Kaminuza za bimwe mu bihugu by’i Burayi zatangije ubufatanye na zimwe muri Kaminuza zo mu Rwanda, aho abarimu n’abanyeshuri bazajya basurana bakigana ibijyanye no kongera ibiribwa ndetse no kubungabunga ibidukikije.
Nyiricyubahiro Musenyeri Nzakamwita Servilien, Umushumba wa Diyoseze ya Byumba, akaba anahagarariye Umuryango ‘University of Technology and Arts of Byumba’ (UTAB), yashyizeDr.Ndahayo Fidel ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza ya UTAB.
Ku bufatanye n’inzego zinyuranye za Leta n’abafatanyabikorwa, ababyeyi barerera mu Rwunge rw’amashuri rwa APAPEC Murambi mu Karere ka Rulindo, biyujurije amacumbi y’abanyeshuri nyuma yo kwishakamo ibisubizo bakusanya agera kuri miliyoni 86.
Nyinawumuntu Rwiririza Delice uri mu bahatanira ikamba rya Miss Rwanda, yahisemo umushinga wo gukangurira abakobwa bagenzi be kwiga amasomo ya Siyansi kubera uburyo yasanze Siyansi ari ingenzi mu mibereho rusange y’ubuzima bw’abantu cyane cyane mu gihugu cy’u Rwanda cyihuta mu iterambere ry’ikoranabuhanga.
Ku rwunge rw’amashuri rwa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, abana babiri bavukana bahanganye n’abarezi, ababyeyi babo na bo babizamo nuko bibaviramo gufungwa.
Ubuyobozi bwa Seminari Ntoya yitiriwe Mutagatifu Jean Paul II ya Gikongoro (Petit Seminaire Saint Jean Paul II), buvuga ko abanyeshuri bigaga mu mwaka wa gatatu bagize amanota abashyira ku mwanya wa kane, ariko ngo ntibagaragaye mu mashuri 10 ya mbere mu Rwanda.
Umwarimu wigisha mu mwaka wa gatatu w’amashuri abanza ku Rwunge rw’amashuri rwa Uwinkomo mu Karere ka Nyamagabe, avuga ko ku bana 49 yigisha, urebye 15 ari bo bazi gusoma no kwandika neza Ikinyarwanda.
Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB), Dr Irénée Ndayambaje, avuga ko ibijyanye n’uburyo bwo gushyira abarimu mu myanya barimo kureba uko byakemuka burundu.
Ubuyobozi bwa Kaminuza y’Ubumenyingiro ya Mainz (Mainz University of Applied Sciences), yo mu gihugu cy’u Budage buri mu Rwanda, mu biganiro n’ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri, hagamijwe kuvugurura no guteza imbere umubano.
Nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano 2019, u Rwanda rwemeje gutangiza umushinga w’icyerecyezo cy’imyaka 30, aho umwana w’Umunyarwanda azaba ashobora guhangana ku isoko mpuzamahanga ry’umurimo mu guhanga udushya, mu ndimi, kandi abasha kwinjiza akayabo kubera siyansi n’ikoranabuhanga.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe imibereho myiza, Annonciata Kankesha, avuga ko ababyeyi bagiye bagenera abana babo nibura iminota 15 yo kubafasha kwitoza gusoma, byatuma biyungura ubwenge.
Abahanga mu myigire y’abana bahamya ko kubakundisha umuco wo gusoma bakiri bato bituma badata umwanya wabo barangarira mu bidafite akamaro, ahubwo bakiyungura ubwenge.
Nyuma y’ibyumweru bitatu bishize umwaka w’amashuri wa 2020 utangiye, abana biga muri Wisdom School bagaragarije ababyeyi babo ibyo bakora mu bumenyingiro biga, ababyeyi batungurwa no kubona ko abana babo bamaze kugera ku ntera yo kuvumbura bimwe mu byo u Rwanda rubona rubanje kwitabaza amahanga.
Minisiteri y’Uburezi irashishikariza ababyeyi kohereza abana b’inshuke mu ishuri, banataha na bo bakabafasha kurushaho kumva ibyo bize bifashishije ibyo bafite mu rugo ndetse n’ibitabo.
Abayobozi b’amatorero n’amadini akorera mu Rwanda, basinyanye amasezerano na Minisiteri y’Uburezi yo guha Leta ubutaka bwo kubakaho amashuri, mu rwego rwo kugabanya ubucucike mu mashuri.
Nyuma y’uko byavuzwe mu itangazamakuru ko hari abanyeshuri 47 bigaga kuri Butare Catholique birukanywe, ubuyobozi bw’iri shuri bwafatanyije n’ubw’akarere bubashakira aho bigira.
Abanyeshuri 10 bigaga gukina umupira w’amaguru mu ishuri ry’imyuga riherereye ku Kabutare (bakunze kwita EAV Kabutare) mu Karere ka Huye, birukanywe bazira imyitwarire mibi none babuze aho berekera.
Mushimiyimana Laetitia wize siyansi mu mashuri yisumbuye, ntiyahisemo kubikomeza ahubwo yahise ajya kwiga umwuga wo gusudira n’ibindi bigendanye, akavuga ko yizeye akazi nta gushidikanya.
Kaminuza y’u Rwanda (UR) hamwe na Banki Itsura Amajyambere (BRD), batangaje ko abanyeshuri batinze kwiyandikisha hamwe n’abatanga amakuru atuzuye ajyanye n’amakonti yabo, ari bo batuma inguzanyo yo kubatunga yitwa buruse itinda kugera ku banyeshuri.
Nyuma yo kubona ko hari ibibazo Umurenge wa Tumba ufite bikeneye gukemurwa hifashishijwe ubushakashatsi n’amahugurwa, ubuyobozi bw’uyu murenge bwiyambaje ishuri rikuru ry’Abaporotesitanti, PIASS.
Miliyari esheshatu na miliyoni 500 z’amafaranga y’u Rwanda ni zo zigiye gushorwa mu kubaka amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (TVETs) atanu mu turere twa Burera, Musanze na Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru.
Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB) gitangaza ko abarimu na bamwe mu bayobozi mu bigo by’amashuri by’inderabarezi (TTC) bagiye gukorerwa isuzumabumenyi ngo hagaragare ubushobozi bwabo mu rurimi rw’icyongereza bigishamo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko ishuri ryigisha imyuga Unique TVET School, ryamaze gufunga imiryango, kandi ko iryitwa Future Gate TVET School riherutse guhamagarira abanyeshuri kurigana ritaremererwa gukora.
Mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, abana biga muri amwe mu mashuri ya Leta batsindira ku manota make bamwe bakanatsindwa, nyamara mu yigenga hakaba aho batsinda bose kandi ku manota meza.
Nyuma yuko amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange cyamashuri yisumbuye asohotse, abanyeshuri bo muri Wisdom School bagatsindi ku rwego rwiza, ababyeyi barerera muri iryo shuri bishimiye umusaruro w’abana babo n’ubumenyi butangwa n’iryo shuri.
Mugisha Jean Luc yari mu bari bagiye kwiyandikisha basaba ishuri mu rwunge rwa Kagugu Catholique i Kinyinya mu Karere ka Gasabo ku wa mbere tariki 06 Mutarama 2020, ariko umubyigano w’abantu benshi yahasanze watumye atakaza amasomo ku munsi wa mbere.
Humura Elvin w’imyaka 11 y’amavuko uheruka kuba uwa mbere ku rwego rw’igihugu mu kizamini cya leta gisoza amashuri abanza avuga ko agiye gukomeza kwiga afite umwete, kugira ngo bizamufashe gukabya inzozi zo kuba umuhanga mu by’ubutabire (chemistry).
Niyobuhungiro Cynthia afite umwana urangije mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza muri Good Harvest School.
Umunyeshuri w’umuhungu witwa Humura Elvin w’imyaka 11 y’amavuko, ni we wabaye uwa mbere ku rwego rw’igihugu mu kizamini cya Leta gisoza amashuri abanza akaba ahembwe mudasobwa igendanwa yo mu bwoko bwa Positivo.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Burezi (REB) cyatangaje ko amanota y’ibizamini bya Leta bisoza umwaka w’amashuri wa 2019 (P6, S3 na TTC) azashyirwa hanze kuri uyu wa mbere tariki ya 30 Ukuboza 2019 saa cyenda z’amanywa.