Agace ka gatatu k’irushanwa rya Tour du Rwanda aho abasiganwa baturukaga i Karongi bagana i Rusizi kegukanwe na Rugg Thimothy ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Valens Ndayisenga ni we wegukanye agace ka Kigali-Karongi ka Tour du Rwanda, ahita yegukana "Maillot Jaune" ihabwa umukinnyi uyoboye urutonde rusange
Ku munsi wa Kabiri wa Tour du Rwanda, aho abasiganwa baturutse Kigali bagana mu Burasirazuba mu Mujyi wa Ngoma, Areruya Joseph ukinira u Rwanda amaze kwambura Rugg Thimothy Maillot Jaune .
Rugg Thimothy ukinira Lowestrates.com yo muri Canada ni we ubaye uwa mbere mu isiganwa ryo gusiganwa umuntu ku giti cye akoresheje iminota 4 yuzuye.
Nyuma y’amatora yakozwe n’abakunzi b’umukino w’amagare, abenshi batoye binyuze ku rubuga rwa kigalitoday.com bemeje ko Areruya Joseph ari we babona uzegukana iri siganwa
Kuri iki cyumweru kuri Stade Amahoro haratangirira isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda "Tour du Rwanda", rikazasozwa ku Cyumweru taliki 20 Ugushyingo 2016
Mu gihe habura amasaha make ngo Tour du Rwanda itangire, aya ni amwe mu mafoto yafashwe na Kigali Today agaragaza ubwitabire budasanzwe bw’abafana muri Tour du Rwanda 2015
Imikino y’umunsi wa kane wa Shampiona y’u Rwanda isize ikipe ya Rayon Sports iyoboye urutonde rwa Shampiona by’agateganyo, nyuma y’aho Sunrise inganyirije na Pepiniere
Umunyarwanda Landry Mayigane uba mu gihugu cya Mali, waje mu rubyiruko 100 rw’indashyikirwa muri Afurika (100 Most Influential Young Africans) 2015, avuga ko aheshwa ishema no kwitwa umunyarwanda.
Mu mukino wabimburiye indi y’umunsi wa kane wa shampiona, Police Fc yatsinze Gicumbi Fc ibitego 2-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kicukiro
Kuri uyu wa Gatanu Shampiona y’icyiciro cya mbere irakomeza aho Police Fc iza kwakira Gicumbi, naho Marines ikazakira Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu
Abakinnyi 84 bari mu makipe 17 azakina Tour du Rwanda bamaze gutangazwa mu gihe hasigaye iminsi 9 ngo Tour du Rwanda 2016 itangire
Abakinnyi 26 batarengeje imyaka 20 ni bo bahamagawe n’umutoza Mashami Vincent ngo bitegure irushanwa rizabera muri Maroc ndetse na COSAFA izabera muri Afurika y’Epfo
Guhera ku wa Gatanu taliki 28 Ukwakira 2016, Shampiona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru yari yakomeje isiga Sunrise iyoboye urutonde rw’agateganyo
Nyuma y’iminsi ikibuga cy’ikipe y’Amagaju, Sunrise na Gicumbi Fc bihagaritswe mu kwakira Shampiona, ubu Ferwafa yamaze kwemerera Amagaju na Sunrise kwakirira ku bibuga byayo
Mu gikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 23 muri Volleyball, u Rwanda kuri uyu wa Kane rurakina na Kenya itsinda ibone itike y’igikombe cy’isi.
Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 mu mupira w’amaguru yashyizwe mu itsinda D mu mikino ya COSAFA yatumiwemo gusimbura Madagascar itazaboneka.
Kuri uyu wa Gatandatu no ku Cyumweru hakinwe amasiganwa abiri agamije gutegura Tour du Rwanda 2016, hifashishijwe imihanda ibiri mishya izifashishwa bwa mbere
Mu isiganwa ryavaga i Rusizi ryerekeza i Huye, Areruya Joseph ukinira Les Amis Sportifs ni we uje ku mwanya wa mbere ku ntera ya 140.7Kms
Imyiteguro ya Tour du Rwanda igeze ku munsi wa kabiri, aho kuri iki cyumweru abakinnyi berekeza Huye bava Rusizi, bakaba bahagurutse ku isaha ya saa tatu z’iki gitondo.
Mu irushanwa ritegura Tour du Rwanda ryabaye kuri uyu wa Gatandatu, Nsengimana Jean Bosco ni we ubaye uwa mbere mu gace ka Karongi-Rusizi (Kivu Belt).
Mu gihe hasigaye iminsi mike ngo Tour du Rwanda itangire, amakipe azayitabira ubu akomeje imyiteguro, aho kuri uyu wa Gatandatu hakinwa isiganwa riva Karongi kugera Rusizi, ku Cyumweru hagakinwa iriva Rusizi kugera Huye
Umurundi Mohamed Roshanali niwe bemeje ko ari we wabaye uwa mbere, agakurikirwa na Gakwaya Jean Claude, kuri uyu wa kabiri tariki ya 18 Ukwakira 2016.
Guhera kuri uyu wa Gatandatu kugera ku Cyumweru i Huye haberaga isiganwa ry’amamodoka na moto "Memorial Gakwaya", aho abarikurikiye banejejwe cyane na za moto zakoze ibyo benshi batari bamenyereye mu Rwanda
Ku munsi wa mbere w’isiganwa ry’amamodoka ryiswe Memorial Gwakaya, abatuye Huye bashimishijwe na moto n’imodoka batari basanzwe babona.
FERWAFA yanzuye ko umukinnyi witwa Iminishimwe Emmanuel aba umukinnyi wa APR FC bidasubirwaho nyuma yo gusuzuma ikirego cyari cyatanzwe na Rayon Sports.
Mu mukino wo kwishyura wahuje APR Hc na Police Hc, urangiye amakipe yombi anganya 31-31, bituma Police Handball Club ihita yegukana igikombe cya Shampiona
Mu nama yahuje Abayobozi b’ikipe ya Mukura, Umutoza Okoko yasabwe kudakomeza gukoresha amarozi ashaka intsinzi, we akabihakana avuga ko yabajyana mu butabera
Mu mpera z’iki cyumweru mu karere ka Rubavu harabera irushanwa ryiswe Vision 2020, ryateguwe n’ikipe nshya yitwa Scandinavia, rikazahuza amakipe ane
Mu mpera z’iki cyumweru muri Handball hateganyijwe isozwa rya Shampiona y’Abagore, mu gihe APR na Police HC nazo zizaba zikina umukino wo kwishyura wa Shampiona