Mu mudugudu wa Rubindi mu Ngororero mu mezi 5, imiryango 83 yari yaranze kuva mu manegeka yivanyeyo ikurikiye imirasire y’izuba yahazanywe na polisi y’Igihugu.
Lambert Nkundumukiza yatangiye korora ingurube no guhinga urutoki muri 2015 ahereye ku bihumbi 200RWf ariko ubu amaze kugera ku gishoro cya Miliyoni 14RWf.
Abanyeshuri bo mu kigo cy’amashuri cya Ruhehe kiri mu Karere ka Musanze ntibazongera kwiga bacucitse mu ishuri kuko bubakiwe ibyumba by’amashuri bishya.
Abashigajwe inyuma n’amateka bo mu Karere ka Gasabo bafite impungenge z’uko bashobora kuzajyanwa kure y’umujyi, nyuma yo kubwirwa ko igishanga bakoreragamo bazakimurwamo.
Ngabo Faraji wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo akorera agera ku bihumbi 600Frw buri kwezi abekesha kwita ku mbwa.
Urwego ngenzuramikorere (RURA), ruramenyesha abantu bose ko guhera kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Ugushyingo 2017, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli gihinduka.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda (MINICOM) itangaza ko kuba u Rwanda rwarasinye amasezerano y’Ibihugu bigize umuryango mpuzamahanga w’ubucuruzi (ITO), bizagabanya igiciro abatumiza ibintu hanze batangaga.
Umuhanda mushya uturuka mu Mujyi ugana Nyabugogo umaze igihe gito ubaye nyabagendwa n’ubwo igice cyawo cyo kuva ahazwi nko kuri Yamaha kugera Nyabugogo kitararangira neza.
Abayobozi n’abakozi b’Akarere ka Nyamasheke ntibazongera gukorera mu nzu zishaje babyigana kuko batashye inyubako nshya bazajya bakoreramo.
KCB Bank Rwanda yatangije uburyo bw’ikoranabuhanga yise “MobiLoan” bufasha abakiriya bayo kwiguriza amafaranga ari hagati ya 500Fr na 500,000 frw, bifashishije Telefoni zigendanwa.
Bamwe mu bakurikiranira hafi ibijyanye no kwihangira umurimo mu rubyiruko bemeza ko kutamenya indimi z’ahandi neza no kutagira amakuru biri mu bibadindiza kugera kure.
Banki y’isi yashyize u Rwanda ku mwanya wa 41 ku rutonde rw’ibihugu byoroshya ishoramari, ruvuye ku mwanya wa 56 rwariho umwaka ushize.
Abayobozi bashya ba Banki y’Abaturage y’u Rwanda barizeza abakiriya babo ko bagiye kurushaho kuzamura urwego rw’ikoranabuhanga muri iyo banki.
Abamotari bakorera hirya no hino mu gihugu, baravuga ko batangiye guca ukubiri na moto z’abandi, kuko ubu batangiye gutunga izabo babikesha ishyirahamwe bishyiriyeho “Twigire Motari”.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) gitangaza ko icyiciro cya gatatu cy’ahahariwe inganda (SEZ) kizaba kihariye kuko kizubakwamo ibikorwa byo kunganira ibyiciro bibiri bya mbere.
Abafite amafaranga muri Cogebanque biyongereye ku babitsa mu zindi banki icumi mu Rwanda, bagiye kujya bagendana amafaranga yabo muri telefoni igihe bazaba bari ku murongo wa MTN.
Kalisa Parfait wo mu Karere ka Bugesera yiyemeje kurengera ibidukikije afata amapine ashaje y’imodoka akayakoramo intebe zo kwicaraho mu ruganiriro.
Amahoteli atatu yonyine mu Rwanda niyo yashyizwe ku rwego rw’inyenyeri eshanu bigaragaza ko ayo mahoteli ari ku rwego mpuzamahanga ruhanitse mu by’amahoteli.
Mu myaka iri imbere abatuye mu Ntara y’Amajyaruguru ntibazongera kugira ikibazo cya sima kuko muri ako gace hagiye kubakwa uruganda ruyikora.
Abacuruzi b’ibiribwa baravuga ko kuzamuka kw’ibiciro bishobora kuba bifitanye isano no gukendera kwabyo, kuko batakirangura nk’uko baranguraga mu myaka yatambutse.
Sosiyete Nakumatt Holdings ifite amasoko ya kijyambere muri Kigali yatangaje ko igiye kwagura ibikorwa byayo, mu gihe ahandi yakoreraga mu karere yatangiye gufunga.
Abahoze bacururiza mu mihanda bazwi ku izina ry’abazunguzayi bagasiye bakorera mu masoko bubakiwe muri Nyarugenge bifuza kongererwa igishoro kugira ngo bakore bakunguka ntibazongere gusubira mu muhanda.
Bamwe mu bakora ubucuruzi buciriritse mu Ntara y’Amajyaruguru bavuga ko batizigama, kuko batizera ko ibigo by’imari byabaguriza kubera ubuke bw’amafaranga bakorera.
Hari kubakwa ikigo kizajya gitanga serivisi nk’izitangirwa ku cyambu aho ibyinjizwa mu gihugu binyuze mu nyanja ari ho bizajya bihita byohoherezwa nta handi bihagaze.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA) cyahawe intego yo kuzinjiza imisoro ingana na miliyari 1215 Frw mu isanduku ya Leta, ndetse no kuzinjiriza uturere imisoro isaga miliyari 51.5 Frw.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubwikorezi (RTDA) gitangaza ko umuhanda Kayonza-Rusumo uzaba wuzuye mu myaka ibiri, ukazaba wagutse ku buryo uzorohereza abawucamo.
Ingabo z’igihugu zatangiye koroza abagore bo mu Ntara y’Iburasirazuba, aho muri buri Karere hari gutangwa ihene 10 ku bagore icumi batishoboye.
Umupaka mushya wa Kagitumba - Mirama uhuza u Rwanda na Uganda uzajya ukora iminsi yose kandi amasaha 24 wakira abantu.
Umupaka wa Rusumo watangiye gukora amasaha yose n’iminsi yose y’icyumweru (24/7) kugira ngo horoshywe urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) igiye kumara icyumweru iganira n’abakiriya bayo hagamijwe kubaha serivisi nziza no kubaka icyizere.