Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) gitangaza ko icyiciro cya gatatu cy’ahahariwe inganda (SEZ) kizaba kihariye kuko kizubakwamo ibikorwa byo kunganira ibyiciro bibiri bya mbere.
Abafite amafaranga muri Cogebanque biyongereye ku babitsa mu zindi banki icumi mu Rwanda, bagiye kujya bagendana amafaranga yabo muri telefoni igihe bazaba bari ku murongo wa MTN.
Abacuruzi b’ibiribwa baravuga ko kuzamuka kw’ibiciro bishobora kuba bifitanye isano no gukendera kwabyo, kuko batakirangura nk’uko baranguraga mu myaka yatambutse.
Sosiyete Nakumatt Holdings ifite amasoko ya kijyambere muri Kigali yatangaje ko igiye kwagura ibikorwa byayo, mu gihe ahandi yakoreraga mu karere yatangiye gufunga.
Abahoze bacururiza mu mihanda bazwi ku izina ry’abazunguzayi bagasiye bakorera mu masoko bubakiwe muri Nyarugenge bifuza kongererwa igishoro kugira ngo bakore bakunguka ntibazongere gusubira mu muhanda.
Hari kubakwa ikigo kizajya gitanga serivisi nk’izitangirwa ku cyambu aho ibyinjizwa mu gihugu binyuze mu nyanja ari ho bizajya bihita byohoherezwa nta handi bihagaze.
Umupaka mushya wa Kagitumba - Mirama uhuza u Rwanda na Uganda uzajya ukora iminsi yose kandi amasaha 24 wakira abantu.
Umupaka wa Rusumo watangiye gukora amasaha yose n’iminsi yose y’icyumweru (24/7) kugira ngo horoshywe urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) igiye kumara icyumweru iganira n’abakiriya bayo hagamijwe kubaha serivisi nziza no kubaka icyizere.
Abikorera bo mu Ntara y’Uburasirazuba bavuga ko hari igihe biba ngombwa ko badaha umukiriya wabo inyemezabwishyu kubera ko imashini zizitanga zizwi nka EBM ziba zapfuye.
Inyubako isanzwe imenyerewe nka Union Trade Center (UTC) imaze kugurwa miliyari 6.877.150.000RWf, muri cyamunara yabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 25 Nzeli 2017.
Mu minsi mike ikinyobwa cya Heineken kizajya gicururizwa mu Rwanda no mu karere ruherereyemo ni ikizajya kiba cyengewe mu Rwanda.
Bamwe mu bagore bahoze bakora uburaya mu Mirenge ya Mukura na Tumba mu Karere ka Huye, barabiretse binjira mu gukoa amasabune none birabatunze.
Abakorera ubucuruzi mu isoko rya Rusumo mu Murenge wa Butaro mu Karere ka Burera, barasaba kwimurwa bagashakirwa ahandi bakorera, ngo kuko aho bakorera ubu hatagira ubwiherero.
Abaturage barema isoko rya Gasogororo ryo mu Karere ka Kayonza bavuga ko batarebanye neza n’abarituriye kubera kwanga kubugamisha mu gihe cy’imvura.
Intumwa z’u Rwanda na Congo barangije ibiganiro byari bigamije kureba uko abakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya umupaka bakoroherezwa.
Abacuruzi 15 bitabira gutanga imisoro neza bo mu Ntara y’Iburengerazuba bahawe ibihembo bashishikariza n’abandi bacuruzi gutanga imisoro nk’uko bisabwa.
Abaturage bo mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi bavuga ko isoko ry’imboga n’imbuto bubakiwe bazaribyaza umusaruro kuko mbere batararyubakirwa bacururizaga hanze.
Umuyobozi mushya wa Banki y’Abaturage (BPR) Maurice K.Toroitich arizeza abagana iyo banki serivisi inoze no kubafasha gukabya inzozi zabo.
Ugereranije abantu bitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga rya 2017 n’irya 2016, bigaragara ko uyu mwaka abitabiriye biyongereye.
Urwego ngenzuramikorere (RURA), ruramenyesha abantu bose ko guhera kuri uyu wa kabiri tariki ya 05 Nzeli 2017, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyazamutse.
Mu imurikagurisha mpuzamahanga (Expo 2017) ribera i Gikondo mu Mujyi wa Kigali, abantu baritabira cyane kugura gaz n’amashyiga yayo ya kizungu kuko ibiciro byagabanijwe.
Urugaga rw’Abikorera (PSF) rwatangaje ko imurikagurisha ryaberaga mu Rwanda "Expo2017" rizarangira ku mugaragaro kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Nzeri 2017.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ivuga ko igiye gusubira mu masezerano Afurika ifitanye n’Amerika (AGOA), kugira ngo habeho guca imyenda ya caguwa nta bihano bifatiwe u Rwanda.
Umuceri w’u Rwanda muri Expo 2017 urimo kwitabirwa cyane n’abaguzi kuko uri ku giciro cyo kurangura k’uwigereye ku ruganda.
Ahamurikirwa ikawa y’u Rwanda muri Expo 2017 uhasanga abantu biganjemo Abanyarwanda bayigura, ari abayitahana cyangwa abanyweraho bakavuga ko bayikunze.
Abanyarwanda bakorera cyangwa bifuza gukorera ubucuruzi muri Tanzania baracyahura n’ibibazo bitandukanye bibaca intege mu kazi kabo bakifuza ko byahinduka.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi yasabye abamurika ibicuruzwa bikorerwa mu Rwanda kongera ubwiza n’ubuziranenge, abagira inama yo kurebera kuri bamwe mu banyamahanga baje kumurika ibyo bakora.
Dieudonné Twahirwa uhinga urusenda akanarugemura mu mahanga, avuga ko uyu mwaka ashobora kuzinjiza miliyoni 46RWf, nyuma yo kubona isoko mu mahanga.
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) ruvuga ko Expo 2017 ifitiye udushya abazayisura ku buryo bashobora kuhakura ubwenge bwabafasha kuba abanyemari na bo.