Banki Nkuru y’igihugu iratangaza ko muri 2015, ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse kuri 7% mu gihe muri 2014 bwa kuri 6,1%.
Abakirisitu ba Paruwasi ya Musaza barishimira amateka bakoze yo kubakira abapadiri babo igorofa, rikaba ari na ryo rya kabiri mu Karere ka Kirehe kose.
Umuhanda Sashwara Kabatwa watumye abaturage b’Umurenge wa Kabatwa mu Karere ka Nyabihu babona ibicuruzwa bitabahenze kandi unongerera agaciro ibirayi bihera.
Abakuze batuye Umujyi wa Rwamagana baranenga ko usa n’usinziriye, bakavuga ko uheruka kugaragaza imbaraga z’iterambere ubwo wubakwaga n’Abarabu bakanahakorera ubucuruzi.
Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bagatuzwa mu murenge wa Ngera, mu karere ka Nyaruguru barataka ikibazo cy’imibereho mibi.
Uwayezu Gloriose w’imyaka 25 watinyutse akazi ko kubumba amatafari, avuga ko byamuteje imbere none ateganya kwirihira kaminuza mu mwaka utaha.
Uburyo bwo kugenda bugezweho bwatumye abatuye umurenge wa Mushubi mu karere ka Nyamagabe batakirara nzira bakabasha no guhahirana n’utundi turere.
Ministeri y’Imari n’Igenamigambi yatangaje kuri uyu wa 23 Nzeri 2015, ko igihugu cyagize umusaruro(GDP) wa miliyari 1,414Rwf mu gihembwe cya kabiri 2015.
Minisiteri y’Ibikorwa remezo yashyikirije abatuye i Masaka umuhanda wa kaburimbo yabubakiye, ibasaba kuwufata neza kuko ari bo uzagirira akamaro.
Umunyemari Saadi Zaidi ukomoka mu gihugu cya Arabia Saudite aratangaza ko agiye kuvugurura agace ka Mugandamure mu karere ka Nyanza.
Sebahinzi Fulgence w’imyaka 32, yishimira ko ku mwero umwe ashobora kwinjiza miliyoni zirenga 2 azikuye mi buhinzi bwa tungurusumu.
Abayobozi b’akarere, ab’imirenge n’ab’utugari mu karere ka Huye, barasabwa gukwitura abirirwa bicaye badakora kugira ngo babashishikarize umurimo wabateza imbere.
Imiryango 62 y’abatishoboye yimuwe ahazubakwa ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bugesera bahawe amazu bubakiwe agendanye n’igihe.
Perezida Kagame yemereye abaturage b’akarere ka Nyanza uruganda rw’amata ruzabasha kubasha gutunganya umusaruro w’amata wajyaga upfa ubusa.
Umuganda uhuza abaturage n’abayobozi buri kwezi ugira uruhare mu kunganira igihugu kwihutisha ibikorwa by’iterambere bibarirwa mu mamiliyari buri mwaka.
Abakozi ba Leta mu karere ka Ngororero, biyemeje gutanga 1% by’umushahara buri kwezi, agenewe gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund.
Abatuye i Matinza mu kagari ka Nkondo mu murenge wa Rwinkwavu, karere ka Kayonza barasaba ubuvugizi ngo babone amashanyarazi.
Mu mwaka utaha wa 2016, akarere ka Nyanza karatangira gukorera mu nyubako nshya y’igorofa ifite agaciro ka miliyoni 900 z’amafaranga y’u Rwanda.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda Francois Kanimba, arasaba Abanyarwanda gushishikarira gukunda ibintu bikorerwa mu gihugu kuruta gukunda ibituruka mu mahanga.
Abaturage bo mu murenge wa Kigarama barishimira umuhanda bujuje bakabona ko iterambere ribagezeho n’ubuzima bwabo bugiye kurushaho kugenda neza.
Bamwe mu bana bo mu murenge wa Rutare bakora ubukorikori bwo kubaza imitako n’imirimbo bavuga ko bimaze kubateza imbere.
Nyiraneza Cecile utuye mu karere ka Gisagara agira inama bagenzi be yo kutisuzugura kugira ngo nabo babshe kwivana mu bukene.
Abakobwa biga ubusudizi n’imyuga mu karere ka Kirehe, basaba bagenzi babo kutitinya bakiga imyuga yitirirwaga abahungu kuko nabo babishoboye.
Minisiteri y’Urubyiruko itangaza ko urubyiruko ruva kugororerwa Iwawa rugasubira gukoresha ibiyobyabwenge ari ikosa ry’uturere baturukamo tutubahiriza amasezerano twiyemeje yo kubakurikirana.
Abahinzi bo mu murenge wa Gashora baravuga bamaze kwiteza imbere babikesha ubuhinzi bw’imboga zitwa Amaranth zikurwamo ifu ivamo ibiribwa bitandukanye.
Banki y’Igihugu itangaza ko abanyamakuru bafite ubumenyi buke ku bukungu, bagabanyiriza ikizere no gutera urujijo abashoramari kubera amakuru batangaza atuzuye.
Abagore bo mukarere ka Rusizi bamaze kumenya gukoresha inguzanyo barakangurira bagenzi babo nabo gutinyuka kugana ibigo by’imari iciriritse bakaka inguzanyo.
Inama y’abafite ubumuga (NCPD), yiyemeje gukemura ubushomeri ku batabona, aho yatangiye igenera bamwe mudasobwa 27 zo kubafasha kwiyungura ubumenyi.
Abagenerwabikorwa ba VUP bo mu mirenge ya Mulinga na Rambura, bavuga ko bikuye mu bukene bitewe n’iyi gahunda yabateje imbere.
Urubyiruko rucuruza amafilimi n’indirimbo Nyarwanda baravuga ko ibura ry’umuriro rikabije ririkubagusha mu gihombo kuko barya aruko bakoze none ngo ntibagikora.