Abaturage barishimira umuhanda wa kilometer 8 uhuza umurenge wa Rurembo na Shyira wahanzwe ku bufatanye bw’ingabo z’igihugu mu bikorwa byitiriwe Army Week. Uyu muhanda uca mu tugari 3 ari two Murambi, Rwaza na Mwana ngo uzabafasha kwikura mu bwigunge.
Muri Nyakanga 2013 niho mu murenge wa Nyarubaka ho mu karere ka Kamonyi batashye umuyoboro w’amazi wari mu mihigo y’umwaka wa 2012/2013. Abaturage batangaza ko amazi yo muri uwo muyoboro bayavomye igihe gito, ubundi akagenda, ubu bakaba bamaze amezi arindwi batayabona.
U Rwanda rwishimiye impano yo guteza imbere ubushakashatsi rwahawe na Suwede, ingana na miliyoni zirenga 278 SEK (amafaranga y’icyo gihugu) ahwanye n’amanyarwanda miliyari 28, kuko ngo izagira uruhare rukomeye mu kugeza igihugu ku cyerekezo 2020 kizashingira ku baturage bafite ubumenyi.
Munyemana Grégoire, ukora akazi ko gucuruza ibirayi abitwara ku igare kuva mu murenge wa Gatare abijyana mu mujyi wa Nyamagabe, aratangaza ko n’ubwo ari akazi kavunanye ariko kamugejeje kuri byinshi mu buzima bwe bwa buri munsi.
Abaturage batuye mu kagari ka Kabeza n’aka Marumba mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, barishimira ko bo ubwabo barimo kwishakamo igisubizo cy’ikibazo cy’umuhanda uhuza utu tugari twombi wababuzaga guhahirana.
Paruwasi ya Crête Congo Nil yujuje inyubako y’amacumbi yahawe izina rya “Cana House” kikaba ari igikorwa cyakozwe na paruwasi ubwayo mu rwego rwo kwiteza imbere muri gahunda yo kwigira no kwibeshaho, ndetse no kunganira abagenda mu karere ka Rutsiro rimwe na rimwe baburaga aho gucumbika.
Ubwo tariki 15/07/2014 abaturage b’umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza bamurikaga bimwe mu bikorwa byagezweho mu myaka 20 ishize u Rwanda rwibohoye babyishimiye batangaza ko ibyo byose babikesha umukuru w’igihugu Paul Kagame ngo niyo mpamvu nta muntu n’umwe bazaha urwaho rwo kubisenya.
Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Manyagiro bashima Perezida Kagame wabagabiye inka muri gahunda ya Girinka ariko ngo baziburiye ubwatsi kuko bafite ubutaka buto cyane.
Bamwe mu bakobwa bafashwa n’umushinga AGI (Adolescent Girls Initiatives) bakomoka mu karere ka Rulindo barashima ubumenyi bahabwa n’uyu mushinga ku bijyanye n’imyuga ariko ngo baracyafite ibibazo by’uko barangiza kwiga ntibabone akazi bityo ngo ugasanga ubumenyi bahawe nta cyo bubamarira.
Kuva kuri uyu wa mbere tariki 14-16/07/2014, itsinda risuzuma uko imihigo y’umwaka wa 2013-2014 yashyizwe mu bikorwa riri mu karere ka Nyamagabe rigamije kureba uko aka karere kashyize mu bikorwa imihigo kasinyanye n’umukuru w’igihugu.
Uretse kwikururira ubukene n’amakimbirane ya hato na hato ngo nta cyiza kiri mu gushaka abagore benshi; nk’uko byemezwa n’abaturage b’umurenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare batunze umugore urenze umwe kimwe n’abagore baharitswe.
Biteganyijwe ko imirimo ya mbere yo kubaka urugomero rwa Nyabarongo ya mbere rwubatse ku mugezi wa Nyabarongo mu murenge wa Mushishiro, hagati y’akarere ka Muhangana mu ntara y’Amajyepfo na Ngororero mu Burengerazuba ishobora kurangirana n’uku kwezi kwa Karindwi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza buvuga ko mu mishinga ako karere kazakora mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2014/2015 harimo kuvugurura amasoko ashaje no kubaka andi mashya muri gahunda yo kwagura ahazajya haturuka imisoro yinjira muri ako karere.
Abaturage bo mu karere ka Gatsibo bafite impungenge ko bashobora kuzahura n’ikiza cy’inzara kubera izuba ryatse cyane muri ibi bihe imyaka ikarumba, ubuyobozi bw’aka karere ariko bwo buvuga ko nta byacitse yagaragara muri aka karere bitewe n’izuba.
Abaturage bo mu Murenge wa Gataraga ho mu Karere ka Musanze bafite ikibazo cy’amazi, barasaba ubuyobozi kubagoboka bakabona amazi meza kuko bakoresha ibiroha bavoma muri parike y’Ibirunga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu, Amazi, Isuku n’Isukura (EWSA) kiratangaza ko mu mpera z’ukwezi kwa Kanama uyu mwaka wa 2014, mu karere ka Rwamagana haba huzuye uruganda rw’amashanyarazi y’izuba ruzashobora gutanga ingufu zigera kuri Megawatt 8.5.
Inama nkuru y’Urugaga rw’Abikorera (PSF) mu Ntara y’Iburasirazuba, yateranye tariki ya 8/07/2014 mu karere ka Rwamagana, yasabye ko abikorera barushaho kuba inkingi ikomeye mu kubaka iterambere u Rwanda rwifuza kugeraho, bibahereyeho ubwabo.
Umugezi wa Nyabuvomo utandukanya akagari ka Kabagesera ko mu murenge wa Runda n’aka Murehe ko mu murenge wa Rukoma. Abaturage b’utwo tugari bamaze igihe kirekire bagorwa no kwambuka uwo mugezi kuko nta kiraro cyariho.
Kuri iyi sabukuru y’imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye, abaturage b’akarere ka Ngororero barivuga ibigwi by’intambwe bamaze gutera mu bukungu, aho bavuga ko kwibohora bizamura mu bukungu ari inyiturano nziza ku barwaniriye igihugu ndetse bamwe bakahasiga ubuzima abandi bakahamugarira.
Amashami y’umuryango w’abibumbye (UN) akorera mu Rwanda, yahaye Leta inkunga ya miliyoni 28 z’amadolari ya Amerika ni ukuvuga asaga miliyari 19 z’amafaranga y’u Rwanda yo gutanga ubumenyi bwashoboza urubyiruko n’abagore kwihangira imishinga cyangwa guteza imbere iyo bafite.
Bamwe mu bacukuzi b’amabuye y’agaciro bakorera muri koperative KOMIKAGI mu karere ka Gakenke barishimira ko uburyo bacukuramo amabuye y’agaciro bimaze kubateza imbere bitandukanye na mbere ubwo bucukuzi bwakorwaga mu buryo bw’akajagari hakaboneka umusaruro udashimishije.
Mukabarinda Marie Paul, umugore wo mu karere ka Nyamagabe, aratangaza ko nyuma y’uko u Rwanda rubohowe abagore bagahabwa ijambo byamuhaye urubuga rwo gukora akiteza imbere, akaba amaze kugera ku ntera ishimishije atari kugeraho iyo rutabohorwa.
Mu birori byo kwizihiza ku nshuro ya 20 umunsi wo kwibohoza byabereye mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera, umuyobozi w’akarere Rwagaju Louis yasabye abaturage gushyira imbaraga mu gukorera hamwe, kugira ngo bagere ku iterambere rirambye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buratangaza ko bwihaye gahunda ko umwaka wa 2018 uzasanga nta muturage wo muri ako karere uzaba agikennye ku buryo yaba agikeneye kwishyurirwa iby’ibanze nkenerwa kugira ngo ashobore kubaho.
Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 Abanyarwanda bibohoye ubutegetsi bwababibyemo amacakubiri, agasozwa na Jenoside yakorewe Abatutsi, Abashigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Kamonyi baratangaza ko Leta y’Ubumwe iyobowe na FPR Inkotanyi yababohoye ku kunenwa bakorerwaga n’ibindi byiciro by’Abanyarwanda.
Inkeragutabara 20 zirishimira ko zijihije umunsi wo kwiboro ku nshuro ya 20 zifite icyo zimaze kwigezaho mu rwego rw’iterambere. Ibi zabitangaje tariki ya 03/04/2014, ubwo zari zimaze kuremerwa inka na Koperative y’Inkeragutabara “Imbere Heza” ikorera mu karere ka Ruhango.
Ntirumenyerwa Yozefu uzwi ku izina rya Rwamahina arashimira umuturage witwa Nsengimana Pascal wamugiriye impuhwe nyuma yo kubona uburyo yari abayeho mu bukene, akamwubakira inzu akayimuha ku buntu hamwe n’ubutaka buyikikije.
Abaturage batuye mu duce twa Bigogwe twegereye ibirunga nka Basumba, Kabatezi, Vuga n’utundi barizezwa ko ibibazo byo kutagira umuriro, imihanda ndetse n’amazi ahagije bafite bigiye gukemuka vuba.
Mu muganda ngarukakwezi wo kuwa 29 Kamena wabereye mu kagari ka Mubuga mu murenge wa Muhororo, Minisitiri Mitari Protais yifatanyije n’abaturage mu guhanga umuhanda uzareshya na kilometero14 hakaba hamaze gukorwa izigera ku munani.
Ku wa kabiri tariki 01/07/2014, mu Kinigi, mu karere ka Musanze, ku nshuro ya 10, habereye umuhango wo “Kwita Izina” abana b’ingagi; uyu mwaka hakaba hariswe abana 18.