Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda (RAB), kiratangaza ko mu myaka itanu iri imbere Abanyarwanda bazaba bakoresha amafumbire n’imbuto bikorerwa mu Rwanda.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa(FAO) rikorera mu Rwanda, ryiyemeje ko gahunda nshya y’imyaka itanu kuva 2019-2023, izaca ikibazo cy’imirire mibi mu bana.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase yasabye aborozi bo mu turere twa Kayonza, Gatsibo na Nyagatare kwirinda kuragira inka zabo mu kigo cya gisirikare cya Gabiro, kuko ifatiwemo izajya itezwa cyamunara nta yandi mananiza.
Murenzi Jean Claude uyobora Akarere ka Kayonza avuga ko bateje inka cyamunara barenze ku cyemezo cy’urukiko bagamije kwirinda ko zashirira aho zafatiwe.
Minisitiri w’Intebe Edouard Ngirente avuga ko guhinga neza ukeza ntugaburire umuryango uko bikwiye ntacyo byaba bimaze kuko abana batakura neza ahubwo bakarwara indwara zijyanye n’imirire mibi zirimo no kugwingira.
Abagize Koperative yitwa CEPTL (Cooperative des Eleveurs pour la Production du Lait) ikusanya umukamo w’amata y’inka ava mu borozi bo mu Murenge wa Cyanika mu karere ka Burera baravuga ko batakibona uko bagurisha umukamo mwinshi kubera ko imirimo y’uruganda Burera Daily yahagaze kugeza ubu.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, François Habitegeko, avuga ko muri iki gihe abahinzi bagomba guhinga bashyizemo ubwenge.
Uwizeyimana Charles, umuhinzi w’urusenda mu cyanya cya Kagitumba avuga ko yinjiza miliyoni imwe n’ibihumbi magana abiri mu mezi atatu kubera urusenda.
Abayobozi bakuru mu Kigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) basabwe gutanga ibindi bisobanuro, nyuma yo kunanirwa gusobanurira Komisiyo y’inteko ishinga amategeko ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC) hamwe n’Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta, aho miliyari 14.2 z’amafaranga y’u Rwanda zari (...)
Abanyamuryango ba koperative KABOKU y’abahinzi mu cyanya cya Kagitumba bavuga ko biteze umusaruro mwinshi kuko basigaye bicururiza inyongeramusaruro.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba burasaba aborozi baturiye ikigo cya gisirikare cya Gabiro giherereye mu karere ka Gatsibo, gucika ku kuragiramo inka zabo birinda igihombo kuko izifatiwemo zitezwa cyamunara.
Abarokotse Jenoside 10 bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, kuwa gatandatu tariki 7/9/2019 baremewe inka n’abakozi b’ibitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), bahita biyemeza kuzakora ikimina cyo kuzivuza.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyagatare mu karere ka Nyagatere, Ingabire Jenny, avuga ko guhinga imyaka miremire mujyi bikurura abajura bikimakaza isuku nke.
Abatuye mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko icyayi bakigereranya n’inka ihora ikamwa (idateka), cyangwa peterori, ku buryo bituma abagihinga bagenda biyongera uko umwaka utashye.
Imboga n’imbuto u Rwanda rwohereza hanze byariyongereye mu myaka 13 ishize bituma n’amadovize zinjiza mu gihugu yiyongera ava kuri miliyoni eshanu z’amadolari ya Amerika agera kuri miliyoni 26 z’Amadorari ya Amerika ubu.
Imvura yaguye ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 1 Nzeri 2019, mu Karere ka Huye hari aho yangije imirima inasenyera bamwe, ariko Vincent Twizeyimana we yamwiciye inkoko 1000.
Ubuyobozi bw’uruganda rw’icyayi rwa Mata mu karere ka Nyaruguru burishimira ko kuva muri Mata kugera muri Nyakanga 2019, bwari bumaze kwishyura abahinzi b’icyayi miliyari imwe na miliyoni 56 z’amafaranga y’u Rwanda.
Imvura yaraye iguye mu Karere ka Huye yangije byinshi birimo inkoko 1000 z’uwitwa Twizeyimana Vincent.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi, Dr Géraldine Mukeshimana, yasabye Ikigega cy’ingwate (BDF) kuba ari cyo kivugana n’amabanki kugira ngo byorohere urubyiruko kubona inguzanyo kuko ubusanzwe atari ko byakorwaga.
Leta irimo kwimurira mu midugudu y’icyitegererezo abari batuye mu manegeka ku misozi ihanamye kandi ifite ubutaka busharira, kugira ngo hahingwe icyayi kivamo amadolari.
Abahinzi b’ibijumba bya kijyambere bifite imbere hafite ibara rya ‘orange’ bikungahaye kuri vitamine A, bavuga ko ibyo bijumba bikunzwe ndetse ko batangiye kubibonera n’amasoko ku buryo babyitezeho ubukire.
Igihugu cy’u Budage kigiye gufatanya n’u Rwanda ngo hageragezwe igihingwa cy’umuzabibu bityo divayi iwengwamo yaturukaga hanze ihenze ibe yakwengerwa mu Rwanda.
Mu cyaro cy’akarere ka Gatsibo i Burasirazuba, umupfakazi w’imyaka 60 utuye i Kageyo mu kagari ka Kintu, ari muri bake boroye amatungo y’ubwoko butandukanye, banatunze televiziyo muri ako gace n’ubwo nta muriro w’amashanyarazi uhagera.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buhinzi, RAB, gitangaza ko Leta yashyize miliyari 11 z’Amafaranga y’u Rwanda mu gutunganya umusaruro muri rusange kuko kugeza ubu ngo hakiri mwinshi wangirika.
Hepfo gato y’umujyi wa Nyamata mu Bugesera, mu mudugudu witwa Nyiramatuntu, akagari ka Kayumba, hari igishanga cyitwa Ingwiti abanya-Bugesera batarabona ko Umunyamerika akibyaza amadolari.
Aborozi b’inkoko bo mu Karere ka Huye bavuga ko n’ubwo begerejwe uruganda rw’ibiryo by’amatungo ntacyo rubamariye, kuko ibiryo rukora aho kuzamura umusaruro biwugabanya.
Hari abahanga mu by’imirire bafata ibihumyo nk’ubukungu buhishe. Impamvu babifata batyo, ni uko nta binure bigira, ntibibyibushya, ahubwo bikungahaye ku ntungamubiri zitandukanye.
Muri Mutarama uyu mwaka wa 2019, minisiteri y’uburezi yashyizeho ibwiriza zisaba ibigo by’amashuri byose byo mu Rwanda, guhera mu mashuri y’inshuke kugeza mu yisumbuye guha abana amata nibura inusu ku munsi, bivuze ko hazakenerwa amata angana na litiro 1,813,181.
Urubuga rwa Internet www.medicalnewstoday.com ruvuga ko imyumbati ari ikimera kiri bwoko bw’ibitera imbaraga, kimwe n’ibijumba, ibinyamayogi(ibikoro), aho igice cyo mu butaka cyakabaye ari yo mizi, kiba ari cyo kiribwa.
Hakizamungu Aderte umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Mahama avuga ko igihembwe cy’ihinga gitaha abaturage b’utugari twegereye umugezi wa Akagera batazongera konerwa n’imvubu.