu cy’ubumenyingiro WDA cyatangiye guhugura abashinzwe uburinganire mu mashuri y’imyuga, kugira ngo bagifashe guhindura imyumvire ituma abakobwa batitabira amashuri y’imyuga ku bwinshi.
Abanyeshuri biga mu ishuri rya Wisdom School riherereye mu Karere ka Musanze bageze ku rwego rwo gukora isabuni isukika (Savon Liquide), yifashishwa mu gusukura ibintu bitandukanye.
Nkundimfura Losette, umukozi wa Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, MIGEPROF, ushinzwe ubukangurambaga ku ihame ry’uburinganire, avuga ko hari gutegurwa isomo ku buringanire rizajya rihabwa abanyeshuri biga imyuga n’ubumenyingiro.
Dr Chales Murigande, umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda ushinzwe iterambere, ntiyari azi ko ikigo cyahoze kitwa GLMC cyahindutse agashami k’ishuri ry’itangazamakuru rya Kaminuza y’u Rwanda.
Umuryango Aegis Trust wamuritse ibitabo bibiri bikubiyemo inyigisho z’amahoro n’urukundo, uhita ubishyikiriza Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB) ngo kizabigeze mu mashuri.
Perezida Paul Kagame wasoje itorero indangamirwa rya 11, yasabye abari baryitabiriye kumenya guhitamo icyagirira u Rwanda akamaro ariko icyarugirira nabi bakacyamagana.