Minisitiri w’Intebe Edouard Ngirente avuga ko kugira ngo abana b’Abanyafurika bagere ku rwego rwo kwiga amashuri makuru bafite imitekerereze ishobora gusesengura ibibazo Afurika ifite, hakwiye kubanza gukemura ikibazo cyo kubafasha kumva no gukora ku bintu birimo imibare.
Umuryango Aegis Trust uvuga ko iyo abarezi bahawe ubumenyi mu kubumbatira amahoro na bo bakabugeza ku bana bigisha, bituma ayo mahoro aramba mu gihugu bigakumira imyiryane.
Abanyeshuri biga muri Wisdom School bo muri Club yita ku buzima yitwa ‘Health Club’, tariki ya 8 Kamena 2019 batanze ibikoresho by’ibanze by’isuku n’ibiribwa mu bitaro bikuru bya Ruhengeri.
Abanyeshuri biga muri G.S Mère du Verbe Kibeho bubakiwe inzu yo kuraramo ya etaje, irimo na asanseri (ascenseur), iri rikaba ari ikoranabuhanga rifasha abantu kumanuka cyangwa kuzamuka mu nyubako ifite inzu zigerekeranye. Iyo nyubako yashyizwemo na kamera zifasha mu gucunga umutekano.
Umuyobozi w’Isomero Rikuru ry’Igihugu, avuga ko uburyo abantu bitabira kugura ibiribwa n’ibindi bicuruzwa bikenerwa cyane, ari nako ngo bari bakwiye kugura ibitabo.
Mugabo Jerome, Umuyobozi wa Kigali Garment Centre Ltd, uruganda rukora imyenda, avuga ko nk’abikorera biteguye gufasha Leta bahugura abiga imyuga nk’ubudozi, nyuma bazabahe n’akazi.
Umuyobozi mukuru w’Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu Rwanda Dr James Gashumba hamwe n’umuyobozi w’ishami ry’Ikigo mpuzamahanga cy’Abadage cyigisha ibijyanye n’ubumenyingiro Dr Avelina Parvanova, barahamya ko mu gihe kiri imbere umubare munini w’Abanyarwanda bazaba bafite ubushobozi bwo kubyaza umusaruro ingufu (…)
Urwego rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rwatanze impamyabumenyi za mbere z’imyuga n’ubumenyingiro, rwizeza ko buri mugororwa azajya yigira ubuntu.
Bamwe mu banyeshuri bigishwa gufotora na Kigali Today ku bufatanye na minisiteri y’uburezi binyuze mu ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro (RP) barahamya ko kuva ku ntebe y’ishuri bakajya hanze gufata amafoto bituma barushaho kwiyungura ubwenge ku byo baba barize.
Kuva gahunda yo kugaburira abana ku mashuri ku bana biga mu mashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda na 12 yatangira muri 2014, bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri baravuga ko ababyeyi batarumva neza ko bafite uruhare muri iyo gahunda.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi, Dr. Isaac Munyakazi, avuga ko kuba umwarimu, umuganga n’umusirikare ari ubutwari kuko bisaba kwitanga nyamara nta n’amafaranga ahagije abibamo.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cya Leta gishinzwe Guteza imbere Ubumenyi ngiro n’imyigishirize y’imyuga mu Rwanda (WDA) bugaragaza ko hari ikibazo cy’ubushomeri gikomeye ku bize imyuga n’ubumenyi ngiro.
Abayobozi batandukanye bakurikirana iby’abanyeshuri bimenyereza umurimo mu bigo binyuranye bahamya ko guha umunyeshuri amanota atakoreye ari ukumoroga.
Abanyeshuri muri INES-Ruhengeri bafashwa na FAWE-Rwanda, ku bufatanye na Mastercard Foundation babonye inkunga y’amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari ebyiri, akaba agiye kubafasha mu mishinga yabo yo guhanga umurimo bakiri ku ntebe y’ishuri.
Komisiyo y’igihugu y’Itorero imaze igihe itangije Itorero mu mashuri abanza n’ayisumbuye, kugira ngo abana batozwe indangagaciro na kirazira bakiri bato bazikurane, aho kuzibatoza basoje amashuri yisumbuye nk’uko byari bisanzwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buratangaza ko miliyoni hafi 400frw ari zo zakoreshejwe mu kubaka ibyumba bishya by’amashuri, gusana no gusimbuza ibishaje.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 26 Werurwe 2019, ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bwatangiye umukwabu uzahoraho wo gukura abana mu mirimo ivunanye bakoreshwa na bamwe mu bantu baba babahaye akazi kandi batujuje imyaka.
Abana b’Abarundi bahungiye mu Rwanda kubera umutekano muke mu gihugu cyabo, bashima uko bakiriwe mu Rwanda kuko bakomeje kwiga bakaba bararangije amashuri yisumbuye.
Abasirikari, abapolisi n’abasivile 21 baturutse mu bihugu umunani byo ku mugabane wa Afurika bari mu kigo cy’igihugu cy’amahoro Rwanda Peace Academy giherere I Nyakinama mu karere ka Musanze aho bari gutyaza ubumenyi mu birebana n’ubwirinzi bw’abakozi boherezwa mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro.
Mu gihe ubuyobozi bwa sendika y’abarimu buvuga ko icyemezo cyo kuzamura umusanzu wa mwarimu muri iyo sendika cyafashwe nk’uburyo bwiza bwo gufasha mwarimu kwiteza imbere adategereje inkunga, bamwe mu barimu baravuga ko batigeze bamenyeshwa iby’uku kuzamura umusanzu wabo.
Uwiduhaye Faustine umwana w’umukobwa ufite imyaka 10 wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza; yanditse igitabo cyitwa “Fifi, umukobwa w’amakenga” gikubiyemo ubutumwa bushishikariza abana b’abakobwa kugira ubushishozi no kwirinda ababashuka bashaka kubashora mu ngeso mbi.
Bamwe mu bitabiriye igikorwa cyo guhemba abana b’abakobwa bitwaye neza mu bizamini bya Leta baravuga ko n’ubwo hari abarangiza amashuri bakabura akazi, bidakwiye kuviramo ababyiruka gucika intege no guta ishuri kuko icya mbere ari ubumenyi kuko ari bwo butunzi bwa mbere umuntu yakwifuza, kuko bugufasha no kwihangira umurimo.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga mu Itumanaho no Guhanga Udushya, Paula Ingabire, arasaba abakobwa gushingira ku mahirwe igihugu kibaha bakiga bagamije kuba abayobozi bacyo.
Abakobwa 90 bo mu mirenge ine yo mu Karere ka Burera bemerewe kurihirwa amashuri bari barataye nyuma yo gutwita inda zitateganyijwe.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare(NISR) buri mwaka gitegura amarushanwa agenewe abanyeshuri biga muri za Kaminuza n’amashuri makuru mu Rwanda hagamijwe ubushakashatsi mu rwego rwo kurushaho kunoza no kuvumbura uburyo bushya bw’ibarurishamibare bunogeye abaturage.
Impuguke zirasaba ko abagore n’abakobwa bakomeza kurusha amahirwe abagabo n’abahungu, kugira ngo umuryango nyarwanda uzibe icyuho cy’imyaka 40 bakerereweho mu burezi.
Kaminuza y’u Rwanda(ishami nderabarezi) ivuga ko yari itangiye guterwa impungenge n’umubare munini w’abana bafite ubumuga utajyanye n’uw’abarimu bashobora kubigisha.
Urwego rushinzwe iterambere mu Rwanda (RDB) rweguriye Minisiteri y’Uburezi(MINEDUC) ishingano zo gucunga Kaminuza ya Carnegie Mellon-Africa (CMU-Africa), bikaba byongereye amahirwe menshi Abanyeshuri b’Abanyarwanda.
Amafaranga y’u Rwanda angana na miliyari ebyiri na miliyoni 700 agiye gushyirwa mu bigo cyangwa inganda zikora ibintu bitandukanye kugira ngo byakire urubyiruko na rwo rwige imyuga ijyanye n’ibihakorerwa kugira ngo ruzabashe kwikorera cyangwa rubone akazi.
Urubyiruko rwo mu karere ka Gisagara rumaze amezi atanu rwigishwa imyuga n’ikigo cy’urubyiruko, rwatangiye gukorera amafaranga rukiri ku ntebe y’ishuri, none rwizeye imbere heza.