Abatwara abagenzi bo mu isantere ya Mukoto iherereye mu murenge wa Bushoki, ho mu karere ka Rulindo barasaba ubuyobozi ko bwabashakira aho bubashyirira inzu y’abagenzi bazajya bategeramo, ngo kuko usanga kuba aba bagenzi bahagarara mu muhanda, bishobora guteza impanuka z’ibinyabiziga bihanyura ari byinshi.
Mu karere ka Rusizi hateraniye inama yiga ku kuvugurura imiturire hagurwa imigi imwe n’imwe hirya no hino mu igihugu muri gahunda yo kugabanya abucucuke mu mugi wa Kigali ndetse bikazanafasha kuzamura iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage bahaturiye.
Hashize igihe kitari gito hagaragara isuku nke mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kabarondo mu karere ka Kayonza, cyane cyane mu gice cyo ku isoko n’imbere y’amwe mu maduka yo muri uwo mujyi. Hamwe mu hakunze kugaragara umwanda ni inyuma y’ibagiro riri hafi ya gare ya Kabarondo, hakunze kugaragara ibirundo by’imyanda yavanywe (…)
Rumwe mu rubyiruko rw’abakobwa rukora umuhanda w’ibitaka ugana ku kiyaga cya Burera, mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, ruvuga ko nubwo ako kazi bakora gasaba ingufu nyinshi, bagakora bishimye kuko kabaha amafaranga akabarinda kwiyandarika kandi bakayaguramo ibyo bakeneye byose.
Ujeneza Germaine ni umubyeyi ukiri muto utuye mu Kagali ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza ho mu Karere ka Musanze ariko atandukanye n’abandi kubera ubuhanga bwe mu bukorikori. Akora imitako n’ibikoresho bitandukanye mu bibabi by’imigori, impapuro n’ ibirere ngo akinjiza ibihumbi 200 ku kwezi.
Itsinda ry’intumwa z’abayobozi b’amakomini muri Benin riri mu rugendoshuri mu Karere ka Karongi, aho ryaje kwigira imiyoborere myiza ku Rwanda by’umwihariko aho u Rwanda rugeze rwiyubaka muri iyi myaka 20 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’uruhare rw’abaturage muri gahunda za leta.
Abanyarwanda bavuye muri Tanzaniya batujwe mu karere ka Gicumbi bakomeje gushimira Leta y’u Rwanda ko ibafasha kubona aho gutura ndetse ikanaboroza mu rwego rwo kubafasha kwifasha no kugira imibereho myiza bakuye kuri izo nka bahawe.
Umushinga w’itegeko rishya rigenga imicungire y’umutungo w’abashyingiranwe, impano n’izungura urateganya impinduka mu mitangire y’umunani zirimo ko bitazaba bikiri itegeko ku mubyeyi ngo ahe umwana we umunani.
Mu gihe byari biteganyijwe ko mu mwaka wa 2015, abaturage nibura 92% hose mu gihugu bazaba bafite amazi meza, mu Ntara y’Uburengerazuba imibare iragaragaza ko abaturage bafite amazi meza babarirwa ku kigero cya 74%, bivuze ko hakibura 18% kugira ngo buzuze ijanisha igihugu kiyemeje kugeraho mu mwaka 2015.
Imiryango 35 y’Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania bagatuzwa mu karere ka Ngoma mu murenge wa Rukumberi, yahawe inkunga z’ibikoresho by’isuku n’imyenda n’intumwa z’ishami rya l’ONU rishinzwe kwita kubagore (UN women) ubwo zabasuraga.
Uturere turindwi tugize intara y’Uburengerazuba twishyize hamwe dukora sosiyete y’ishoramari izwi ku izina rya WESPIC LTD (Western Province Investment Corporation ) igamije kugira ngo utwo turere tujye duhuza imbaraga z’amafaranga n’ibitekerezo,bagire igikorwa kimwe bakora mu karere kamwe gishobora kwihutisha iterambere, (…)
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rulindo baravuga ko kuba abaturage badatanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (mituweri) ngo ahanini biterwa n’ubukene kuri bamwe kuko bamwe mu bayobozi b’imidugudu usanga bashyira abantu mu byiciro batarimo.
Nyuma yo kwiga imyuga ariko bakabura ubushobozi bwo kugura ibikoresho kugira ngo batangire bakore biteze imbere, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yakemuye icyo kibazo ishyikiriza urubyiruko 197 rwo mu karere ka Rutsiro ibikoresho by’imyuga bitandukanye byifashishwa mu budozi, ububaji, kogosha no gusudira.
Mu kiganiro yagiranye na KTRadio tariki ya 09/04/2014, Sekamondo Francois, umukozi muri ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) yagaragaje aho u Rwanda rugeze rwiyubaka kandi rwibohora mu rwego rw’ubukungu nyuma y’imyaka 20 ishize habaye Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abimukira ngo bakomeje kudindiza iterambere ry’akarere ka Nyagatare kuko nta genamigambi baba bakorewe. Ibi byagarutsweho mu biganiro ku mibereho y’abaturage yahuje ubuyobozi bw’aka karere n’abadepite bagize komisiyo y’imibereho myiza mu nteko inshingamategeko.
Abakozi ba banki ya Ecobank mu Ntara y’Uburengerazuba n’iy’Amajyaruguru basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero ruherereye mu Karere ka Karongi maze banagabira inka eshanu zifite agaciro ka miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda abacitse ku icumu rya Jenoside aho mu Bisesero batishoboye mu rwego rwo kubasha kwibuka biyubaka.
Ubwo yatangaga ikiganiro mu murenge wa Save ho mu karere ka Gisagara kuwa kane tariki 10/04/2014, umuyobozi w’intara y’amajyepfo Alphonse Munyantwali, yasobanuye ko ibyo igihugu cy’u Rwanda cyagezeho muri iyi myaka 20 ishize Jenoside yakorewe abatutsi ibaye ni byinshi ndetse abaturage bakaba barabigizemo uruhare runini.
Mu kagari ka Kabagesera, mu murenge wa Runda ho mu karere ka Kamonyi ngo hari imitungo yasahuwe muri Jenoside itarishyurwa. Uku kutishyura ngo guterwa n’abagifite imitima yinangiye ariko na bo ntibibaha amahoro mu mitima.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko kuba hari imanza z’imitungo zaciwe n’inkiko Gacaca zitararangizwa ahanini bituruka ku kuba hari abangije imitungo muri Jenoside yakorewe Abatutsi badafite ubushobozi bwo kwishyura.
Bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside mu murenge wa Kabarondo bubakiwe Jenoside ikirangira amazu ya bo yarangiritse bikomeye ku buryo hari n’aho bishobora kuzasaba ko bongera kubakirwa bundi bushya.
Bamwe mu bacitse ku icumu bo mu karere ka Rulindo kuri ubu ngo baracyugarijwe n’ibibazo bitadukanye birimo ibijyanye no kwivuza n’iby’ubukene, ibi ngo bikaba bibongerera agahinda ku buryo bukabije no kurushaho kwigunga.
Ubwo abaturage bo mu Murenge wa Ngoma ho mu Karere ka Huye batangiraga icyumweru cy’icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi, hashimwe intambwe imaze guterwa mu gufasha abarokotse Jenoside kwiyubaka, ariko n’abatarishyura imitungo bangije muri Jenoside basabwe kwihutira kubirangiza mu rwego rwo (…)
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi butangaza ko gufasha abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi ari inshingano za Leta atari ukubagirira impuhwe nk’uko bamwe babyibwira.
Abatuye n’abakorera ibikorwa bitandukanye mu ducentre dukikije inkambi y’impunzi z’abanyekongo iherereye mu murenge wa Mugombwa mu karere ka Gisagara bavuga ko aho izi mpunzi zihaziye babona hari impinduka nyinshi kuko hari ibikorwa bitahabaga ubu bihaboneka.
Abaturage mu murenge wa Bushekeri bamaze iminsi bahangayikishijwe n’ahantu hacukurwa amabuye Abashinwa bifashisha mu gukora umuhanda uva i Rusizi ugana i Karongi kuko bibasenyera amazu bikabateza n’izindi mpanuka.
Kuri uyu wa Kane taliki 03/04/2014, Banki y’Isi yashyikirije u Rwanda inkunga ingana na miliyoni mirongo itandatu z’amadorari ya Amerika (US $60M), hafi miliyari 42 z’amafaranga y’u Rwanda, azafasha mukubaka imihanda no kuvugurura ubuhinzi mu turere 4 tw’igihugu.
Ubwo yitabiraga umuhango wo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri 9 bize ubudozi mu karere ka Rusizi ku nkunga y’umuryango Rwanda Aid, Ambasaderi William Gelling uhagarariye Ubwongereza mu Rwanda yavuze ko igihugu cy’ubwongereza cyishimira uburyo inkunga giha u Rwanda icungwa neza ikagera ku cyo yagenewe.
Leta y’u Bushinwa ibinyujije muri ambasade yayo yateye u Rwanda inkunga ya miliyari 5,4 z’amafaranga y’u Rwanda. Amafaranga azakoreshwa mu kongera ubukungu no mu kugabanya ubukene.
Ubwo ubuyobozi bw’umuryango wa RPF-Inkotanyi mu karere ka Rubavu bwamurikaga ibyo bagejeje ku baturage mu mwaka wa 2013, hagaragaye uwasigajwe inyuma n’amateka umaze kugera ku rwego rushimishije abikesha RPF-Inkotanyi.
Ikigega mpuzamahanga cy’imari (IMF) gisaba ko u Rwanda rushingira ubukungu ku bikorera no kongera ibyoherezwa mu mahanga; kikaba cyiyemeje kongerera ubushobozi abakozi kugirango intego yo kugabanya ubukana bwo gushingira ku nkunga z’amahanga igerweho.