Ibihugu bitatu, u Rwanda, Kenya na Uganda, byishize hamwe bigashyiraho visa imwe y’ubukerarugendo muri ibi bihugu, byizeye ko izazamura ubukungu muri byo no kubimenyekanisha ku rwego mpuzamahanga.
Umuyobozi w’akarere ka Musanze, aravuga ko kuba inkoni y’umwamikazi w’Ubwongereza Elisabeth II yanyujijwe mu buvumo bwa Musanze, ari indi ntambwe akarere ayoboye gateye mu bukerarugendo, kuko bizatuma ubu buvumo burushaho kumenyekana.
Bisabwe n’umuyobozi w’akarere ka Rubavu, amazu acumbikira abagenzi atandatu yashyizweho ingufuri kubera agasuzuguro no kudashyira mu bikorwa ibyasabwe n’ubuyobozi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi bwafunze by’agateganyo Hotel Golf Eden Rock iri ku nkengero z’ikivu mu karere ka Karongi, igikorwa cyabaye ahagana mu ma sa yine z’igitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 20/12/2013.
Ingabo z’u Rwanda, umutwe w’Inkeragutabara, zashyikirije ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) ubuvumo bwa Musanze nyuma yo kumara amezi 11 zibutunganya, bukaba bwuzuye butwaye miliyoni zisaga 200.
Umusuwisi witwa Jérémie Robyr akaba ari inzobere mu gukora inyigo z’ubukerarugendo n’ibibuga bikorerwaho umukino wa Golf mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Nyanza tariki 8/011/2013 yasize yijeje ubuyobozi bw’ako ubufatanye mu gushakisha uko ubukerarugendo na Siporo byatera imbere muri aka karere.
Impugucye z’Abadage zakoze igishushanyo mbonera kigaragaza ahashyirwa ibikorwa by’ubucyerarugendo mu mu turere dukikije dukikije ikiyaga cya Kivu (Kivu Belt) zivuga ko gishyizwe mu bikorwa, hakongerwa amahirwe ku bucyerarugendo mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu buratangaza ko ahahoze rya Gishwati nihamara gutunganywa hazagirwa ahantu nyaburanga hakorerwa ubukerarugendo ngo kuko hatunganyijwe neza haba hamwe mu hantu heza hanogera icyo gikorwa.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, butangaza ko ku kirwa cya Cyuza kiri mu kiyaga cya Burera, muri uwo murenge, hari kubakwa inzu abakerarugendo n’abandi bantu babyifuza bazajya baruhukiramo bareba ibyiza bitatse u Rwanda.
Indonesie ni igihugu cyo ku mugabane wa Aziya kigizwe ahanini n’ibirwa bigera ku 17508, muri byo ibigera ku 8844 nibyo bifite amazina, naho ibituwe ku buryo buhoraho ni 922.
Kimwe mu byo akarere ka Musanze kesheje byari bikubiye mu mihigo kagiranye n’umukuru w’igihugu ni ugutangiza ikigo gishinzwe gutanga amakuru arebana n’ubukerarugendo. Aka karere kakaba kishimira ko n’uyu muhigo kawuhiguye.
Ubwo basuraga ahantu himikirwaga abami b’u Rwanda (hitwa i Buhanga cyangwa mu Ruhondohondo), abari mu rugendo kwita izina caravan batangajwe n’uburyo aho hantu hafite amateka akomeye ndetse acyubashywe n’abahaturiye.
Ubwo hatangiraga urugendo rugamije kugaragaza ubwiza nyaburanga bw’igihugu buboneka mu bice bitandukanye byo mu Majyaruguru, urugendo ruri gukorwa rubanziriza igikorwa cyo kwita izina, ngo rwashimishije abarwitabiriye, bageze ku biyaga bya Burera na Ruhondo biba akarusho.
Koperative yitwa Friends of Nyungwe (inshuti za Nyungwe) ikorera mu murenge wa Kitabi mu karere ka Nyamagabe yakoze umushinga w’ubukerarugendo bushingiye ku muco w’u Rwanda (Kitabi Cultural Village) werekana bimwe mu byarangaga ubuzima bw’Abanyarwanda bo ha mbere ndetse na bimwe mu bigaragara ubu.
Abafite amahoteli mu karere ka Rubavu barasaba Leta n’itangazamakuru kugaragaza ko akarere ka Rubavu ari nyabagendwa kubera ko hari abavuga ko umutekano mucye ubera mu burasirazuba bwa Congo ugera no muri ako karere bigatuma bamucyerarugendo bagabanuka bikabatera igihombo.
Inama ya “Atlas Africa” yari iteraniye i Kigali yiga ku kamaro k’ubukerarugendo mu kongera ubukungu, yasoje abayitabiriye ku ruhande rw’u Rwanda biyemeje kugira uruhare mu bikorwa by’ubukerarugendo biteza imbere Abanyarwanda.
Impuguke mpuzamahanga mu bijyanye n’ubukerarugendo zirateganya guhurira mu Rwanda, ku butumire bw’Ishuri rikuru ry’ubukerarugendo (RTUC), aho zizaba ziganira ku buryo u Rwanda n’umugabane w’Afurika muri rusange, bagira ubumenyi bubafasha gukurura ba mukerarugendo benshi bo hirya no hino ku isi.
Abakora umwuga wo gutwara ba mukerarugendo mu bice nyaburanga bitandukanye mu gihugu, basanga ubuvumo bwa Musanze ari umwimerere kuko uretse gutunganya aho umuntu akandagira ibindi bice byose nta cyahinduwe.
Agasozi kitwa “Ku Kabazungu” gaherereye mu mudugudu wa Mariko, akagari ka Kaganda, umurenge wa Kinyababa, akarere ka Burera, gafite amateka kuburyo ngo iyo abazungu bahageze bahagarara bagafotora.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Iterambere ry’igihugu RDB, Rwanda Development Board, cyiremeza ko mu gihe cy’umweki kumwe ubuvumo buzwi nk’ubwa Musanze buherereye I Musanze mu karere ka Musanze buzaba bwamaze gutunganywa bunasurwa n’ababyifuza bose barimo na ba mukerarugendo, nk’ahandi hantu nyaburanga haboneka mu gihugu.
Nk’uko bigaragazwa na raporo ku bukerarugendo yashyizwe ahagaragara mu cyumweru gishize n’ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB), umusaruro uva mu bukerarugendo wiyongereye ku kigereranyo cya 17 ku ijana mu mwaka wa 2012 ugereranije n’umwaka ubanza wa 2011.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke burishimira ko muri aka karere hamaze gukorwa ikibuga cy’indege cya Gisakura kandi bukavuga ko iki kibuga kizaba igisubizo ku iterambere ry’ubukerarugendo muri aka karere.
Nyuma y’igihe kirekire itegerejwe, plage mpimbano ya Nyakariba biteganyijwe ko izatahwa ku mugaragaro hagati y’itariki 8-9 Gashyantare 2013. Ibirori byo kuyitaha bizabera rimwe n’igikorwa cyo gutangiza ubukerarugendo na sports mu Kivu.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) gifite gahunda yo gutangiza ubukerarugendo na siporo mu Kivu, hagamijwe gukurura ba mukerarugendo benshi.
Ikibuye cya Shali giherereye mu murenge wa Ngera mu karere ka Nyaruguru, aho akarere ka Nyaruguru gahanira imbibi n’akarere ka Huye, ku muhanda Butare-Akanyaru werekeza i Burundi kivugwaho inkomoko zitandukanye, ariko iz’ingenzi usanga zishingiye ku mwami Ruganzu Ndori.
Ikigo kitwa Gazella Safaris kiyemeje gukundisha Abanyarwanda ubukerarugendo cyane cyane urubyiruko, ibyo bikorwa bikaba byaratangirijwe mu karere ka Bugesera.
Abanyarwanda barakangurirwa kwitabira ubukerarugendo bwo gusura inyoni maze bakareba amoko atandukanye ndetse bareba n’ibyiza bitatse u Rwanda.
Sitade umwami Mutara III Rudahigwa yakiniragaho umupira w’amaguru yubatse mu murenge wa Rwinkwavu mu karere ka Kayonza ishobora kugirwa ahantu nyaburanga ikajya inakira imikino ikomeye iramutse itunganyijwe neza.
Ikompanyi yo mu Rwanda ikora ibijyanye no kwita kuri ba mukerarugendo yitwa Thousand Hills Expeditions irabwira ba mukerarugendo bose baza gusura u Rwanda ko intambara ibera muri Kongo itigeze ihungabanya umutekano w’u Rwanda.
Akarere ka Nyamasheke kiyemeje gucyemura ikibazo cy’umuhanda ugana hoteli ya Nyungwe Top View Hill utari meze neza, bikaba byagoraga ba mukerarugendo n’abandi bajya kuri iyi hoteli.