‘SMS’ n’urubuga rwa REB ni byo biri kwifashishwa mu kureba amanota y’ibizami bya Leta

Ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi (REB) kiratangaza ko uburyo busanzwe bukoreshwa mu kureba amanota y’ibizami bya Leta butahindutse, aho umuntu ashobora gukoresha ubutumwa bugufi cyangwa agasura urubuga rwa REB akareba amanota y’umwana.

Munyakazi Isaac, Umunyamabanga wa Leta muri MINEDUC ushinzwe amashuri abanza n'ayisumbuye ashyikirizwa amanota y'abanyeshuri bakoze ibizami bya Leta
Munyakazi Isaac, Umunyamabanga wa Leta muri MINEDUC ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye ashyikirizwa amanota y’abanyeshuri bakoze ibizami bya Leta

REB itangaza ko ushaka gukoresha ubutumwa bugufi bwa telefoni yandika ahagenewe ubutumwa CODE ye ibanjirijwe n’icyiciro yigamo P6 cg S3 akohereza kuri 489.

Naho uwasuye link igaragara ku rubuga rwa internet rwa REB ari rwo www.reb.rw akajya ahagenewe kureba amanota akandikamo CODE ye n’icyiciro yigagamo ubundi agahita areba amanota.

Mugisha Nsengiyumva Frank wigaga mu ishuri ribanza ryo mu Karere ka Muhanga ni we wabaye uwa mbere mu gihugu, naho Karenzi Manzi Joceline wigaga mu Karere ka Gasabo aba uwa mbere mu gihugu mu basoje icyiciro rusange.

Uku ni ko bareba amanota
Uku ni ko bareba amanota

Hagati aho 3% by’abana biyandikishije mu bizamini bya Leta mu mashuri abanza ngo ntibakoze ibizamini bisoza icyo cyiciro.

Umunyamabanga wa Leta muri Mineduc ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye Isaac Munyakazi, yavuze ko biterwa ahanini n’imiryango yimukira hirya no hino mu gihugu ndetse n’uburwayi kuri bamwe.

Mu cyiciro rusange cy’ayisumbuye abatarakoze bariyandikishije ni 1%.

Minisitiri Munyakazi yabivuze kuri uyu wa Kabiri tariki 9 Mutarama 18, ubwo yatangazaga amanota y’ibizamini bya Leta mu mashuri abanza n’ayisumbuye (O’Level)

Muri rusange mu Rwanda guta amashuri biri kuri 3%.

Abakoze bose mu mashuri abanza :194.052
Mu cyiciro rusange: 90.759

Mu mashuri abanza, abatsinze neza ni 86.3%, naho mu cyiciro rusange cy’ayisumbuye abatsinze ni 89.9%.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 50 )

murakoze ngewe igitekerezo cyange mwabwira igihe amanota igihe azasohokera

iradukunda dianne yanditse ku itariki ya: 18-12-2019  →  Musubize

Mwaramutse?Twifuzagakureba amanota yibizamini bisoza,amashuri yisumbuye (s6) 2018 nonemwadufashakukontiturikubona uburyotwifashisha kugirango tubashe kuyabona ,murakoze

Theoneste yanditse ku itariki ya: 22-02-2019  →  Musubize

Mwiriwe ko dufite umwana wakoze ikizamini kandi ikigo dutakibona mwadufasha

mutuyimana robert yanditse ku itariki ya: 7-01-2019  →  Musubize

Mwiriwe ko dufite umwana wakoze ikizamini kandi ikigo dutakibona mwadufasha

mutuyimana robert yanditse ku itariki ya: 7-01-2019  →  Musubize

murakoz nge nabagenz bange16 twiga kur Gs murehe mukarere ka Rusizi twiga mucyiciro rusange cyamashuri yisumbuye mugihe cyo gususha imashini yaratwanze dukoresha intoki kumpapuro none ibizamini byarasohotse twese turibura ariko abo kukindi kigo twakoranye baribonye mutubwire impamvu muraba mukoze

Muhawenimana ignace yanditse ku itariki ya: 4-01-2019  →  Musubize

Ndashaka ko mwambwira amanota ya nge nitwa Gisubizo Pierre Damien nakoreye kuri iyi mibare 04 02 03 02 026

Gisubizo Pierre Damien yanditse ku itariki ya: 3-01-2019  →  Musubize

mwaramutse bayobozi beza ngewe nagize ikibazo nakoreye kuri number CQ code none barikumbwirako atakoze mwansubiza bayobozi beza

mpawenayo ismael yanditse ku itariki ya: 1-01-2019  →  Musubize

Mumbwire amanota nagize mur examination ya s3

Mpatswenuwera dismas yanditse ku itariki ya: 31-12-2018  →  Musubize

dufite ikibazocyokureba amanota bikanga kandi dufite MBs. mwadusubiza ni baaringobwa

GAPASI yanditse ku itariki ya: 23-04-2018  →  Musubize

murahoneza bayobozi twifuzaga yuko ece mwadushyira muri system kuko kubona akazi birimo kugora mudufashije byakorwa vuba rwose kuko ama nursery nimake mugihugu nimudufashe rwosepe murarakoze

uwimana yanditse ku itariki ya: 24-02-2018  →  Musubize

Ndashaka kureba amanota

Uwimana claudine yanditse ku itariki ya: 3-01-2019  →  Musubize

Mudufashe nkuko byavuzwe ko abarimu ba nursary ko bashyirwa muri system yabakozi mwadufasha kuri icyo gitekerezo nabo bagashirwa muri sitati y’abakozi murakoze

hategekimana eric yanditse ku itariki ya: 16-02-2018  →  Musubize

Muraho bayobozi bakuru none amanota yabarangije s6 azasohoka ryali

MUNYANZIZA Stephane yanditse ku itariki ya: 16-02-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka