Intore z’inkomezabigwi mu Karere ka Muhanga zitangaza ko zihereye ku masomo zahawe mu byumweru bibiri zimaze zitozwa, ngo zigiye guhangana n’ikibazo cy’ubushomeri mu rubyiruko ahanini usanga rwiganjemo n’urwarangije amashuri.
Mukakayonde Claudine amaze umwaka atunganya igihingwa cya Soya akibyazamo ibindi biribwa ndetse n’ibinyobwa, igikorwa avuga ko gifasha kongera agaciro k’iki gihingwa kandi akarushaho kwiteza imbere dore ko bimwinjiriza amafaranga ibihumbi 180 ku kwezi.
Umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwambajemariya Florence, asaba abaturage batuye ku kirwa cya Birwa I kiri mu kiyaga cya Burera, gusigasira ibyiza bamaze kugezwaho birinda ko hagira ubyangiza.
Abaturage bo mu Karere ka Nyabihu bishimira ko umwaka wa 2014 wasize hubatswe imihanda myinshi muri aka karere bahamya ko yabakuye mu bwigunge.
Abaturage bo ku kirwa cya Birwa ya mbere giherereye mu kiyaga cya Burera, mu Murenge wa Kinoni, mu Karere ka Burera, bashyikirijwe inka icyenda bari bemerewe n’ Ingabo z’u Rwanda, (RDF) ubwo zabahaga ubwato bwa moteri mu kwezi kwa 12/ 2014.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rulindo baravuga ko bafite ingamba nshya zo kwiteza imbere ku buryo bugaragara mu mwaka batangiye wa 2015.
Bamwe mu batuye mu gasantere ka Nyanza mu Murenge wa Ngera ho mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bishimira uburyo ako gasantere kagenda gatera imbere ugereranije no mu bihe byashize.
Robert Irambona utuye mu Murenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara avuga ko yiteje imbere ahereye ku gishoro gito mu bucuruzi akora, none ubu akaba ageze aho ntawe ashobora gutegera amaboko.
Charles Bungurubwenge w’imyaka 29 aratangaza ko yatangiye acururiza abandi imigati n’amandazi ariko ubu ageze ku bikorwa bifite agaciro karenga miliyoni 100 z’amafaranga y’u Rwanda.
Bimwe mu bihora bihangayikishije urubyiruko rwo mu karere ka Rulindo birimo no kutagira icyo bakora babashe kwiteza imbere nk’abandi.
Ubwo kuri uyu wa 01/01/2015, abatuye Akarere ka Musanze bihizaga umunsi w’ubunani batangarije Kigali Today ko umwaka urangiye neza kuko ibyo bari biyemeje kugeraho bimwe babigezeho ariko ngo urugendo rw’iterambere ruracyakomeza hakaba hari ibindi bifuza kugeraho muri uyu mwaka wa 2015.
Inama Njyanama y’akarere ka Rutsiro iranenga akarere uburyo gakomeje gushorwa mu manza na ba rwiyemezamirimo kubera amadeni kababereyemo, inama njyanama isaba ko habaho ibiganiro kugirango iki kibazo gikemuke.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon avuga ko mu mpera z’umwaka w’imihigo wa 2014-2015, igice kinini cy’abaturage kingana na 80% bagomba kuzaba batuye mu midugudu, kandi ngo ubukangurambaga bwaratangiye.
Abaturage bo mu Karere ka Ruhango baravuga ko bakomeje kubabazwa n’uko akarere kabo nta bikorwa by’iterambere bahabona ndetse hari ibyo bizezwa n’abayabozi bakabitegereza bagaheba, bakibaza ikibitera mu gihe mu yindi mijyi y’uturere baturanye babona ihora izamuka uko bwije n’uko bukeye.
Abayoboke b’idini Maranatha Paruwase Gasharu rikorera mu Mujyi wa Muhanga, mu Karere ka Muhanga, barashinja ubuyobozi bwa Paruwase yabo kunyereza amafaranga y’impano agenerwa abana babo mu munsi mikuru ya Noheli n’ubunani.
Banki nkuru y’igihugu (BNR) iratangaza ko ubukungu bw’u Rwanda bushoje umwaka wa 2014 bwifashe neza kuko bwitezwe kutazajya munsi y’ikigero cya 7% kandi ikigero cy’urwunguko isaba abashoramari mu by’imari kizaguma kuri 6.5%.
N’ubwo Umunyarwanda yemerewe gutura aho ariho hose mu gihugu cye ariko nanone ngo ntakwiye kuba umutwaro aho agiye gutura hashya; nk’uko bisobanurwa na Depite Bwiza Sekamana Conny.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Gisagara rurahamagarirwa kwibumbira mu makoperative rugakorera hamwe rukaba rwanaterwa inkunga.
Abaturage bo mu murenge wa Ndora mu karere ka Gisagara, baratangaza ko imihigo y’ingo yatumye bagera kuri byinshi mu iterambere muri uyu mwaka turimo gusoza.
Abaturage bo mu murenge wa Burega n’uwa Buyoga barishimire iyubakwa ry’ikiraro kigiye kubakwa hagati y’iyi mirenge, kuko bazabasha guhahirana neza ubusanzwe byabagoraga kubera umugezi wacaga hagati y’iyi mirage ihana imbibe.
Ibibanza bikora ku muhanda nibyo bifite agaciro mu murenge wa Runda kuko aribyo bihabwa icyangombwa cyo kubyubakamo. Ku bw’iyo mpamvu abaturage bafite amasambu adakora ku muhanda, bemerera ubuyobozi gucishamo umuhanda ku buntu kugira ngo nayo agire agaciro.
Abatuye umurenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara baravuga ko ikibazo cyo kutagira amazi gikomeje kuba ingorabahizi kuko bamaze igihe kinini bayategereje n’ubu bakaba bakivoma mu mibande.
Inka eshanu zatanzwe n’Abanyarwanda baba mu gihugu cy’u Bufaransa ubwo bari mu nama ya 12 y’umushyikirano zorojwe abaturage bo mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera.
Leta y’u Rwanda n’ihuriro ry’amashami y’Umuryango w’Abibumbye (ONE UN) basinyanye amasezerano yo gutera u Rwanda inkunga ya miliyari 50 z’amanyarwada mu rwego rwo guteza imbere imishinga itandukanye y’iterambere n’imibereho y’abaturage.
Imwe mu miryango ituye mu Karere ka Gakenke irishimira uburyo abashakanye basigaye buzuzanya mu ngo zabo, bitandukanye no mu myaka yashize kuko 80% by’imiryango ituye aka karere bahoranaga amakimbirane ahanini ashingiye ku mutungo.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyabihu basanga barageze kuri byinshi mu iterambere mu mwaka wa 2014 ugana ku musozo, kandi biteguye kubyongera kurutaho umwaka utaha bakarushaho gutera imbere.
Akarere ka Rusizi karasaba abaturage kujya kurega Rwiyemezamimo wabambuye mu butabera kugira ngo barenganurwe.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Gishubi ho mu Karere ka Gisagara baravuga ko bishimira kuba bajya mu bandi bakungurana ibitecyerezo byo kwiteza imbere, kuko kera bitashobokaga kuko nta mugore wari ufite ijambo.
Abagore bibumbiye muri Koperative “COVAMAYA Imirasire” y’ababoshyi b’uduseke ibarizwa mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera baratangaza ko kumenya gusoma no kwandika byatumye bongera umusaruro ukomoka mu bikorwa byabo kuko batakibura amasoko kandi mbere barayatakazaga.
Abaturage batuye Umurenge wa Mugano mu Karere ka Nyamagabe cyane cyane urubyiruko barishimira ko nibabona amashanyarazi bizabakura mu bukene kuko bazihangira imirimo isaba ingufu z’amashanyarazi bityo bakagera ku iterambere.