Abacuruza inyama mu isoko rya Nyakarambi mu Karere ka Kirehe baravuga ko babuze abakiriya, bagakeka ko biterwa no kuba ari ku wa Gatanu Mutagatifu.
Nyuma y’uko imirimo yo kubaka gare nshya mu Mujyi wa Muhanga itangiye mu ntangiriro z’umwaka wa 2015, ibyakorerwaga ahubakwa iyo gare byarasenywe maze bimwe muri byo birimo amazu akoze mu mabati y’ibyuma azwi nka kontineri (containers) yimurirwa mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero, bikaba byarabafashije kubona aho (…)
Urubyiruko rwibumbiye muri Koperative Terimbere Mucuruzi w’imboga n’imbuto ikorera mu Murenge wa Gashenyi mu Karere ka Gakenke rurishimira ibikorwa by’iterambere rumaze kugeraho birimo n’isoko rwiyubakiye ruzajya rukoreramo kuko aho rwakoreraga hari hamaze kuba hato kandi hatajyanye n’igihe.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza bafata itabi ry’igikamba n’ubugoro nk’imari ikomeye ibinjiriza amafaranga ikanabatungira imiryango.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, arasaba abacuruzi bo mu Mujyi wa Kigali gukora ubucuruzi busukuye batanga imisoro nk’uko bayisabwa birinda kuba icyo yise “ibisambo”, kuko ari bwo bazaba bagaragaje umuco wo gukunda u Rwanda.
Isoko ry’amatungo ryubatswe mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu rimaze umwaka ridakora kubera ibiciro by’imisoro abacuruzi bavuga ko bitabanogeye bagahitamo kwigira mu isoko ry’amatungo rya Bigogwe mu Karere ka Nyabihu.
Abacuruzi n’abaguzi bo mu Karere ka Musanze baratangaza ko kuba igiciro cy’ibikomoka kuri Peterori cyaragabanutse ntacyo byamariye abaturage kuko bitatumye ibiciro by’ibicuruzwa bimanuka, ahubwo ngo hari bimwe na bimwe byazamutse.
Tuyambaze Céléstin utuye mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe atanga ubuhamya bw’ukuntu yafashe utwe twose akajya muri Uganda bamubeshye ko hari ubuzima bwiza kurusha mu Rwanda, akamara ukwezi kumwe nta n’ijana asigaranye akigira inama yo kugaruka iwabo.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) iratangaza ko ibiciro by’ibikomoka kuri peterori nka Lisansi na Mazutu, byagabanirijwe ibiciro, biva ku mafaranga y’u Rwanda 845 bigera kuri 810 by’igiciro fatizo.
Polisi y’igihugu ifatanyije n’abakozi b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA) bafatanye umucuruzi wo mu Mujyi wa Musanze witwa Ndagijimana Céléstin inzoga zihenze za magendu yishyiriragaho ikirango cy’uko zasoze (tax stamp) kugira ngo hatazagira umutahura ko anyereza imisoro ya Leta.
Abacuruzi bamaze umwaka bimuwe mu isoko ryo ku Kamonyi bakazanwa mu isoko ry’Ababikira b’ababernardine riri Gihinga mu murenge wa Gacurabwenge; barataka igihombo baterwa no kutabona abaguzi kuko iryo soko bimuriwemo riherereye inyuma y’amazu y’ubucuruzi kandi akaba nta cyapa imodoka zihagararaho kiri ku muhanda.
Bamwe mu bikorera ndetse n’abafatanyabikorwa mu iterambere bakorera mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko umwanya bahabwa wo kugaragaza ibikorwa byabo mu ruhame ari ingenzi kuri bo, kuko utuma bunguka abakiriya bashya.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango, buratangaza ko guhera kuri uyu wa kabiri ya 24 Gashyantare 2015, isoko ritangira kurema kabiri mu cyumweru, rikazajya rirema buri wa wa kabiri na buri wa Gatanu.
Bamwe mu bacuruza urwagwa mu Mirenge ya Mimuli na Nyagatare yo mu Karere ka Nyagatare baravuga ko batakibona abakiriya, ahanini bitewe n’uko igiciro cy’ibigori kiri hasi bityo abaturage bagurisha umusaruro wabo ntibasengere.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) igaragaza ko umucuruzi ubereye u Rwanda ari umucuruzi ukunda igihugu cye, agakora ubucuruzi bwemewe n’amategeko kandi agatanga imisoro uko bikwiye ntawe ubimuhatiye.
Abanyeshuri biga ku rwunge rw’amashuri yisumbuye rwa Marie Rene (GS Marie Rene) ruherereye mu kagali ka Congo-Nil mu murenge wa Gihango ho mu karere ka Rutsiro biga banakora imigati na Keke ngo kugira ngo amafaranga avamo abafashe mu myigire yabo.
Uruganda Mount Meru Soyco rukora amavuta mu gihingwa cya Soya mu karere ka Kayonza mu nata y’Iburasirazuba, rwatangiye kubona umusaruro wa Soya utuma rukomeza imirimo yarwo nyuma y’ubukangurambaga rwakoreye abaturage, ariko uracyasanga bo barishimira igiciro rubaguriraho umusaruro wabo.
Abarema isoko rya Kijyambere rya Congo-Nil riherereye mu Murenge wa Gihango ho mu Karere ka Rutsiro baratangaza ko babangamiwe n’ubwiherero bwuzuye, bagasaba akarere kububakira ubundi.
Mugihe mu mugi wa Kibungo hagaragara bamwe mu bagemura amata(abacunda) bavangamo amazi ngo abe menshi,abashumba baba bakamye inka baritana ba mwana n’abagemura aya mata ku wuvangamo amazi.
Abacuruzi bo mu Karere ka Rusizi barasaba ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) gukora ubuvugizi kugira ngo ubucuruzi bwambukiranya imipaka bakorera muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) bubashe kunoga.
Bralirwa uruganda rukora ibinyobwa bitandukanye birimo ibisembuye n’ ibidasembuye, cyamuritse inzoga nshya yitwa “Legend”, ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 6/2/2015.
Hashize umwaka mu Rwanda hageze ikigo cyitwa Kaymu, gikora akazi ko gutumikira abaturage ku isoko, aho buri wese agituma ibyo ashaka kikabishakisha ku isoko kandi kikabimugezaho mu rugo ku kiguzi cy’amafaranga igihumbi y’u Rwanda ku gicuruzwa icyo ari cyo cyose.
Umuyobozi bw’akarere ka Burera bufatanyije na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) batangaza ko isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika rizatangira kubakwa bidasubirwaho mu kwezi kwa 3/2015, nyuma yuko umushinga wo kuryubaka wasaga nkuwahagaze.
Umurenge wa Gikomero uherereye mu karere ka Gasabo watashye isoko ryubatswe ritwaye amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 240 z’amafaranga y’u Rwanda, abazaricururizamo bakaba basabwe kuzarifata nza bakirinda kuryangiza.
Kwegereza serivise abantu bamukiranya imipaka bakenera cyane cyane ibicuruzwa bizazamura ubukungu bw’igihugu.
Abakuriye amadini atandukanye yemewe mu Rwanda biyemeje gufatanya n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA) mu guhindura imyumvire y’abayoboke bayo ku mitangire y’imisoro n’amahoro.
Bamwe mu baturage batuye mu murenge wa Bushekeri bakomeje gutakambira ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke basaba ko bafashwa kwishyurwa amafaranga bakoreye ubwo bubakaga inzu y’urubyiruko rwa Bushekeri ndetse no kubaka inzu abaturage bazajya bivurizamo (poste de santé).
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Francois Kanimba, yijeje ubufatanye ikigo cya Eden Business Center gikora amasabuni n’amavuta yitwa “Ubwiza”, kuko bafite gahunda ziganisha ku iterambere igihugu gikeneye, nyuma y’uko abagendereye akumva n’ubuhamya ku bahahuguriwe, kuri uyu wa gatanu tariki 23/1/2014.
Bamwe mu bacururiza mu isko rikuru rya Byumba baravuga ko bafite ikibazo cy’uko isoko risakaye nabi imvura yagwa ibicuruzwa byabo bikangirika.
Abacuruzi bacururiza mu isoko rya Rwagitima rihereye murenge wa Rugarama mu karere ka Gatsibo, bavuga ko babangamiwe no gukorera mu isoko ritagira amashanyarazi bagasaba ubuyobozi kubashyiriramo amashanyarazi kugira ngo ubucuruzi bwabo burusheho gutanga umusaruro uhagije.