Ikigo cy’Igihugu gishinzwe uburezi (REB), kiratangaza ko mu rwego rwo gushyira mu myanya abarimu n’abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye, umwaka w’amashuri 2021-2022 hazatangwa ibizamini mu buryo bw’ikoranabuhanga, bikaba byitezweho kwihutisha gushyira mu myanya abo bakozi.
Dr Carlos Fernando, Umuyobozi w’icyubahiro wa Kaminuza ya Kigali (UoK), mu mpanuro yahaye abanyashuri biga muri iyo Kaminuza ishami ryayo rya Musanze, yasabye abanyeshuri kwiga baharanira kugira ubumenyi buhagije buzabafasha kwihangira umurimo, abibutsa ko badakwiye kwiga bategereje ko hari uzabaha akazi.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2021/2022, ivuga ko uzatangira ku ya 11 Ukwakira 2021.
Abarimu 30 baturutse mu mashuri y’Imyuga n’Ubumenyingiro (TVET) mu turere twose tw’Igihugu, basoje amahugurwa ku ikoranabuhanga mpuzamahanga rya mudasobwa, baravuga ko bagiye gukora impinduka zigaragara mu guhugura abandi kugira ngo ikoranabuhanga mu mashuri rirusheho gutanga umusaruro.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe ikoranabuhanga, imyuga n’ubumenyi ngiro, Irere Claudette, avuga ko mu mwaka wa 2024, 85% by’amashuri azaba afite murandasi kandi ashobora gukoresha ikoranabuhanga mu kwiga no kwigisha.
Itsinda rigizwe n’abantu 10, bize ku kigo cy’amashuri abanza cya Nyabirehe giherereye mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, barihuje bakora umushinga witwa IESI (Ireme Education for Social Impact), mu rwego rwo gufasha barumuna babo biga kuri icyo kigo cyabareze kikabaha intangiriro y’ubumenyi bahereyeho kugeza ubwo (…)
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) hamwe na Kaminuza y’u Rwanda (UR) byahaye impamyabushobozi abarangije kwiga muri iyo Kaminuza muri 2019 na 2020 bagera ku 8,908, ariko basabwa kwirinda kuganya ko nta kazi bafite.
Kaminuza yigisha Ubukerarugendo, Amahoteli n’Ikoranabuhanga mu by’ubucuruzi(UTB), itangaza ko yashyize ku isoko ry’umurimo abagera ku 1,406 barangije kuyigamo mu mwaka wa 2019 na 2020.
Abana biga mu mashuri y’incuke n’abiga mu myaka yo hasi mu mashuri abanza, bamaze ibyumweru bisaga bibiri basubiye ku ishuri, kuko batangiye igihembwe cya gatatu tariki 2 Kanama 2021, bikaba biteganyijwe ko bazarangiza icyo gihembwe tariki 17 Nzeri 2021, bivuze ko baziga igihe kigera ku kwezi n’igice, mu gihe ubundi (…)
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko abanyeshuri 1323 ari bo bataye ishuri kuva icyorezo cya Covid-19 cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020, icyakora ngo abasaga 800 ubu barigarutsemo.
Abarimu barasaba Minisiteri y’Uburezi kubafasha bakabona mudasobwa mu buryo bw’inguzanyo kugira ngo biborohere kwigisha hifashishijwe ikoranabuhanga.
Abanyeshuri bo mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza n’ay’incuke, kuva kuri uyu wa Mbere tariki 2 Kanama 2021, batangiye igihembwe cya gatatu cy’umwaka w’amashuri wa 2020-2021, bakaba biyemeje gukaza ingamba zo kwirinda Covid-19.
Bamwe mu babyeyi bafite abana bo mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza batangiye igihembwe cya gatatu, barasaba ko bakoroherezwa n’ibigo by’amashuri kuko bafite ibibazo by’amikoro nyuma ya Guma mu Rugo.
Ikigo cy’Uburezi mu Rwanda (REB) kigiye gushyira mu nteganyanyigisho (curriculum) amasomo yo kwiga inyandiko igenewe abatabona n’ururimi rw’amarenga mu rwego rwo kurushaho gufasha abana bafite ubumuga bwo kutabona n’abafite ubumuga bwo kutumva.
Mu gihe ababyeyi batuye mu Mirenge ikiri muri Guma mu rugo bafite abana biga mu mashuri y’incuke, no mu cyiciro kibanza cy’amashuri abanza bibazaga uko bizagenda ku bana babo mu gihe abandi batari muri Guma mu rugo bazaba basubiye ku mashuri tariki 2 Kanama 2021, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Uburezi, abo na bo bahawe (…)
Minisiteri y’Uburezi yamenyesheje abaturarwanda, abafatanyabikorwa mu burezi, ababyeyi, abayobozi b’ibigo by’amashuri n’abanyeshuri, ibijyanye no gusubukura amasomo muri bimwe mu byiciro by’amashuri, nk’uko bikubiye muri iri tangazo:
Minisitiri w’Uburezi Dr. Valentine Uwamariya yatangaje ko bagiye gukurikirana bakamenya abanyeshuri bagaragaje imyitwarire mibi bitwaje ko bashoje amashuri yisumbuye ndetse bakazahabwa n’ibihano.
INES-Ruhengeri yaje ku isonga muri Kaminuza zigenga mu Rwanda ku rutonde rw’isi, aho ikurikira Kaminuza y’u Rwanda.
Ku mbuga nkoranyambaga hamaze iminsi hazenguruka amafoto n’amashusho bigaragaramo abana b’abanyeshuri bambaye imyenda y’ishuri baciye ku buryo bukomeye, abandi banyukanyuka amakayi n’uwagaragaye ayatwika, bitwaje ko barangije ibizamini bisoza amashuri yisumbuye.
Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Ayinkamiye Emerence, yavuze ko tariki ya 26 Nyakanga 2021 habayeho uburangare mu gutanga ikizamini cya Leta kitari mu bigomba gukorwa kuri uwo munsi.
Umunyeshuri wigaga ku rwunge rw’amashuri rwa Cyeza mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga ari gufashwa gukora ibizamini bisoza umwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye.
Abana bane b’abahungu barimo gukora ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, bakaba bafungiye muri gereza y’abana iri mu Karere ka Nyagatare.
Mu banyeshuri bari gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye, mu Karere ka Huye hari babiri barwaye Coronavirus.
Abanyeshuri bane barwaye indwara zitandukanye, batangiranye n’abandi gukora ikizamini cya Leta, ariko bo bakaba barimo gukorera mu bitaro kubera ubwo burwayi, mu gihe hari n’abandi bane barwaye Covid-19 na bo bafashijwe gukora ikizamini.
Uwitwa Iranzi Aline (ni ryo zina yahisemo kwiyita ariko atari irye ry’ukuri), yari kuba yafatiwe n’ibise mu ishuri arimo gukora ikizamini cya Leta gisoza umwaka wa gatatu wisumbuye, iyo umwana we atavukira amezi arindwi, kuko yujuje amezi abiri kuri uyu wa 20 Nyakanga 2021.
Abanyeshuri basaga ibihumbi 195 batangiye ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange n’amashuri yisumbuye. Barimo ibihumbi 122 bo mu cyiciro rusange, mu gihe abarangiza umwaka wa gatandatu ari ibihumbi bisaga 50, naho mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (TVET) bakaba ibihumbi 22.
Umwe mu banyeshuri bagaragaje ibibazo by’umwihariko ni umukobwa w’imyaka 20 wakoze ikizamini gisoza umwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye ari mu bitaro bya Ruhango aho amaze iminsi itatu abyaye, hakaba n’abana batatu barwaye Covid-19, na bo bakoreye ku bigo bashyiriweho kugira ngo bitabweho.
Abanyeshuri 5203 ni bo bakora ibizamini bisoza icyiciro cya 1 n’icya 2 cy’amashuri yisumbuye muri Huye, nk’uko bivugwa n’umuyobozi w’ishami rishinzwe uburezi mu Karere ka Huye, Protogène Muhire.
Abanyeshuri bakora ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange ndetse n’ayisumbuye mu Mujyi wa Kigali baratangaza ko biteguye kubikora bubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19, kugira ngo barusheho gukumira ubwandu bushya akenshi buterwa no kuyarengaho.
Aline Mutembayire w’imyaka 41 y’amavuko aherutse gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza byatangiye tariki ya 12 bigasozwa ku ya 14 Nyakanga 2021, akaba afite abana barimo abiga mu mashuri yisumbuye no muri kaminuza.