Abiga ku mashuri abanza ya Nyarubara muri Musanze, ntibagifite impungenge z’inyubako zishaje bigiragamo, kuko bubakiwe amashuri n’abanyarwanda baba mu Budage.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) ivuga ko itazihanganira abarezi bahanisha abana bakosheje kubirukana kuko ari ukubavutsa uburenganzira bwabo bwo kwiga.
Hatangijwe ishuri rya MOPAS Film Academy rigamije gufasha urubyiruko gukarishya ubumenyi no gutunganya amashusho, amafoto n’amajwi.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ivuga ko kuri buri shuri hagiye gushyirwa ibyumba by’ikoranabuhanga bikazafasha u Rwanda kugera ku cyerekezo 2020-2030.
Padiri Nduwayezu Janvier uyobora Ibiro by’Inama y’abepisikopi gatolika mu Rwanda bishinzwe uburezi (SNEC), avuga ko umubyeyi ari ndasimburwa mu burere bw’umwana.
Abanyeshuri biga muri Kaminuza y’Ikoranabuhanga n’Ibya Buzinesi bavuga ko biyunguye ubundi bumeni mu kwihangira imirimo iciriritse, nyuma y’amahugurwa y’amezi atatu bashoje.
Laboratwari y’ubwubatsi IPRC-South yubakiwe igiye gufasha abanyeshuri kongera ubumenyi bajyaga gushakira ahandi, kubera kutayigira, ininjirize iki kigo amafaranga.
Kabarira Vincent wigisha mu rwunge rw’amashuri rwa Rutonde, mu karere ka Rwamagana yagabiwe inka nk’igihembo cy’umwarimu wahize abandi.
Abantu 60 bize mu ishuri ryigisha gutunganya imisatsi n’inzara bahawe impamyabushobozi bishimira ko badashobora kuzajya mu bushomeri.
Abantu 12, biganjemo abanyeshuri, batsinze amarushanwa yo kwandika yateguwe n’umushinga “Andika Rwanda” bahawe ibihembo birimo mudasobwa.
Urubyiruko rwiga ubumenyingiro muri VTC Ntendezi, mu Karere ka Nyamasheke, ruvuga ko kutagira ibikoresho bihagije bituma batanoza ibyo bakora.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) itangaza ko igiye gushora Miliyari 9RWf mu burezi mu rwego rwo gushishikariza urubyiruko gukunda ubuhinzi.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri muri Karongi bavuga ko gahunda yo kunywa igikoma ku ishuri yatumye bamwe mu bana bataye ishuri barisubiramo.
Abarimu barenga 150 bo muri Huye bahuguwe ku gukora porogaramu za mudasobwa, (code and programming), bavuga ko bizagirira akamaro abanyeshuri.
Ubugenzuzi bwakozwe mu Karere ka Ngororero bugaragaza ko abana 2992 bataye ishuli batararisubiramo kugeza ubu kandi bakoreshwa imirimo ivunanye.
Umuyobozi w’ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye (UR/Huye) avuga ko umunyeshuri uzafatwa yita abatangizi izina ribatesha agaciro azabihanirwa.
Abanyeshuri bari gusoza ayisumbuye mu bumenyingiro, bitezweho iterambere ry’igihugu, nibatangira kubushyira mu bikorwa.
Perezida w’Inama y’Amatorero y’Abaporotestanti mu Rwanda, Musenyeri Alex Birindabagabo asaba abayobozi b’amashuri kwakira agakiza, kugira ngo batange uburezi bufite ireme.
Abaturage bo mu kagari ka Rwambogo, umurenge wa Butare, mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’abana bata ishuri kubera kwigira kure.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko kuba ababyeyi bamwe batuzuza inshingano zabo, ari kimwe mu bituma abana bata amashuri.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA) cyiyemeje kuzamura imyumvire ku misoro, gihereye mu bigo by’amashuri yisumbuye na za kaminuza.
Ibyumba by’amashuri byubatswe mu karere ka Nyamagabe ku nkunga ya Leta zunze ubumwe za Amerika, bizongera umubare w’abanyeshuri.
MTN Rwanda, yahaye mudasobwa 24 zigendanwa ikigo cy’ishuri ryisumbuye ry’imyuga rya kigarama (TSS Kigarama), mu Karere ka Ngoma.
Abana bo mu karere ka Nyamasheke bata ishuri bakajya gushaka akazi ko kuroba mu kivu, bavuga ko babiterwa n’ubukene bw’imiryango.
Abigishijwe gusoma no kwandika bo mu Murenge wa Ruganda, Akarere ka Karongi, bavuga ko batakigira ipfunwe ry’ubujiji, mu bandi.
Ministeri y’Uburezi (MINEDUC) irifuza ko abateza imbere umuco wo gusoma bakwegera abaturage, kugira ngo babishishikarize abakiri bato.
Umuryango wa Right to play mu Karere ka Rubavu watangije ubukangurambaga bwo kwigisha abanyeshuri kwirinda ihohoterwa bakorerwa, binyuze mu mikino.
Kaminuza y’Ikoranabuhanga ya Rushmore (RUT Ltd) yo mu Birwa bya Maurice, igiye gushora miliyari 4.8Frw zo kwigisha ubumenyingiro mu Rwanda.
Abarezi bo mu murenge wa Kibirizi mu karere ka Gisagara, barasabwa gushyira mu bikorwa ibyo barahiriye, kugirango uburezi burusheho gutera imbere.