Akora imibonano mpuzabitsina inshuro 7 ku munsi kugirango abashe kunanuka
Umugore witwa Pauline Potter wo muri Leta ya Carifilonia muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika yategetswe n’umuganga gukora imibonano mpuzabitsina byibuze inshuro 7 ku munsi kugira ngo abashe kunanuka.
Impuguke mu bijyanye n’umubyibuho, Dr. Laura Berman, wo mu ishuri ry’abaganga rya Northwestern University i Chicago yemeza ko gukora imibonano mpuzabitsina ku bagore bafite umubyibuho ukabije ari igisubizo kugirango bagabanuke uko babyifuza.

Pauline wafatwaga nk’umugore minini ku isi, aremeza ko umubyibuho we wagabanutse kubera gukora imibonano mpuzabitsina, kuri ubu akaba amaze gutakaza ibiro bigera kuri 13; nk’uko bitangazwa n’urubuga rwa datelinenews.org.
Ati :”Sinabashaga no guhindukira mu buriri ariko ubu ntakaza calories 500 ku nshuro imwe y’imibonano mpuzabitsina”.
Hashize imyaka itatu Pouline yaratandukanye n’umugabo we Alex kubera ubunini bukabije yari afite.

Pauline yaryaga ibiryo birimo calories zigera ku bihumbi 10 ku munsi maze aba munini ku buryo atabashaga kwihindukiza, umugabo we amaze kumenya ko bamushyize mu gitabo cy’abantu bafite udushya ku isi kubera ibiro bye,yahise amuta.
Pauline Potter yapimaga ibiro 330, ubu ngo ageze ku biro 317, ngo ashaka kugabanuka nibuze akagera ku biro 241 kugira ngo abashe kuba yava aho ari.

Namara kubigeraho abasha kuva aho ari azajya kureba umugabo we muri Arizona.
Nakomeza uwo muvuduko wo gukora imibonano mpuzabitsina inshuro 7 ku munsi, mu gihe cy’amazi atandatu abaza amaze guta ibiro bigera kuri 23.
Egide Kayiranga
Ibitekerezo ( 57 )
Ohereza igitekerezo
|
Imana imuharire vrmt guk ntag az ivy ari gukora! so, she have only to play. Mwenyezi mungu amusaidie na atapona IN’SHALLAH! peut etre c’est la verite!
Oya n’areke gukora ibyaha akurikize inama za muganga akore na sport bizashoboka.
Oya n’areke gukora ibyaha akurikize inama za muganga akore na sport bizashoboka.
niyihangane agire courage
Yooo niyihangane bakomeze bamurongore azagabanyuka
Njye nagize ikibazo none se ko umugabo yamutaye izo nshuro zirindwi kumunsi arongorwa na nde?
Hariho umuhinga BA’s mach ine abagore bakoresha kandi zikababira uko bavyiphuza
None se iyo mibonano ayikorana nuwuhe mugabo ? Ubwo se ubwo wamutaye azajya kumureba namara kunanuka amwemere nubwo busambanyi bungana butyo amwumvaho.Isi irashize
Niyihangane pe kandi bizagabanuka
Niyihangane pe kandi bizagabanuka
mamiihangane bibaho knd imana izagufasha unanuke
ajye arya rimwe uwundi uwusibe,akunde kurya indimu anywe amazi ashyushye azananuka.Simuvuye?nabandi nimumubwire ibyo muzi.jyewe ndi DR RUNIGA
ngo azajya kureba umugabo we
!!!!
ngo azajya kureba umugabo we
!!!!
yemwe yemwe ! uzi ko hali abagome benshi kuli iyi si!
A hubwo abasore ni bamutabare . Aliko kandi abazungo bavura nabo babanze bamugabanyirize .Kandi tumenye ko nta mugera cng se nta wbundi burwayi? Naho ubundi twamurwaza da . Umwuga wacu waamufasha cyane . Good lucky for her.
Yoooo! Niyihangane harigihe azangana uko abyifuza kd Imana ikomeze kumufasha