Ishuli rikuru ryigenga ry’abalayiki b’Abadivantisiti rya Kigali, ishami rya Nyanza ryatanze impamyabumenyi zo mu cyiciro cya kabiri n’icya gatatu cya Kaminuza.
Abarimu bo muri zone ya Congo-Nil mu karere ka Rutsiro batangaza ko bamaze kumenya imikoreshereze y’umushahara bahembwa ku buryo ubabeshaho.
Ubuyobozi bw’ishuri mpuzamahanga EIPB rikorera i Huye, buvuga ko buteganya gutangira gukorera n’i Nyamagabe guhera mu mwaka utaha.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubumenyi ngiro (WDA), cyatangije gahunda yo kwigishiriza mu nganda kugira ngo abiga imyuga bihugure mu gihe gito.
Ubuyobozi bwa Byimana School of Sciences na Ambassade y’igihu cy’Ubuyapani mu Rwanda, barishimira ubufatanye bafitanye, kuko buruhashaho kugaragaza imibanire myiza.
Mu ishuri ribanza rya Mishungero murenge wa Nyabimata Akarere ka Nyaruguru, bavuga ko kugaburira abana mbere yo kwiga byatumye abarigana biyongera.
Umuryango Ricad Rwanda wahuguye abanyeshuri 250 ba Lycée de Kigali kuri gahunda y’uburezi bugamije amahoro mu rwego rwo kubongerera ubumenyi.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi, yatangaje ko Nsengiyumva Albert wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yakuwe kuri uyu mwanya.
Ecobank yahaye ishuri ribanza rya Nyundo mu karere ka Ruhango ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni zirindwi, tariki 24/10/2015.
Abiga muri College of Education Indangaburezi mu Karere ka Ruhango, bemereye inzego z’umutekano ko bagiye guhangana n’ikibazo cy’inda ziteguwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera butangaza ko gahunda yo kugaburira abana ku ishuri itunganyijwe neza yagabanya inda zitateguwe mu bana b’abanyeshuri.
Abanyarwanda barabwa gukora ubushakashatsi ku mibereho yabo ya kera kuko uburyo babagaho ngo bugenda bucika kandi bwari bubafitiye akamaro.
Ministeri y’Uburezi(MINEDUC) na Banki Itsura Amajyambere(BRD), kuri uyu wa 15 Ukwakira 2015, bumvikanye uko inguzanyo ku bafite buruse ya Kaminuza izatangwa ikanagaruzwa.
Ecole Secondaire de Ruhango, ku bufatanye n’igihugu cy’u Budage, tariki 11/10/2015, batashye icumbi ry’abanyeshuri b’abahungu ryuzuye ritwaye Miliyoni 71 z’amafaranga.
Abafite aho bahuriye n’uburezi mu Karere ka Karongi bahuguwe ku nteganyanyigisho nshya izifashishwa kuva umwaka utaha mu mashuri abanza n’ayisumbuye.
Ishuri Elena Guerra ryo mu Karere ka Huye, riributsa ababyeyi ko uburere bw’abana budakwiye guharirwa abarimu, kuko n’uruhare rwabo rukenewe.
Abanyeshuri ba Kibogora Polytechnic basabwe guhiga imihigo ishingiye ku iterambere ry’igihugu, ubwo hatangizwaga urugerero rw’amezi atanu muri iri shuri rikuru.
Mu cyumweru cyahariwe ubumenyingiro n’ikoranabuhanga (TVT Week) mu Rwanda, uyu munsi hasuwe ikigo cy’ubumenyi ngiro cya Tumba College of Technology.
Ishuri ryisumbuye ry’ubuhinzi, ubworozi n’amashyamba rya Kabutare, tariki 5/10 ryatashye amazu ryubakiwe n’umuryango w’Ababirigi ufasha mu myigishirize y’imyuga, PAFP.
Abarimu bo mu murenge wa Byimana, barishimira ibyo Leta ikomeje kubagezaho, bakemeza ko nabo bagomba gufata iya mbere bakabibyaza umusaruro.
Abarimu bo mu karere ka Gakenke baratangaza ko n’ubwo bahembwa amafaranga make ariko bitababuza kugira ibyo bakora kandi bikabateza imbere.
Ishuri rya Tumba College of Technology ryatangiye kugeza ibikorwa abanyeshuri bahiga bahanga kugira ngo bibafashe mu kubongerera ubuzima bwiza.
Abarimu bo mu karere ka Rutsiro batangaza ko ikibashimisha mu kazi kabo ari ukwigisha abo bigishije bakazigirira akamaro.
Mu nama yahuje Ministeri y’Uburezi, abashinzwe uburezi n’abayobozi b’ibigo by’amashuri mu turere twa Ngoma na Kirehe, basabwe gusesengura impamvu zitera abana guta ishuri.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga (MYICT) isaba abanyeshuri biga mu makaminuza kugira umuco wo kwihangira imirimo bagafasha leta kugabanya ubushomeri mu gihugu.
Minisiteri y’Uburezi iravuga ko itakuyeyo igihano cyo kwirukanwa ku banyeshuri, ariko igasaba ko bitajya bihubukirwa ahubwo umwanzuro wajya ubanza kugishwaho inama.
Abanyamigabane ba kaminuza ya Rusizi Internationl university (RIU) bakomeje kudahuza mu byo bakora nk’uko byagaragaye mu inama bongeye guhuriramo.
Abarangije mu mashuri y’imyuga akunze kwitwa TVET, barasabwa kugaragaza ibyo bazi gukora ndetse n’ubwiza bwa byo kugira ngo bareshye abikorera.
Minisitiri w’Umutungo Kamere Dr. Vincent Biruta aratangaza ko gukora ugahembwa bivuze kongera umusaruro kuko bitabaye ibyo n’ibyakozwe bishobora gupfa ubusa.
Kuri uyu wagatatu tariki 23 Nzeri, 2015, abanyeshuri bibumbiye mu muryango wa Croix Rouge ukorera muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishuri Rikuru Nderabarezi, bahuriye mu biganiro mpaka byibandaga kuri zimwe mu ntego z’ikinyagihumbi (MDGs).