Abanyeshuri biga mu rwunge rw’amashuri rwa Rambura Filles, barahamya ko baciye ukubiri no kunywa amazi mabi kuko bashyikirijwe na Ecobank ikigega kizajya kiyayungurura bagahita bayanywa.
Abanyeshuri barangije kwiga ubukanishi mu ishuri ryigenga rya EMVTC Remera muri Gasabo bemeza ko butanga akazi gahoraho kandi kinjiza amafaranga vuba.
Umuryango SOS Rwanda, utangaza ko mu bihano ababyeyi n’abarezi bahanisha abana, harimo ibigaragaramo kubahohotera no kubabuza uburenganzira.
Mu mwaka wa 2011, Kayitesi Immaculée wari ufite imyaka 48 y’amavuko yongeye gusubira ku ntebe y’ishuri kugira ngo abashe kurangiza icyiciro cya kabiri cya Kaminuza.
Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) irasabwa kongera ingufu mw’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu myigishirize cyane ko ari cyo cyerekezo igihugu gishaka.
Harindintwari Claude warangije amashuri y’ubumenyingiro mu ishuri rya VTC Gacuriro, avuga ko mu gihe cy’umwaka umwe amaze akora yinjije Miliyoni 15Frw.
Abana bafungiye muri Gereza y’abana ya Nyagatare bishimira kuba bahabwa amasomo nk’abandi none bakaba bari no gukora ibizamini bisoza amashuri abanza.
Komisiyo y’abadepite ishinzwe uburezi yanze ibyifuzo by’abanyeshuri biga muri Kaminuza zigenga basaba ko na bo bajya bahabwa inguzanyo ya Buruse.
Madame Jeannette Kagame arasaba ababyeyi guha abana babo umurage wo kubarihira amashuri, kuko ariwo murage w’ingenzi baba bahaye abana babo.
Bamwe mu biga imyuga y’ubumenyingiro n’abayobozi b’amashuri, baratunga agatoki abikorera banga kwakira abarangije kwiga ngo babafashe kwimenyereza umwuga “internship”.
Chinese Academy of Sciences yashyikirije Kaminuza y’Abalayiki b’Abadiventiste UNILAK impano y’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 300 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abanyeshuri biga mu ishuri rya Collège St Bernard riherereye i Kansi mu Karere ka Gisagara batangiye gutekereza kwihangira imirimo bagendeye ku masomo biga.
Kaminuza yigenga yigisha iby’ikoranabuhanga (STES Rwanda) iherereye mu Murenge wa Kagarama muri Kicukiro yafunzwe burundu kubera kutuzuza ibyo yasabwe.
Abanyeshuri bashya 1400 batangiye kwiga muri kaminuza y’Abadiventisiti (UNILAK), basabwe kudatatira umuco Nyarwanda ngo bakururwe n’indi mico yatuma batakaza indangagaciro.
Nshuti Allegra ufite imyaka 14 ni umwe mu banyeshuri batanu batsindiye kuzahagararira u Rwanda mu marushanwa yo kwandika inkuru azabera muri Tanzania.
Ababyeyi bo muri Nyagatare babuza abana kujya ku ishuri bagiye guhagurukirwa ku buryo uzafatwa azajya acibwa amande kandi asubize umwana ku ishuri.
Perezida Paul Kagame, yifashishije ingero zifatika, yasobanuye ko ubuyobozi bwa mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bwatoranyaga uwiga n’utiga.
Abize imyuga bakomeze kugagaragaza agaciro ku isoko ry’umurimo, aho abayirangiza mu ishuri rya IPRC South bagera kuri 80% bahita babona akazi.
Umunyamabanga wa leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye muri Minisiteri y’Uburezi Isaac Munyakazi yasabye ubuyobozi bw’"Umwarimu Sacco" korohereza abarimu guhembwa no kubona inguzanyo.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara na kaminuza ya INES – Ruhengeri bugaragaza ko hari bamwe biga amashuri menshi bigatuma babura akazi kuko iyo bayarangije hari ako banga gukora.
Gashora Girls’ Academy ni ishuri rihereye mu Murenge wa Gashora, mu Karere ka Bugesera ku birometero 28 uvuye i Nyamata.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20 Nzeli 2017, Minisiteri y’uburezi yatangije ku mugaragaro ibizamini ngiro (Pratique) mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro ya Leta n’ay’ayigenga.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA) kiratangaza ko ibizamini ku banyeshuri barangiza amashuri yisumbuye mu myuga n’ubumenyingiro bizakorwa ku matariki ya 20 na 21 Nzeli 2017.
Ibyumba by’amashuri byubatswe mu gihe cy’ubakoloni byatangiye gusimbuzwa ibindi bijyanye n’igihe u Rwanda rugezemo, ibikorwa byo kubyubaka bikazakorwa mu muganda w’abaturage.
Minisiteri y’Umuco na Siporo yemeza ko iyo ibitabo bidahagije no kumenya gusoma byagorana ari yo mpamvu yashyize ingufu mu kubyongera.
Minisiteri y’uburezi mu Rwanda (MINEDUC) itangaza ko kuri ubu Abanyarwanda bazi gusoma no kwandika babarirwa muri 70%.
Benshi bazi ko umuziki wifashishwa mu kwishimisha gusa. Ariko abahanga berekana ko umuziki ushobora gutuma umuntu atekereza neza, ndetse akarushaho gukora ibikorwa bye ku murongo nta Kajagari. Hari n’abawifashisha mu buvuzi aribyo bita MusicoTherapie.
Umuvugo w’umwana witwa Uwubutatu Slydio utuye mu Karere ka Gicumbi ugiye kwifashishwa mu bukangurambaga bwo kwita ku burenganzira bw’umwana kubera butumwa buwurimo.
Perezida Paul Kagame yasabye abayobozi gukomeza gushyira imbaraga mu burezi no gukorera hamwe, kuko ishoramari rishyirwa mu burezi ari ryo rizagena ireme ry’uburezi buzatangwa.
Abakobwa babaye indashyikirwa mu gutsinda neza ibizamini bya Leta bazwi ku izina ry’inkubito z’icyeza barahamagarirwa kwitondera Imbuga Nkoranyambaga.