Akarere ka Nyabihu karateganya kubaka inzu yo gukoreramo nshya izasimbura iyari isanzwe ikorarwamo ubu ikazarangirana n’umwaka w’ingengo y’imari wa 2016-2017, ikazatwara amafaranga y’u Rwanda agera muri miliyoni 800.
Miliyoni zisaga gato 320frw ni zo zitakoreshejwe mu mwaka ushize w’ingengo y’imari kubera ikibazo cy’abafatanyabikorwa batayataze, bigatuma akarere katabasha gukoresha ingengo y’imari yose yari iteganyijwe.
Umukuru w’igihugu Paul Kagame wagiriye uruzinduko mu karere ka Rusizi mu ntara y’Uburengerazuba, mu kiganiro n’Abanyarusizi yababwiye ko ubukungu bwa mbere ari abantu kuko ubundi bukungu bwose ari kuri bo bwubakiye.
Perezidaa Paul kagame yemereye abaturage batuye mu kirwa cya Nkombo ikindi cyombo kisumbuye ku cyo yari yarabahaye, kugira ngo bakomeze guhahirana n’abandi baturage batuye mu bindi bice.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Yvonne Mutwakwasuku, arasaba abaturage bakosoza ibyiciro byabo by’ubudehe kubikorana ubunyangamugayo, kuko hashyizweho ikoranabuhanga ritahura abafite uburiganya.
Bamwe mu baturage bo mu midugudu ya Rugeshi, Kanyaru, Kinkenke, Rwanamiza, Kazibake na Kinyangagi yo mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu bavuga ko umuhanda wabakorewe uva ku muhanda wa Kaburimbo ku Mukamira ukagera mu Mudugudu wa Kinkenke watumye agaciro k’umusaruro wabo kazamuka, aho ibirayi byavuye ku mafaranga 50 (…)
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame arasaba abaturage gufatanya nawe no kongera imbaraga mu byo bakora, kugira ngo iterambere ry’igihugu ryagezweho mu myaka 20 ishize rikomeze kwiyongera aho gusubira inyuma cyangwa kuguma aho riri.
Abahinzi b’icyayi bo mu mirenge ya Bushekeri na Ruharambuga batashye inzu igezweho biyujurije itwaye amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 26 ikazakoreramo Sacco yabo.
Rumwe mu rubyiruko rwabashije kwihangira imirimo rurakangurura bagenzi barwo gushirika ubute bagakora ubushakashatsi ku byo abandi bakora, kugira ngo babashe kwihangira imirimo igamije udushya.
Wibabara Fidele wo mu Murenge wa Muko, Akarere ka Musanze watahutse muri 2004 avuye mu mashyamba ya Kongo aho yari umurwanyi w’umutwe wa FDLR yiteje imbere abikesha ubumenyi ngo akomora ku bushake bwo gukora cyane.
Gakindi Emmanuel ukora akazi ko gusharija terefoni hafi y’inkambi ya Mugombwa mu Karere ka Gisagara akoresheje ibyuma bikoreshwa n’imirasire y’izuba, ku munsi ngo asharija terefoni zigera kuri 70, ngo bigatuma ashobora gutunga urugo no kwikemurira bimwe mu bibazo bikenera amafaranga.
Mu ruzinduko Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiriye mu karere ka Karongi, yasabye abaturage batuye muri aka karere kubyaza umusaruro amahirwe bafite bityo ngo iterambere ryihute mu karere ndetse no mu gihugu hose.
Nyuma y’igihe kinini aborozi bari bamaze batakamba basaba imihanda muri Gishwati,kuri ubu bagiye kubona igisubizo kuko mu uyu mwaka w’imihigo ugiye gutangira, iyi mihanda igiye gutangira gukorwa.
Abaturage mu byiciro bitandukanye bagaragarije Umukuru w’Igihugu ko impanuro ahora abagezaho zibasobanurira ibyiza byo kwigira no gukura amaboko mi mifuka zigenda zibateza imbere.
Bamwe mu bahabwa amafaranga y’inkunga y’ingoboka bo mu Karere ka Muhanga babashije kwizigamira babikesheje iyi nkunga ubundi bari bahawe ngo ibatunge baravuga ko biteje imbere nyuma yo guhitamo kuyibyaza umusaruro bibumbira mu matsinda yo korora cyangwa ubuhinzi bwa kijyambere aho kuyashyira mu gifu gusa.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame, arasaba abayobozi mu nzego zitandukanye kuzuza inshingano zabo, kugira ngo Igihugu kirusheho gutera imbere.
Umuryango nyafurika witwa New faces New voices, washinzwe na Mme Graca Machel wari Madamu wa nyakwigendera Nelson Mandela, uratangizwa mu Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki 10/6/2015 n’uwo muyobozi wawo ku rwego mpuzamahanga.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Kiyumba mu Karere ka Muhanga rwahawe amahugurwa n’umuryango JOC wita ku rubyiruko rw’abakristu mu Rwanda, ruravuga ko kuba hari abirirwa bicaye bategereje inkunga za leta mu kwihangira imirimo biteza idindira mu iterambere.
Kuva mu 2009 Leta y’u Rwanda yatangije gahunda yitwa Vision 2020 Umurenge (VUP). Iyi gahunda ifite intego yo kurandura ubukene bukabije mu Banyarwanda nk’uko bikubiye ntego za gahunda y’icyerekezo cya 2020 u Rwanda rwihaye.
Murekezi Zacharie w’imyaka 58 n’umugore we Mukankubito Rahabu w’imyaka 54 y’amavuko batuye mu Kagari ka Kibinja mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza, bahamya ko bamaze imyaka irenga 30 barokamwe n’ubukene kubera gushyira imbere amakimbirane yo mu muryango.
Mu myaka isaga 10, abatwara abagenzi ku magare muri Santeri ya Mugina mu Karere ka Kamonyi batangiye gukorera mu ishyirahamwe; batangaza ko iryo shyirahamwe ryabo ryaranzwe n’imicungure mibi y’umutungo bigatuma abanyamuryango batagera ku iterambere bari biteze.
Nkundimana Richard utuye mu mudugudu wa Kavumu, Akagali ka Kavumu, Umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza, aravuga ko abikesheje ubuhinzi bwa kijyambere bw’urutoki afite agiye kubaka inzu y’agaciro ka miliyoni 45 z’amafaranga y’u Rwanda.
Urubyiruko rwo mu karere ka Musanze rurakangurirwa kwibumbira mu mashyirahamwe no kwitabira kwizigamira mu bushobozi bwarwo, kugira ngo bagire icyo bageraho kandi n’ibigo by’imari bibagirire ikizere babashe kubona inguzanyo zo kwiteza imbere.
Mu ntara y’Amajyaruguru bahangayikishijwe n’umuhigo wa Biyogazi, kuko wagaragayemo imbogamizi ukaba ushobora kutazeshwa nk’uko wahizwe, Babitangaza mu gihe hasigaye igihe gito uturere tugatangira kumurikira abashinzwe kugenzura imihigo uko bagiye bayesa.
Abarobyi bakora umurimo wo kuroba mu biyaga bya Sake,Mugesera na Birira barasabwa kuroba ku bwinshi ifi zo mu bwoko bw’imamba kuko izifi zibangamiye umusaruro w’ifi za “Terapiya” zikunzwe cyane ku isoko zanatewe muri ibi biyaga.
Ubuyobozi bw’intara y’amajyepfo bwasuye ibikorwa by’abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyamagabe, mu rwego rwo kurushaho gusangira amakuru no kunoza imikoranire kugira ngo umuturage n’igihugu birusheho kugera ku iterambere.
Guverineri w’Uburasirazuba Uwamariya Odette arasaba abaturage bo mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza gukora cyane, “buri wese agakora neza ibyo akora kandi akabikora cyane kuko ari cyo cyerekezo Perezida Kagame afitiye Abanyarwanda.”
Bamwe mu baturage bakoze imirimo itandukanye yo kubaka igice cya mbere cy’isoko rya Kivuruga, barishimira ko haricyo byabafashije mu kwiteza imbere kuko amafaranga bakuyemo yabagiriye akamaro.
Abakorera muri gare ya Ngororero biganjemo abatwara abagenzi bavuga ko batishimiye uburyo ubuyobozi bw’akarere bubimura muri gare iyo gakeneye kuhakorera indi mirimo. Bavuga ko batungurwa n’uko polisi ibabuza gukoresha iyo gare kandi batategujwe mu gihe bayikodesha na nyirayo.
Akarere ka Gasabo n’umuryango Nyafurika w’Ivugabutumwa (AEE Rwanda) ku bufatanye na kaminuza yo muri Hong Kong yigisha iby’ikoranabuhanga (The Hong Kong Polytechnic University) byashyikirije ingo 45 zo mu Karere ka Gasabo umuriro ukomoka ku mirasire y’izuba, ku wa kane tariki ya 28 Gicurasi 2015.