Mu Rwanda hagiye gutangira uburyo bushya bwo kwaka no kwishyurira serivisi hakoreshejwe internet. Ubu buryo buzafasha cyane abakerarugendo b’abanyamahanga bifuza kuza mu Rwanda bazabasha kwaka no kwishyura serivise bifuza mbere yuko bagera mu Rwanda.
Ikigo cy’igihugu cy’Iterambere (RDB) gifatanyije na sosiyete y’ikoranabuhanga ya Google cyatangiye gahunda yo kumurika bimwe mu bice nyaburanga n’iby’ubukerarugendo mu mujyi wa Kigali no mu Majyaruguru y’igihugu binyujijwe ku murongo wa internet.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma buratangaza ko imirimo yo gukora igishushanyo mbonera kigaragaza uko ku nkengero z’ikiyaga cya Sake hagirwa umujyi nyaburanga igeze kure.
Urutonde rwakozwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) rwerekana ko Kigali Serena Hotel na Nyungwe Forest Lodge ari zo hoteli zonyine zifite inyenyeri eshanu mu Rwanda.
Amezi atatu arashize ahitwaga ko ari umusozi wanamye mu murenge wa Gisenyi, mu karere ka Rubavu hatunyanywa ngo habe hamwe mu hantu nyaburanga mu karere ka Rubavu.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB), tariki 27/12/2011, cyahaye abanyamuryango ba koperative Nyabihu Tourism imyenda izajya ifasha abayobora abakerarugendo “guides” ndetse banahabwa ibyuma bifasha umukerarugendo kureba inyoni cyangwa inyamaswa iri kure (jumeur).
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) kiratangaza ko imyakirire y’abifuza serivisi zitandukanye mu Rwanda bitari ku rwego mpuzamahanga rwo kwakira abakiriya, ndetse bikaba bitanageze ku mahame agenderwaho muri Afurika y’Iburasirazuba.
Mu mezi umunani ya mbere y’uyu mwaka wa 2011 ubukerarugendo mu Rwanda bwinjije amadevize asumbye ay’umwaka ushize ku kigero cya 32%.
Mu Rwanda hari ahantu Nyaburanga henshi ho gusura; gusa abantu benshi bibanda ku gusuga Ingagi. dore ahandi hantu Nyaburanga icumi hasurwa