Ibikenewe byose byamaze gukusanywa kugira ngo uruganda rw’Abadage rwa Volkswagen (VW) rutangire gukorera imodoka mu Rwanda, zizaba zagiye ku isoko muri Gicurasi 2018.
Bamwe mu bitabiriye ubukangurambaga bwa Banki y’Abaturage bwiswe "Hirwa ugwize na BPR", begukanye igihembo cya miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda buri umwe umwe.
Abahinzi b’icyayi bo mu Mirenge ya Kanjongo, Karambi, na Macuba mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko uruganda rw’icyayi bubakiwe ruzabakiza igihombo batewe no kutarugira.
Abacururizaga mu nzu z’ahitwa Kiruhura mu kagari ka Nyabugogo mu murenge wa Kigali barataka igihombo batewe n’ifungwa ry’aho bacururizaga bakifuza gukomorerwa.
Igikomangoma Sheikh Abdul Aziz Al Nuaimi uturuka muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu ari mu Rwanda aho yaje kureba ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije yashoramo imari.
Nicolas Sarkozy wigeze kuyobora u Bufaransa, yazanye abashoramari b’iwabo kureba amahirwe ari mu Rwanda.
Bitarenze ukwezi kwa Gatanu 2018, kompanyi Nyarwanda y’Indege Rwandair izaba yatangiye gukora ingendo zijya mu Mujyi wa Guangzhou mu Bushinwa.
Guhera muri Werurwe 2020, Megawate 80 z’amashanyarazi akomoka kuri nyiramugengeri zizatangira kubonera maze byongere umubare w’Abanyarwanda bakoresha amashanyarazi.
Urwego ngenzuramikorere (RURA), ruramenyesha abantu bose ko guhera kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Mutarama 2018, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyongeye kuzamuka.
Muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami ryigisha ubumenyi n’ikoranabuhanga (CST), hari kubakwa amashuri afite ishusho y’ibirunga yubakishijwe amakoro n’ibindi bikoresho bikorerwa mu Rwanda.
Abaturage bo mu Murenge wa Butare mu Karere ka Rusizi, baravuga ko bagenda ibirometero bisaga birindwi bagana aho bategera imodoka kuko umuhanda w’abahuzaga n’utundi turere wangiritse cyane imodoka zitakibasha kuhagera.
Abaturage bo mu Murenge wa Butare mu Karere ka Rusizi barifuza ko bakwegerezwa ibigo by’imari kuko bagorwa no kugera ku murenge Sacco.
Abamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali bagereranya amande bacibwa iyo bagejeje umugenzi aho agiye nk’urugomo bakorerwa kuko bumva nta makosa baba bakoze.
Nyuma y’iminsi mikuru ya Noheli n’ubunani, abaguzi b’ibiribwa baravuga ko ibiciro byazamutse mu gihe abacuruzi bo barira ko babuze abakiriya.
Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda ( MINICOM) yatangaje ibihano by’amakosa agaragara mu bucuruzi bw’ibirayi bwo mu mujyi wa Kigali no mu zindi ntara.
Nikubwayo Yves na bagenzi be mu gihe kiri imbere baraba binjiza amamiriyoni babikesha uruganda rukora amavuta n’umutobe batangije.
Munyakayanza Donasiyani watomboye imodoka ya miliyoni 38Frw muri tombora ya Banki ya Kigali yiswe ‘Bigereho na BK’ ngo igiye kumufasha mu bucuruzi bwe.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge (RSB) cyahawe icyemezo mpuzamahanga cy’uko gishobora gutanga ikirango cy’Ubuziranenge ku biribwa byoherezwa mu mahanga.
Ikigo cy’igihugu giteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA) cyasinyanye amasezerano y’inkunga n’uruganda HEMA Garments, azatuma ruhugura abantu 500 bazarukorera.
Ministeri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ivuga ko yaciye abamamyi mu bucuruzi bw’ibirayi, mu rwego rwo kurenganura abahinzi no kugabanya izamuka ry’ibiciro byabyo.
Polisi y’u Rwanda yerekanye ibicuruzwa bitujujwe ubuziranenge n’ibyarengeje igihe bifite agaciro ka miriyoni 33 byafashwe mu gihe cy’iminsi ibiri gusa.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) itangaza ko mu mpera za 2017 no mu ntangiriro za 2018 ibiciro by’ibiribwa bitazigera bizamuka kuko ubukungu bw’u Rwanda bwifashe neza.
Umwaka wa 2017 urangiye ubukungu bw’u Rwanda buri ku kigero cya 5.2%, bitewe ahanini n’amapfa yabaye mu mwaka wa 2016 na nkongwa yibasiye ibigori, bigatuma umusaruro ugabanuka.
Mu minsi mikuru mu Rwanda no ku isi hose niho abantu bafata umwanya wo kwishima no kwishimana n’ababo babaha impano. Usanga urujya n’uruza mu masoko bamwe bahaha abandi basurana n’inshuti zabo.
Mu rwego rwo kongera umubare w’abapilote b’Abanyarwanda, mu Rwanda hagiye gutangira ishuri ryigisha gutwara indege nini kuburyo mu myaka itanu hazaba habonetse abapilote 200.
Perezida Paul Kagame avuga ko kuba ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika bukigoranye, biri mu bikomeje kudindiza uyu mugabane kugira ngo ugere ku iterambere rirambye.
Abageze mu zabukuru bo mu Karere ka Rwamagana bavuga ko inkunga y’ingoboka y’abageze mu zabuku bahabwa yabafashije kugira amasaziro meza.
Abagenzi batega moto mu mugi wa Kigali baravuga ko uburyo bwa “Yego Moto” ari bwiza ariko bukirimo ibibazo mu myishyurire.
Abagize koperative ‘Urukundo’ bacururiza mu gikari cya Haji Enterprise i Mugandamure mu karere ka Nyanza bemeza ko iterambere bagezeho barikesha Haji wabakuye mu muhanda.
Rwiyemezamirimo Jaures Habineza utuye muri Canada asaba urubyiruko kureba kure, agahamya ko ari byo byamuhaye amahirwe yo kwihangira umurimo uzamubeshaho mu minsi iri imbere.