Abaturage bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga bagaruye icyizere cy’iterambere kubera ibikorwaremezo nyuma y’igihe bugarijwe n’ubwigunge.
Perezida Paul Kagame yatinyuye abatuye Intara y’Iburasirazuba ko EPIC Hotel ari bo yashyiriweho, abasaba kuyigana bakayiteza imbere.
Perezida Paul Kagame arafungura ku mugaragaro EPIC Hotel, ari na yo hoteli y’inyenyeri enye igeze bwa mbere mu Karere ka Nyagatare.
Anita Dusabemariya ukomoka mu Murenge wa Gishamvu muri Huye, yatwaye inda afite imyaka 17, iwabo baramwirukana, ariko nyuma y’ubuzima bushaririye niwe utunze umuryango.
Uruganda nyarwanda rukora sima rutangaza ko rufite gahunda yo kuba u rwa mberre abantu betekereza nibajya gukora ibikorwa byo kubaka, kandi rukizeza ko ruzabanza gushyira ingufu mu isoko ry’u Rwanda.
Ikigo Kountable cy’Abanyamerika gikorera mu bihugu bitandukanye birimo n’u Rwanda, kivuga ko cyifuza guha amafaranga abatsindiye amasoko ya Leta kitabasabye ingwate.
Umuyobozi w’Urugaga nyarwanda rw’abikorera (PSF), Robert Bapfakurera arizeza kuzubaka ahazajya habera imurikagurisha mpuzamahanga bitarenze mu 2020.
Robert Bapfakurera niwe watorewe kuyobora Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), akaba asimbuye kuri uyu mwanya Benjamin Gasamagera waruyoboraga kuva mu 2013.
Umuyobozi Mukuru wa Cogebanque, Cherno Gaye, yabwiye abakobwa bahatanira ikamba rya Miss Rwanda ko nubwo itanga igihembo gikuru kuwaryegukanye, n’undi mu bakobwa 20 ufite umushinga mwiza uzamuteza imbere ugateza imbere n’igihugu Cogebanque izamushyigikira akabasha kuwushyira mu bikorwa.
Umuhire Catheline wo mu Karere ka Musanze yatangiye umwuga wo gucura ibyuma akabibyazamo za “bande feri” zituma imodoka ifata feri.
Urugaga rw’Abikorera mu Karere ka Muhanga PSF rwiyemeje guhangana n’imyumvire y’abikorera badindiza iterambere ry’akarere.
Bitarenze tariki 16 Gicurasi 2018, Rwandair iratangiza ingendo nshya zerekeza mu Murwa mukuru wa Zimbabwe, Harare igakomereza i Cape Town muri Afurika y’Epfo.
Kompanyi Nyarwanda y’ingedo zo mu kirere, RwandAir, yatangiye kwegeranya amakuru agamije kuyifasha kumenya uko yakwinjira ku isoko rya Isiraheli.
Uruganda rukora ibiribwa rwa African Improved Food (AIF) rwashyize ku isoko ifu y’igikoma yagenewe umuryango rwise “Nootri Family.”
Hamza Ihirwe yakuze yifuza kuziga ibijyanye n’ubugeni kandi akanabikomeza, ariko ntibyamuhiriye kuko ahagana mu 2000 yisanze mu mashuri makuru yiga imibare n’ubutabire.
Mu gihe ikigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro Rwanda Revenue Authority, cyari cyihaye intego yo kwinjiza amafaranga asaga miriyari 572 mu mezi atandatu ashize, cyamaze kwinjiza asaga miriyari 582.
U Rwanda n’u Bushinwa byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu kwagura ishuri rya Musanze Polytechnic , no gutunganya amariba 200 azageza amazi meza ku baturage bo mu turere 11 mu Rwanda.
Icyizere cyo kubona amavuta atwara imodoka akomoka ku bimera yakorewe mu Rwanda cyarangiye, nyuma y’uko umushinga wa Biodiesel wafunzwe burundu.
Ingamba zo gufungura ikirere cya Afurika kuri kompanyi z’indege Nyafurika zije ari inkuru nziza kuri Rwandair, yari isanganywe intego yo kwigarurira isoko rya Afurika.
Minisitiri w’ubucuruzi Vincent Munyeshyaka yahumurije abatuye Akarere ka Rubavu bahangayikishijwe n’ibura ry’isoko ry’ibirayi bikaborera mu mirima.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) yashyizeho uburyo bwo guhererekanya amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga rya telefoni na internet, bizarinda abantu kongera guhererekanya amafaranga mu ntoki cyangwa gukora umurongo kuri banki.
Uruganda rwa Siemens rurifuza gushora imari mu iyubakwa ry’umuhanda wa Gari ya moshi Isaka-Kigali
Uruganda ’Enviroserve’ rutunganya ibyuma by’ikoranabuhanga rubikura mu bisigazwa by’ibindi nkabyo, rwahaye u Rwanda amadolari miliyoni 2.6$ y’ubukode bw’uruganda rugiye gukoreramo mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’Ikigega Agaciro bwatangaje ko kugera ubu amafaranga amaze kugera muri iki kigega ari miliyari 47 Frw. 70% yayo ngo yagurijwe amabanki arimo kungukira iki kigega.
Ibigo by’ubwishingizi byahisemo kuzamura ibiciro by’ubwishingizi bw’ibinyabiziga kuva kuri 40% kugera kuri 60% aho kuba 73% nk’uko byari byatangajwe tariki 01/1/2018.
Abagize urwego rw’abacungagereza (RCS) nabo bahawe uburenganzira bwo kujya bahahira mu isoko ryashyiriweho ingabo z’igihugu, nyuma yo kugaragaza ko byabafasha kugira ubuzima bwiza.
Abayobozi 38 b’ibigo bikomeye ku isi batangaje ko bafite gahunda yo kuzana ishoramari mu Rwanda kuko hari amahirwe menshi atarabyazwa umusaruro.
Banki nkuru y’u Rwanda (BNR) ivuga ko mu mwaka umwe gusa abajura Miliyoni umunani bagerageje kwiba amabanki yo mu Rwanda bifashishije ikoranabuhanga.
Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi( MINAGRI) yavuze ko bidatinze iza gufungira ababazi b’inyama batubahiriza amabwiriza yashyizeho.
Ibikenewe byose byamaze gukusanywa kugira ngo uruganda rw’Abadage rwa Volkswagen (VW) rutangire gukorera imodoka mu Rwanda, zizaba zagiye ku isoko muri Gicurasi 2018.