Urwego rw’Igihugu rw’iterambere (RDB), rwatangije igikorwa cyo gutembereza abakora mu bukerarugendo, kugira ngo babashishikarize gusura ibyiza u Rwanda rufite.
Bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kigali bavuga ko kutitabira ibikorwa by’ubukerarugendo batabiterwa n’uko batabikunda, ahubwo ngo bakomwa mu nkokora n’amikoro adahagije.
Leta y’u Rwanda ivuga ko Banki y’Isi hamwe na bimwe mu bigega mpuzamahanga byayihaye inguzanyo n’inkunga byo gutunganya ibishanga by’i Kigali ndetse no gukomeza kuvugurura imijyi itandatu yunganira uyu murwa mukuru.
Inteko ishinga amategeko ya Tanzania yagiriye inama Leta y’icyo gihugu uko yakemura ibibazo bitatu bibangamiye Kompanyi y’ indege ya Tanzania
Mu cyumweru gishize hoteli eshatu zo mu rwego rwo hejuru zongerewe ku rutonde rwa hoteli z’inyenyeri eshanu rusanzwe ruriho izindi eshanu zose ziba umunani.
Umuhanzi Oluwatosin Ajibade uzwi nka Mr Eazi ukomoka muri Nigeria, amaze iminsi mu Rwanda arusura, akaba yatangaje ko ashaka gushora imari mu Rwanda.
Bisate Lodge ni hoteli iherereye muri Pariki y’Ibirunga mu Rwanda, ahabarizwa ingangi ziboneka hake ku isi, ikaba iherutse gushyirwa mu mahoteli 10 ya mbere ku isi meza kandi arengera ibidukikije.
Kimwe no mu bindi bice by’igihugu cy’u Rwanda, mu Karere ka Bugesera na ho hari ibyiza nyaburanga bitandukanye kandi bisurwa n’abantu baturutse hirya no hino ku isi, nubwo ahenshi mu haboneka ibyo byiza nyaburanga hataratunganywa uko bikwiriye kugira ngo hatangire kwinjiza amadevize.
Abaturage bo mu bihugu 15 bya Afurika bagiye kujya babanza gutanga ingwate y’Amadolari agera ku bihumbi 15 ni ukuvuga abarirwa muri miliyoni 15 ubaze mu mafaranga y’u Rwanda, bakayohereza mbere yo gutemberera muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Ubuyobozi bw’ishuri ry’imyuga IPRC Karongi buratangaza ko bwamaze guhitamo abanyeshuri bazakorana n’impuguke zivuye mu gihugu cy’u Bushinwa mu kubaka ubwato bugezweho buzajya bukorera mu kiyaga cya Kivu.
Umushoramari wo mu Bufaransa ari gushyira mu bikorwa umushinga wo kubaka umudugudu w’umuco wa Kigali ‘Kigali Cultural Village (KCV)’, ikigo cy’imyidagaduro kiri ku buso bwa hegitari 30 kigiye gutanga serivisi z’imyidagaduro ku muco w’u Rwanda.
Kuva mu kwezi kwa Werurwe 2020 ubwo icyorezo cya COVID-19 cyageraga mu Rwanda, habayeho ihagarikwa rya hato na hato ry’ingendo n’ibikorwa by’ubukerarugendo mu rwego rwo gukumira iki cyorezo.
Mu ntangiriro z’urugamba rwo kubohora u Rwanda muri 1990, Ingabo za RPA ntizorohewe n’urugamba kuko mu gihe kitageze ku kwezi kumwe, abafatwaga nk’abayobozi bakuru b’igisirakre bivuganywe n’umwanzi.
Mu rwego rwo gukomeza kuzirikana ubutwari, ikinyabupfura n’ubunyamwuga byaranze ingabo zari iza RPA, mu rugamba rwo kubohora igihugu rwabaye hagati y’itariki ya 1 Ukwakira 1990 n’itariki 4 Nyakanga 1994, Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ku bufatanye n’ibindi bigo nk’Ingoro ndangamurage z’u Rwanda, bagiye gutunganya (…)
Mu kigo gitoza abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda (Africa Rising Cycling Center), ku wa Gatandatu tariki 27 Kamena 2020 habereye umuhango wo gutangiza gahunda y’ubukerarugendo bushingiye ku igare, witabirwa n’abantu 15 bagizwe n’Abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga.
Umuyobozi w’Idini ya Islamu mu Rwanda(Mufti), Sheikh Salim Hitimana aravuga ko umutambagiro mutagatifu Abayisilamu bakorera i Macca atari ubwa mbere usubitswe, kuko umaze gusubikwa inshuro zisaga 40 mu bihe bitandukanye.
Igihugu cya Arabia Saoudite cyategetse ko muri uyu mwaka wa 2020 nta banyamahanga bagomba kujya i Macca mutambagiro mutagatifu wa kisilamu, uzwi nka Hajj.
Nubwo abasura Kibeho ku bw’amabonekerwa yahabereye bagenda biyongera ugereranyije no mu bihe byashize (mu gihe kitari icy’indwara ya Coronavirus), hari abavuga ko uko hasurwa bidashamaje ukurikije agaciro kaho.
Ibikorwa byo kurwanya icyorezo cya COVID-19 byatumye byinshi mu bikorwa bihagarara mu Mujyi wa Gisenyi wari umenyerewe nk’umujyi w’ubukerarugendo n’ubucuruzi.
Nyuma y’uko Radio Horeb, ari yo Radiyo Mariya yo mu Budage, yafashije mu kubaka Radio Mariya Kibeho, yatangiye no gushishikariza Abadage gusura Kibeho.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe kwihutisha Iterambere(RDB), rukomeje gusaba abikorera kongera ibikorwa na serivisi zihabwa ba mukerarugendo, nyuma y’amasezerano rukomeje kugirana n’amakipe akomeye ku isi ndetse n’ibigo by’ubucuruzi.
Mu gihe abajya gusengera i Kibeho bavuga ko babura aho bugama iyo imvura ihabasanze, umushumba wa Diyosezi ya Gikongoro avuga ko Bazilika bateganya kuhubaka izatanga igisubizo ku bwugamo.
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa kane ku isi mu bihugu byo gusurwa na ba mukerarugendo nk’ahantu heza mu mwaka wa 2020.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bufatanyije n’abafatanyabikorwa b’ako karere, barashaka guhindura imikoreshereze y’umwaro cyangwa se inkengero z’ikiyaga cya Kivu hakarushaho gutanga umusaruro.
Urubuga rwa Forbes rwashyize Umujyi wa Kigali ku mwanya wa gatanu w’ahantu heza ho gutemberera mu mwaka utaha wa 2020.
Umuyobozi ushinzwe Ubukerarugendo mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere(RDB), Belise Kariza atangaza ko ibyamamare mu mupira w’amaguru hamwe n’abahanzi, barimo kwitegura kuza mu Rwanda ku itariki 06/9/2019.
Assomption ni umunsi Abagatolika b’isi yose bizihiza ijyanwa mu ijuru rya Bikiramariya nyina wa Yezu Kristu.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyatangaje ko cyamaze gusinya amasezerano n’Ikigo cyo mu Bufaransa ‘Vivendi Group’ gisanzwe kibarizwamo Canal +, yo kubaka no kubyaza umusaruro umudugudu w’umuco ‘Kigali Cultural Village (KCV)’, uherereye ku I Rebero mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali.
Mu minsi ishize, umukobwa wa Perezida wa Repubulika, Ange I. Kagame n’umugabo we Bertrand Ndengeyingoma baherutse gukora ubukwe, bemeje ko bagiriye ukwezi kwabo kwa buki mu Rwanda.
Abakora ibikorwa by’ubukerarugendo ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu hazwi nka Kivu Belt bavuga ko bari gutegura ubukerarugendo bwa Moto nini mu kumenyekanisha ubwiza bw’u Rwanda.