Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi (REB), Dr. Ndayambaje Irené, aributsa ababyeyi bo mu Karere ka Nyagatare ko uruhare rwabo mu burezi n’uburere bw’abana babo rudasimburwa, bityo bakwiye gufatanya n’abashinzwe inzego z’uburezi kugira ngo intego z’uburezi zibashe kugerwaho.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku burezi (REB) cyahembye abana bo mu mashuri abanza bakoze imishinga itandukanye mu buryo bw’ikoranabuhanga bifashishije mudasobwa, akaba ari amarushanwa yari ageze ku rwego rw’igihugu.
Umuhanzikazi Ingabire Jeanne d’Arc uzwi nka Butera Knowless yarangije icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu ibaruramari, avuga ko mu bimuranga atajya atsindwa cyangwa ngo acike intege mu buzima bwe.
Ku wa gatatu tariki 11 Ukuboza 2019, mu Mujyi wa Kigali habereye inama igamije guhuza imbaraga mu kongera ireme ry’uburezi. Iyo nama yahuje Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF), Minisiteri y’Uburezi(MINEDUC), Amashuri yigenga, n’abandi bashinzwe uburezi.
Miss Mwiseneza Josiane wambitswe ikamba ry’umukobwa watowe na benshi muri Miss Rwanda 2019 (Miss Popularity), aravuga ko arangamiye amasomo yo muri INES-Ruhengeri, kurusha kwitabira amarushanwa y’ubwiza n’ubwo bitazamubuza gukora indi mishinga irimo no kwigisha abakobwa kwitinyuka.
Nyuma y’imyaka ibarirwa muri itanu Minisiteri y’Uburezi isabye amashuri makuru na za kaminuza kwifashisha ikoranabuhanga mu kwigisha no gutanga ibizamini, mu ishuri rikuru PIASS riherereye mu Karere ka Huye bagaragaje ko bibateye impungenge ku ruhande rumwe.
Umuryango Imbuto Foundation urasaba urubyiruko rwiga n’ururangiza amashuri kutibuza amahirwe yo kuba ruri gukurira mu gihugu cyiza.
Nyuma yo gutangiza itorero ry’abana bari mu biruhuko ryatangijwe tariki 16 Ugushyingo 2019, abana bo mu karere ka Huye bashishikarijwe kudahishira ikibi.
Abayobozi mu nzego zinyuranye barishimira uburyo abanyeshuri biga mu Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri bakomeje guhanga udushya, mu rwego rwo gufasha igihugu guhanga imirimo no gukora bimwe mu bikoresho Leta ishoramo amafaranga ibitumiza mu mahanga.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyi ngiro (WDA) bufite gahunda yo kongera amashuri y’imyuga ku buryo mu mwaka wa 2024 ayo mashuri azaba yigwamo na 60% by’abanyeshuri bose bo mu Rwanda.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi(REB) kigiye gutanga mudasobwa zo mu bwoko bwa ’Positivo Wise’ ku bana biga mu mashuri abanza, zikazasimbuzwa izari zisanzwe zo mu bwoko bwa XO.
Umuyobozi w’itorero ry’Abadivantisite b’Umunsi wa karindwi muri Afurika yo hagati n’uburasirazuba, Dr. Blassious Ruguri yashimye Perezida Kagame wabahaye ikibanza i Gacuriro, bakaba bagiye kucyubakamo ibitaro biri ku rwego mpuzamahanga.
Urubyiruko rwize imyuga n’ubumenyingiro ruhamya ko rutangira kwinjiza amafaranga rukiri mu ishuri ku buryo iyo rurangije kwiga rudashomera, rugashima Leta yashyizeho iyo gahunda.
Abakobwa 416 biga muri INES-Ruhengeri bafashwa na FAWE-Rwanda ku bufatanye na ‘Mastercard Foundation’ bakomoka mu miryango ikennye batsinze neza ibizamini byo mu mashuri yisumbuye, ni bo bahawe inkunga yo kurihirwa kaminuza.
Amarushanwa ya ‘TVET Youth Challenge’ asize abanyeshuri 42 biga amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro bahembwe miliyoni 33 z’amafaranga y’u Rwanda, zigamije gushyigikira ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga yabo.
Ababyeyi bo mu murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko bishimiye gahunda y’intore mu biruhuko izatangira kuwa kabiri tariki 19/11/2019 kuko izarinda abana kuzerera.
Umuryango mpuzamahanga ugamije guteza imbere umuco wo gusoma ibitabo hakoreshejwe ikoranabuhanga (NABU), watangije ikoranabuhanga rifasha Abanyarwanda gusoma ibitabo by’ikinyarwanda bakoresheje telephone zigendanwa.
Abanyeshuri bagaragarije inzego zitandukanye uburyo Abanyarwanda (kugera ku badafite amikoro ahagije), bashobora kubeshwaho n’ubumenyi bwigishwa mu Rwanda.
Ababikira barerera mu ishuri ry’incuke ‘Ste Josepha Rosello’ riherereye mu karere ka Huye, bifuje kuritangizamo n’amashuri abanza ariko kuva muri 2017 ntibarabona ibyangombwa byo kuryagura.
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 12 Ugushyingo 2019, ubwo hatangizwaga ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, umwaka wa gatandatu w’ayisumbuye ndetse n’ay’imyuga n’ubumenyingiro, abanyeshuri biga mu ishuri ryigisha umuziki rya Nyundo bakoreraga ibizamini kuri site ya Shyogwe mu karere ka Muhanga, (…)
Mu gitaramo cyo kwakira abanyeshuri bashya batangiye amasomo muri INES-Ruhengeri mu mwaka wa 2019-2020, abanyeshuru bibukijwe ko bagomba kwirinda imyitwarire mibi n’ibishuko, bakerekeza umutima wabo ku masomo bategura ejo hazaza.
Ubuyobozi bw’umuryango ‘Ineza’ bwashyikirije isomero rya ‘Vision Jeunesse Nouvelle’ mu karere ka Rubavu ibitabo byagenewe abana, hashyirwaho n’abana bazajya bakundisha abandi gusoma mu midugudu.
Minisitiri w’Intebe, Edouard Ngirente, yatangarije abitabiriye ibirori byo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri ba kaminuza y’u Rwanda, ko buruse yakuwe ku bihumbi 35 igashyirwa ku bihumbi 40 y’u Rwanda ku kwezi.
Mujyanama Claude, ukoresha izina rya TMC mu itsinda rya Dream Boys, ari mu basoje amasomo y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu ishami ryo gucunga imishinga minini, kimwe n’abandi basanga ibihumbi icyenda basoje kaminuza muri uyu mwaka wa 2019.
Guverineri w’intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred yibukije abanyeshuri bashya baje kwiga muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare ko batumwe kwiga atari ugutwara inda cyangwa kuzitera.
Mu ruzinduko yagirirye muri Kaminuza y’ubumenyingiro ya INES-Ruhengeri kuwa gatatu tariki ya 23 Ukwakira 2019, Ambasaderi w’igihugu cy’Ubudage mu Rwanda Dr. Thomas Kuvz yijeje ubuyobozi bw’iyi Kaminuza ubufatanye, buzarushaho gutanga ireme ry’imishinga igihugu cye gifatanyije n’iyi Kaminuza, kugira ngo ireme ry’uburezi (…)
Ministiri w’uburezi Dr. Eugene Mutimura yasababye abanyeshuri barangije mu mashuri makuru y’ubumenyingiro gukoresha ubumenyi bahawe n’amahirwe Leta ibagenera, bakabikoresha bashakira ibisubizo bimwe mu bibazo bigaragara mu gihugu.
Ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri ryasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe Imisoro n’Iterambere (International Centre for Tax and Development-ICTD), mu rwego rwo kunoza ubushakashatsi burebana n’imisoro hagamijwe iterambere.
Brillant Rugwiro Musoni wiga kuri New Vision Primary School i Huye ni we watsinze amarushanwa y’icyongereza yabereye i Dubai mu Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Abanyeshuri biga muri Wisdom School mu karere ka Musanze, basobanuriwe imikorere y’inteko ishinga amategeko umutwe wa Sena n’umutwe w’Abadepite bituma barushaho kumenya amahame yayo n’inshingano zayo.