Abaturage bo mu Karere ka Musanze barishimira ko imihanda bemerewe na Perezida Kagame yatumye imikorere yabo irushaho kugenda neza.
Intumwa za Leta zunze Ubumwe za Amerika zasuye Rwanda Peace Academy mu karere ka Musanze hagamijwe kugira ngo bamenya neza ibihakorerwa.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abasirikare kiratangaza ko kifashisha uburyo bw’ikoranabuhanga bwa Skype bakangurira abatarataha gutaha.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru buratangaza ko mu 2018 abatuye muri iyi ntara bose bazaba bagerwaho n’amazi meza kandi abegereye.
Abaturage bakorera n’abatuye hafi y’ikimoteri cy’imyanda cya Byangabo mu Karere ka Musanze, barinubira umwanda uturuka ku bantu bahihagarika, bakavuga ko ushobora kubateza uburwayi.
Abatuye mu murenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke, barasaba gukorerwa ikiraro cya Nyarutovu cyangirijwe n’ibiza bigatuma imigenderanire n’imihahirane bihagarara.
Abahinzi ba kawa bo mu murenge wa Coko mu karere ka Gakenke basanga gahunda ya zoning irimo kubahombya.
Umugabo witwa Nsabimana Anastase wo mu Murenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke, afunzwe akurikiranweho amasasu 55 yasanganwe iwe mu rugo.
Abatuye mu Murenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke barasaba ko ibitaro Perezida Kagame yabemereye byakubakwa i Gatonde aho kujyanwa mu Bigabiro.
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke baratangaza ko babangamirwa no kutagira gare bategeramo imodoka kuko gutegera mu muhanda bidasobanutse.
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke barasaba inzego zibishinzwe kongera gukaza amarondo kuko ubujura bw’amatungo bwongeye kugaragara mu karere.
Kuba hari imiryango yasezeranye mu Karere ka Gakenke ariko ikaba itanditse mu gitabo cy’irangamimerere bituma hari ababyitwaza bagahohotera abo bashakanye.
Bamwe mu batuye Umurenge wa Shingiro mu Karere ka Musanze bashimira ubuyobozi bwabavanye muri nyakatsi, bagatura ahantu heza mu gihe batumvaga ko byashoboka.
Abapolisi bakuru 31 baturuka mu bihugu 10 by’Afurika barangije amasomo azabafasha guhangana no gukumira ibyaha bikorerwa imbere mu gihugu no hanze.
Umurambo wa Ishyaka Jean Aimé, w’imyaka 16 warohamye, kuri uyu wa 25 Kamena 2016, mu kidendezi cyo kuri Strabag mu Karere ka Musanze wabonetse ku bufatanye n’ingabo zirwanira mu mazi.
Umuryango nterankunga wa gikirisitu wita ku batishoboye “World Vision” waremeye amabati ibihumbi 45 abasenyewe n’ibiza mu Karere ka Gakenke.
Abagore bo mu Ntara y’Amajyaruguru barakangurirwa kudapfusha ubusa amahirwe yo kuba mu Muryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Abantu 18 bo mu Murenge wa Remera mu Karere ka Musanze barwariye ku Kigo Nderabuzima cya Rwaza nyuma yo kunywa ikigage, bikekwa ko gihumanye.
Abayobozi batandukanye bo mu Karere ka Gakenke barasabwa guhaguruka bagahangana n’ikibazo cy’abana bakoreshwa imirimo itabakwiriye kuko bibaviramo kuba inzererezi.
Abashoferi b’imodoka zitwara abagenzi muri RFTC ngo bahangayikishijwe no kuba barimo kwandikirwa ko badafite ibyangombwa (authorization) kandi baramaze kubyishyura ahubwo bakaba batarabigezwaho.
Abakoresha umuhanda w’ahitwa Carriere mu murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze bahangayikishijwe n’impanuka ziterwa n’ibyobo bidapfundikiye ku muhanda.
Abasirikare bakuru 46 baturuka mu bihugu umunani bya Afurika barangije amasomo mu bya gisirikare n’ay’igisivire mu byerekeye n’umutekano.
Aborozi b’inkoko by’umwihariko abo mu Ntara y’Amajyaruguru baravuga ko batazongera gutumiza imishwi mu mahanga, nyuma yo kubona umushoramari uzajya uyibazanira.
Nsengiyumva Ildephonse wo mu Murenge wa Karambo mu Karere ka Gakenke afunzwe akurikiranweho guhisha ibendera ry’igihugu kubera ko banze kumwishyura.
Imvura yaguye mu Karere ka Musanze mu ijoro rishyira iki Cyumweru, tariki 29 Gicurasi 2016, yateje isuri ikomeye yamanutse mu misozi y’ibirunga isenyera bamwe mu baturage b’Umurenge wa Busogo.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi arasaba abaturage kurushaho gutera amashyamba ahantu hose bikwiriye kugira ngo azabafashe guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, irimo irimo ibiza byibasira abaturage n’imitungo yabo.
Ababyeyi bo mu Karere ka Gakenke barashinja urubyiruko kwanga gukora imirimo y’ubuhinzi, ahubwo bagahugira mu bindi bavuga ko bidafite akamaro.
Abatuye Umurenge wa Kamubuga mu Karere ka Gakenke bahangayikishijwe no kutagira imihanda nyabagendwa, bavuga ko bibazitira kugera ku iterambere.
Abasirikare batangiye koroherezwa akazi ko gukemura ibibazo binyuze mu mahugurwa agenerwa abasivili, kugira ingufu zose zifashishwe mu gukemura amakimbirane.
Ubuyobozi bwa RDF Command and Staff College buratangaza ko ibiganiro nyunguranabitekerezo n’impuguke ku bijyanye n’umutekano bisigiye abahigira ubumenyi burenze ubwari bwitezwe.