Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije rutahizamu Nihoreho Arsène amasezerano y’imyaka ibiri, akaba ari uwa gatatu mu batsinze ibitego byinshi i Burundi.
Umutoza Nduwantare Ismail uheruka gusezerwa mu ikipe ya Gicumbi FC, yagizwe umutoza mu mukuru wa AS Muhanga, asimbura Abdu Mbarushimana werekeje mu ikipe ya Bugesera
Ikipe ya KCCA yo muri Uganda yamaze gusinyisha umukinnyi wo mu kibuga hagati ukomoka mu Butaliyani nyuma yo kumugerageza muri Mutarama.
Ikipe ya Simba Sports Club ikinamo umunyarwanda Meddie Kagere yegukanye igikombe cya shampiyona ya Tanzania 2019/2020
Ibiganiro byabaye kuri uyu wa Gatanu byashoboraga gutuma Muhadjili asinyira Rayon Sports, byarangiye impande zombi zitumvikanye
Mu ijoro ryo kuri uyu Kane tariki 25/06/2020 ikipe ya Liverpool ishobora kurara yegukanye igikombe cya shampiyona ibifashijwemo n’ikipe ya Chelsea.
Guhera ubu ikigo gicuruza amashusho cya Canal Plus cyamaze korohereza abafatabuguzi aho bagabanyije ibiciro by’ifatabuguzi ryayo. Bashingiye ku byifuzo by’abakiliya ndetse n’Abanyarwanda by’umwihariko, ubu Canal Plus yamaze gushyiraho ibiciro bishya ku mafatabuguzi basanzwe bafite, aho ubu amafatabuguzi atandatu (...)
Ikipe ya Gasogi United yasinyije Bola Lobota Emmanuel byari bimaze iminsi bivugwa ko yumvikanye n’ikipe ya Rayon Sports
Rutahizamu w’umunyarwanda Tuyisenge Jacques ubu ukina muri Primeiro do Agusto yo muri Angola, yavuze ku makuru yari amaze iminsi acicikana ko ashobora kwerekeza muri APR FC.
Ikipe ya Young Africans (Yanga) yanganyije na Azam Fc mu mukino amakipe yombi yarwaniraga gufata umwanya wa kabiri
Ikipe ya Police FC yatangaje ko yamaze gusinyisha umunyezamu wakiniraga ikipe ya Bugesera, inongera amasezerano y’abakinnyi barimo Iyabivuze Osee.
Ikipe ya Rayon Sports imaze gutangaza ko yasinyishije umukinnyi wo hagati witwa Alex Harlley ukomoka muri Togo
Shampiyona y’u Bwongereza yari imaze amezi atatu idakinwa irasubukurwa kuri uyu wa Gatatu ahatagerejwe cyane umukino uhuza Manchester City na Arsenal
Ikipe ya Kiyovu Sports ikomeje gahunda yo kwiyubaka, yasinyishije abakinnyi babiri barimo Ngandu Omar na Bigirimana Abed wakiniraga Rukinzo y’i Burundi.
Umukinnyi Mugheni Kakule Fabrice wari umaze iminsi asezeye ku bafana ba Rayon Sports, yatangaje ko yongeye kuganira na Rayon Sports yiteguye kuyikinira umwaka utaha w’imikino
Muhawenimana Claude umaze imyaka irenga icumi ari Perezida w’abafana ba Rayon Sports yahagaritswe muri Friends Fan Club asanzwe abarizwamo.
Rutahizamu Hakizimana Muhadjili aratangaza ko ikipe yose mu Rwanda yamuha ibyo yifuza yayikinira kuko umupira w’amaguru awufata nk’akazi
Umukinnyi wo mu kibuga hagati Yannick Mukunzi ukina muri Sweden yagize icyo atangaza ku makuru amaze iminsi avugwa ko agiye kugaruka mu ikipe ya Rayon Sports yahoze akinira.
Akanama k’ubujurire ka Ferwafa kemeje ko Munyakazi Sadate akurirwaho ibihano by’amezi atandatu yari yahawe na Ferwafa.
Uwahoze ari umukinnyi wa Ghana yatangaje ko ari Se wa Marcus Rashford wa Manchester United, usanzwe ufite ababyeyi barimo Se uvuka muri Jamaica
Gatera Moussa wari umaze iminsi nta kipe afite, yamaze kugirwa umutoza mukuru w’ikipe ya Espoir iheruka gusezerera abatoza bayo bakuru ndetse na bamwe mu bakinnyi.
Myugariro Ngwabije Bryan usanzwe akinira ikipe ya En Avant Guingamp, ubu yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Sporting Club de Lyon.
Ikipe ya Kiyovu Sports yamenyesheje Komisiyo y’imyitwarire ya Ferwafa yo yahagaritse gukurikirana ikirego cy’ikipe ya AS Kigali bashinjaga gusinyisha umukinnyi ugifite amasezerano
Ikipe ya Espoir Fc yo mu karere ka Rusizi, yamaze kumenyesha abatoza bayo babiri, ndetse n’abandi bakinnyi ivuga ko batatanze umusaruro muri uyu mwaka w’imikino
Ikipe ya APR Fc ndetse n’ikipe ya Rayon Sports zahakanye amakuru avuga ko uyu mukinnyi yamaze kugurwa n’ikipe ya APR FC avuye muri Rayon Sports.
Kakule Mugheni Fabrice yanditse amagambo aca amarenga ko agiye gutandukana na Rayon Sports
Komisiyo y’Ubujurire ya Ferwafa yanze ubujurire bw’ikipe ya Gicumbi na Heroes Fc zari zareze zivuga ko zasubijwe mu cyiciro cya kabiri mu buryo bnyuranije n’amategeko.
Ikipe ya Police FC yongereye amasezerano ya rutahizamu wayo Ndayishimiye Antoine Dominique umaze imyaka ine ayikinira.
Minisiteri ya Siporo yatangaje imwe mu mikino igomba gusubukurwa nyuma y’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo ku wa Kabiri w’iki cyumweru.