Muri Kanama 2020 mu Rwanda hagombaga kubera iserukiramuco ry’umukino wa Basketball, ubu ryamaze gusubikwa kubera icyorezo cya Coronavirus.
Isi yose ikomeje gufatanya mu kwamagana ihohoterwa rikorerwa abirabura, aho byakajije umurego nyuma y’urupfu rw’umwirabura George Floyd.
Umufaransa Emmanuel Petit wahoze anakinira ikipe y’igihugu, aratangaza ko Senegal ibatsinda mu myaka 18 ishize habayemo n’izindi mbaraga zitari izo mu kibuga gusa.
Ikipe ya Gasogi United yatangaje ko yamaze gusinyisha m imyaka ibiri myugariro ukomoka muri Republika iharanira Demokarasi ya Congo.
Nyuma y’ibibazo bimaze iminsi muri Rayon Sports, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) ruremeza ko Munyakazi Sadate ari we uhagarariye Rayon Sports mu mategeko.
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika CAF yatangaje ko igiye gufasha amashyirahamwe y’umupira w’amaguru kubera icyorezo cya Coronavirus
Kapiteni wa Rayon Sports Eric Rutanga wari uyimazemo imyaka itatu, yamaze kuva muri iyi kipe yerekeza muri Police FC.
Uwari Umunyamabanga Mukuru w’ikipe ya Rayon Sports Abraham Kelly yamaze kwandika ibaruwa avuga ko yeguye ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’iyi kipe
Umuyobozi wa Gasogi United Kakoza Nkuriza Charles yatangaje ko iyi kipe mu myaka itazajya ikodesha kuko igiye kwiyubakira iyayo.
Amakipe ya Gicumbi na Heroes nyuma yo kumenyeshwa ko zisubiye mu cyiciro cya kabiri, ziratangaza ko zitanyuzwe n’imyanzuro yafashwe na Ferwafa
Komite nyobozi ya Ferwafa imaze gufata umwanzuro ko ikipe ya APR FC ari yo yegukanye igikombe cya shampiyona cy’umwaka w’imikino 2019/2020
Rutahizamu ukomoka i Burundi Shabban Hussein uzwi ku izina rya Tchabalala, yamaze kwerekeza mu ikipe ya AS Kigali aho yayisinyiye amasezerano y’imyaka ibiri
Perezida wa Rayon Sports Munyakazi Sadate yandikiye urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB arugaragariza ibibazo bimaze iminsi bivugwa mu ikipe ya Rayon Sports
Myugariro Rusheshangoga Michel wari umaze umwaka umwe muri AS Kigali, yongereye amasezerano yo gukinira iyi kipe undi mwaka
Amakipe menshi muri shampiyona zikomeye i Burayi yamaze gusubukura imyitozo, aho bamwe mu bakinnyi bagarutse mu masura badasanzwe bamenyereweho.
Umunyezamu Mumaud Mossi uri mu bafashije Amavubi gukina igikombe cya Afurika, aratangaza ko abayeho nabi ndetse yifuza ubufasha bwatuma agaruka mu Rwanda
Rutahizamu wakiniraga Sunrise Samson Babuwa yamaze kwerekeza mu ikipe ya Kiyovu Sports aho yayisinyiye amasezerano y’umwaka umwe
Nyuma yo guhagarara kwa shampiyona ya Uganda kubera icyorezo cya Coronavirus, ikipe ya VIPERS byemejwe ko ari yo igomba kwegukana igikombe cya shampiyona
Myugariro w’ikipe ya Mukura Rugirayabo Hassan, yamaze kwerekeza mu ikipe ya AS Kigali aho yayisinyiye amasezerano y’imyaka ibiri.
Umutoza Abdu Mbarushimana wari umaze iminsi ari umutoza w’ikipe ya Muhanga, yamaze kwerekeza mu ikipe ya Bugesera aho agomba gusinya imyaka ibiri.
Rutahizamu usanzwe akinira ikipe ya Mukura VS Iradukunda Bertrand yamaze gusinyira ikipe ya Gasogi United amasezerano y’imyaka ibiri
Shampiyona y’u Budage ni yo yabimburiye izindi mu zikomeye ku mugabane w’I Burayi, aho isubukurwa ryayo ryaranzwe n’udushya tugendanye no kwirinda icyorezo cya Coronavirus
Ikipe ya Rayon Sports n’uruganda rwa Skol bari basoje ibiganiro bishobora gutuma mu cyumweru gitaha hasinywa amasezerano mashya.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Musanze bwatangaje ko bwafashe umwanzuro wo guhemba abakinnyi bayo amezi atatu, ariko bakazahabwa 40% by’umushahara
Shampiyona yo mu gihugu cy’u Bubligi byemejwe bidasubirwaho ko ihagaritswe, Club Bruges yegukana igikombe, naho Beveren ya Djihad Bizimana iramanuka
Myugariro wa Kiyovu Sports Serumogo Ally bimaze bivugwa ko ashakwa na Rayon Sports yamaze gusinya amasezerano y’imyaka ibiri.
Umunyezamu wa mbere wa Rayon Sports Kimenyi Yves yahakanye amakuru avuga ko ari mu biganiro na Police FC, anavuga ku mibanire n’ikipe ya Rayon Sports muri iyi kipe.
Ikipe ya Etincelles FC y’I Rubavu yabaye indi kipe mu Rwanda ihagaritse amasezerano y’abakinnyi kubera ingaruka z’icyorezo cya Coronavirus
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Gicurasi 2020, hamenyekanye amakuru ko Nizeyimana Olivier wari umaze igihe kirekire ari Perezida wa Mukura Victory Sports yeguye ku buyobozi bwayo.