Abacuruzi 15 bitabira gutanga imisoro neza bo mu Ntara y’Iburengerazuba bahawe ibihembo bashishikariza n’abandi bacuruzi gutanga imisoro nk’uko bisabwa.
Abaturage bo mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi bavuga ko isoko ry’imboga n’imbuto bubakiwe bazaribyaza umusaruro kuko mbere batararyubakirwa bacururizaga hanze.
Umuyobozi mushya wa Banki y’Abaturage (BPR) Maurice K.Toroitich arizeza abagana iyo banki serivisi inoze no kubafasha gukabya inzozi zabo.
Ugereranije abantu bitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga rya 2017 n’irya 2016, bigaragara ko uyu mwaka abitabiriye biyongereye.
Urwego ngenzuramikorere (RURA), ruramenyesha abantu bose ko guhera kuri uyu wa kabiri tariki ya 05 Nzeli 2017, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyazamutse.
Mu imurikagurisha mpuzamahanga (Expo 2017) ribera i Gikondo mu Mujyi wa Kigali, abantu baritabira cyane kugura gaz n’amashyiga yayo ya kizungu kuko ibiciro byagabanijwe.
Urugaga rw’Abikorera (PSF) rwatangaje ko imurikagurisha ryaberaga mu Rwanda "Expo2017" rizarangira ku mugaragaro kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Nzeri 2017.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ivuga ko igiye gusubira mu masezerano Afurika ifitanye n’Amerika (AGOA), kugira ngo habeho guca imyenda ya caguwa nta bihano bifatiwe u Rwanda.
Umuceri w’u Rwanda muri Expo 2017 urimo kwitabirwa cyane n’abaguzi kuko uri ku giciro cyo kurangura k’uwigereye ku ruganda.
Ahamurikirwa ikawa y’u Rwanda muri Expo 2017 uhasanga abantu biganjemo Abanyarwanda bayigura, ari abayitahana cyangwa abanyweraho bakavuga ko bayikunze.
Abanyarwanda bakorera cyangwa bifuza gukorera ubucuruzi muri Tanzania baracyahura n’ibibazo bitandukanye bibaca intege mu kazi kabo bakifuza ko byahinduka.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi yasabye abamurika ibicuruzwa bikorerwa mu Rwanda kongera ubwiza n’ubuziranenge, abagira inama yo kurebera kuri bamwe mu banyamahanga baje kumurika ibyo bakora.
Dieudonné Twahirwa uhinga urusenda akanarugemura mu mahanga, avuga ko uyu mwaka ashobora kuzinjiza miliyoni 46RWf, nyuma yo kubona isoko mu mahanga.
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) ruvuga ko Expo 2017 ifitiye udushya abazayisura ku buryo bashobora kuhakura ubwenge bwabafasha kuba abanyemari na bo.
Urebye uburyo avuga atuje kandi yicishije bugufi ntibyakorohera kumenya ko Jean Niyotwagira, umusore w’Umunyarwanda wo mu kigero cy’imyaka nka 29 ari umwe mu baherwe u Rwanda rutegereje mu myaka mike iri imbere.
Abayobozi 54 b’ibigo bikomeye muri Afurika baganiriye na Perezida Paul Kagame, bamushakaho impanuro zabafasha kunoza akazi kabo no guteza imbere ibigo bayora.
Bamwe mu bakorera mu gakiriro k’i Huye babangamiwe na bagenzi babo bahisemo gusiga imashini zapfuye mu bibanza byabo, bakajya gukorera mu mujyi.
Uruganda rwa CIMERWA rwashyizeho uburyo bushya bwo gufasha abafite ibikorwa by’ubwubatsi, bubafasha kubagezaho sima ako kanya bifashishije amakamyo yabugenewe.
Ikigo cy’igihugu cy’misoro n’amahoro (RRA) gitangaza ko cyafashe ingamba zo gukorana n’ibindi bigo kugira ngo gitahure abacuruzi banyereza imisoro.
Sosiyete ya VISA yamaze gushyiraho gahunda nshya ikoresha uburyo bwa QR code buzajya bworohereza abaturage kwishyura bakoresheje telefone.
Ibyo abaturage bo mu Karere ka Ngoma bari biteze ku ruganda rutunganya imyanda rukayikuramo ibicanwa ntabyo barabona kuko kuva rwakuzura nta musaruro ruratanga.
Urwego ngenzuramikorere (RURA), ruramenyesha abantu bose ko guhera kuri uyu wa Kane tariki ya 6 Nyakanga 2017, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyagabanutse.
U Rwanda na Banki y’Isi byasinyanye amasezerano angana na miliyari 63Frw yo gukora umuhanda uzahuza Akarere ka Ngoma n’aka Nyanza.
Leta y’u Rwanda itangaza ko yahaye ikaze abafatanyabikorwa bafite ingamba zo kuyifasha mu kurwanya ikibazo cyo kugwingira kw’abana bakiri bato.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) itangaza ko igihombo cya miliyari 1RWf yagize muri 2015 yakivuyemo, yunguka asaga miliyoni 700RWf inahabwa igihembo.
Minisiteri y’Ubucuruzi , Inganda n’Uumuryango wa Afurika y’Iburasirazuba(MINEACOM) yasobanuriye abanyamahanga ko guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda bitavuze gukumira ibiva hanze.
Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bigaragaza ko igihe cyo guca “Caguwa” kitaragera, igihari ubu ngo ni uguteza imbere ibikorerwa muri ibyo bihugu.
Ikompanyi yitwa Digitata Insights na MTN Rwanda batangije ku mugaragaro uburyo bwitwa MeMe bwo koherereza abakiriya ba MTN ubutumwa bugufi bumenyekanisha serivisi runaka.
Ibiciro by’ibiribwa, ibyo kunywa ndetse na serivisi byiyongereho 0.4% muri Mata 2017 ubigereranije n’umwaka ushize wa 2016 muri uko kwezi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA), cyashyize hanze ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli, bigaragaza ko litiro ya essence mu Rwanda yagabanutseho 20RWf.