Nyuma y’uko icyorezo cya COVID-19 gikomeje guhangayikisha abatuye isi, zimwe muri serivise zigafungwa mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyo cyorezo, mu bigo byibasiwe n’ingaruka z’icyo cyorezo birimo n’amashuri Makuru na za Kaminuza.
Abana bafite ubumuga bwo kutabona bo mu Karere ka Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba batangiye kugezwaho imfashanyigisho zikubiyemo amasomo ari mu nyandiko babasha gusoma izwi nka ‘Braille’ kugira ngo na bo bajye babasha gukurikirana amasomo nk’abandi.
Abahagariye amashuri yigenga mu Rwanda bavuze ko batazapfa kwihutira gufatira abarimu babo inguzanyo igomba kubatunga muri ibi bihe, bitewe no kutizera ko aba barimu bazakomeza kubakorera mu gihe amashuri azaba yongeye gutangira.
Minisiteri y’Uburezi yatangiye kubaka ibyumba bisaga 22.000 bigomba kuba byuzuye mu mezi atatu ku buryo ukwezi kwa Nzeri 2020 abana bazatangira kubyigiramo.
Dr Charles Murigande wari umuyobozi wungirije muri Kamunuza y’u Rwanda ushinzwe iterambere(Deputy Vice Chancellor for Institutional Advancement) yatangiye ikiruhuko cy’izabukuru, ashimirwa ibikorwa by’indashyikirwa byamuranze muri Kamunuza y’u Rwanda.
Imiryango itishoboye igiye guhabwa radiyo 950 zikoresha imirasire y’izuba, zizajya zifasha abana gukurikirana amasomo kuri radiyo bitewe n’uko amashuri yafunzwe mu rwego rwo kwirinda Coronavirus.
Nyuma y’aho byemerejwe ko amashuri azafungura mu kwezi kwa Nzeri 2020 kugira ngo hirindwe icyorezo cya Covid-19, abarimu bigishaga mu mashuri yigenga basabye Leta igisimbura imishahara bahembwaga.
Bamwe mu bayobozi ba Kaminuza n’Amashuri makuru yigenga mu Rwanda, barasaba Leta guteganya uburyo abakozi b’izo Kamunuza babaho muri ibi bihe bya COVID-19 basaba gukurirwaho imisoro.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline aratangaza ko ababyeyi barerera mu kigo cy’ishuri ‘Ahazaza Center’ badakwiye guhangayikira uburezi bw’abana babo kuko ikibazo bafitanye n’ubuyobozi bw’iryo ishuri cyatangiye kugikurikirana.
Abanyeshuri 123 biga mu mashami anyuranye muri INES-Ruhengeri bari barabuze uburyobwo gutaha iwabo mbere ya gahunda ya Guma mu rugo, bafashijwe gusubira mu miryango yabo.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri mpuzamahanga bikorera mu Rwanda bavuga ko barimo kwifashisha ikoranabuhanga mu gutanga amasamo. Ni umwanzuro bafashe nyuma y’uko bemerewe gukomeza kwigisha, mu gihe ibigo by’amashuri bikoresha porogaramu y’igihugu byo byahagaritse amasomo bikazayasubukura mu kwezi kwa Nzeri 2020, bitewe (…)
Umunyamabanga Mukuru wa Sendika y’abarimu bakora mu bigo by’amashuri yigenga n’abakozi babikoramo (SYNEDUC), Abdon Faustin Nkotanyi, avuga ko bamaze kumenya ibigo 20 byamaze gusubika amasezerano y’akazi ku bakozi babyo biganjemo abarimu.
Zimwe muri kaminuza zo mu Rwanda zashyiriyeho abanyeshuri bazo uburyo bwo gukomeza amasomo hifashishijwe ikoranabuhanga muri iki gihe kwigira ku ishuri byahagaze kubera Covid-19, gusa benshi bavuga ko batabishobora kubera impamvu zitandukanye.
Abanyeshuri bari mu ngo iwabo kubera icyorezo cya Covid-19 bagombye kuba barimo kwiga, bavuga ko guhagarika amashuri byabababaje kuko batakaje umwaka, ariko bakemeza ko byari ngombwa kuko icya mbere ari ubuzima.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangaza ko ababyeyi bazongera bakishyura bundi bushya amafaranga y’ishuri y’igihembwe umwaka w’amashuri wongeye gutangira muri Nzeri 2020.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) irahumuriza abarimu ba Leta batarimo gukora nk’uko bisanzwe kubera ihagarikwa ry’amashuri ryatewe na Covid-19, ko bazakomeza kubona umushahara wabo kugira ngo ukomeze kubafasha.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa kane tariki 30 Mata 2020, igamije kureba uko icyorezo cya Coronavirus gihagaze mu gihugu no kuba hari ibyahinduka ku ngamba zari zihari zo kuyirinda, yemeje ko amashuri mu gihugu cyose akomeza gufunga.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yatangaje ko ikibazo cy’abarimu b’ibigo byigenga, Minisiteri y’Uburezi irimo kugitekerezaho, naho ku bantu barimo bafasha kubera kudakora ngo imibare y’abafashwa igiye kugabanuka.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Burezi (REB) gitangaza ko cyashyizeho uburyo bw’ikoranabuhanga bwifashisha telefone iyo ari yo yose, bufasha umunyeshuri kwikoresha isuzumabumenyi.
Kaminuza y’u Rwanda (UR) yagiranye amasezerano y’imikoranire na Kaminuza ya UNICAF mu rwego rwo kuzamura uburezi bushingiye ku ikoranabuhanga mu masomo atangwa mu buryo bw’ikoranabuhanga hifashishijwe Internet.
Bamwe mu babyeyi ndetse n’abana bagomba gukurikira amasomo kuri radio na televiziyo bari mu rugo, bavuga ko kumenya gahunda ikurikizwa bibagora bakifuza ko hakongerwa uburyo bwo kumenyekanisha iyo gahunda kugira ngo badacikanwa.
Umwanditsi w’inkuru n’ibitabo ukomoka muri Amerika, yasohoye igitabo kirimo inkuru yafasha abana kwirinda icyorezo cya coronavirusi bakakirinda n’abaturanyi babo.
StarTimes iratangaza ko ifatanyije na BTN TV barimo kwigisha abanyeshuri bo mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza, binyuze kuri Televiziyo na StarTimes ON App.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi (REB) cyatangaje ko gahunda cyashyizeho yo kwiga hifashishijwe ikoranabuhanga (e-learning) yashyizweho mu rwego rwo gufasha abanyeshuri bari mu rugo gusubiramo amasomo yabo, yitabiriwe ku rwego rushimishije.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Burezi (REB), gitangaza ko gahunda yo kwigishiriza abana mu ngo iwabo hifashishijwe radio izatangira kuri uyu wa gatandatu tariki 4 Mata 2020.
Bamwe mu bakozi bakoreye ku rwunge rw’amashuri rwa Kabare ruherereye mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare, baravuga ko bamuwe umushahara w’amezi abiri, bigatuma banasezera akazi.
Mu gihe iminsi ikomeje kwiyongera serivisi nyinshi zirimo n’amashuri zarahagaze kubera kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus, Ikigo gishinzwe guteza imbere Uburezi mu Rwanda (REB), cyashyize amasomo ku rubuga rwa YouTube, mu rwego rwo gufasha abanyeshuri kwiga bifashishije amashusho kandi ku buntu.
Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi REB gitangaza ko kigiye kwiyambaza ibitangazamakuru nka Radiyo na televiziyo kugira ngo abana batabasha kwiga mu buryo bw’iyakure bwashyizweho, na bo bakurikire amasomo.
Ikigo cy’igihugu cyita ku Burezi (REB), cyongereye ubushobozi bwo kwigisha amasomo anyuraye hifashishijwe ikoranabuhanga rya Iyakure, mu rwego rwo gukomeza gufasha abanyeshuri muri iki gihe icyorezo cya Coronavirus cyatumye amasomo ahagarara.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Emmanuel Gasana, aratangaza ko abanyeshuri bose bigaga bacumbikirwa mu bigo by’amashuri yisumbuye muri iyo Ntara, baraye basubijwe mu miryango yabo usibye abanyamahanga batarabona uko bataha.