Umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana, Ishimwe Joshua wamamamaye nka Josh Ishimwe, yasobanuye impamvu magingo aya asubiramo indirimbo z’abandi gusa, ndetse n’impamvu mu muziki we atarobanura ashingiye ku idini abarizwamo nk’umuyoboke.
Ikigo 1000 Hills Events kirimo gutegura gahunda yo gushimira binyuze mu gutanga ibihembo bizahabwa ibigo, inzego zinyuranye n’abantu bagira uruhare mu guteza imbere abafite ubumuga binyuze mu gukorana na bo cyangwa kubakorera ibintu binyuranye.
Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe ku itariki ya 27 Nzeri 2023 ryashyizeho Umuyobozi Mukuru mushya w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) asimbuye Clare Akamanzi wari umazeho imyaka itandatu, gusa akaba yarigeze no kuyiyobora mbere. Igihe yari amaze muri izi nshingano, hari byinshi RDB yagezeho ariko hari (…)
Leta y’u Rwanda yashyize ingufu mu guteza imbere ibikorerwa imbere mu gihugu. Ni muri urwo rwego abikorera bafite umukoro wo kohereza hanze y’Igihugu amabuye y’agaciro atunganyijwe kuko biyongerera agaciro bikanareshya abashoramari.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abapolisi barimo ba Komiseri CG Emmanuel K. Gasana, CP Emmanuel Butera, CP Vianney Nshimiyimana, CP Bruce Munyambo, ACP Damas Gatare na ACP Privat Gakwaya.
Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI), ryatangaje ko rishimira Perezida Paul Kagame kuba yaremeye kuzongera kuba umukandida mu matora y’Umukuru w’Igihugu ataha ya 2024, rinamwizeza ubufatanye buhoraho ndetse n’uko rizamushyigikira.
Ku itariki 24 Nzeri 2023, hateganyijwe igitaramo cyiswe Tujyane Mwami Live Concert, gifite umwihariko wo kuzabanzirizwa n’ivugabutumwa ryo ku muhanda, gusangira ndetse no gufasha abanyeshuri bo mu miryango itishoboye.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA), rwitabye Komisiyo y’Abadepite Ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari n’umutungo by’Igihugu (PAC), kuri uyu wa Kane tariki 21 Nzeri 2023, rwemera ko kutagira igenamigambi rinoze ari yo ntandaro y’ibibazo uruhuri, bimaze igihe mu rwego rw’ubwikorezi rusange, nyuma y’uko Abadepite batanyuzwe (…)
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw’Ibiribwa n’Imiti, Rwanda FDA, cyamenyesheje abantu ko cyahagaritse ikwirakwiza n’ikoreshwa rya nimero eshatu z’umuti witwa AmoxiClav-Denk 1000/125 mg Powder for oral suspension.
Shalom Choir yo muri ADEPR Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali yakoreye igitaramo mu nyubako ya BK Arena, abacyitabiriye bashima imigendekere yacyo, dore ko bari bitabiriye ari benshi, kukizamo bikaba byari ubuntu.
Umuhanzi w’indirimbo zo guhimbaza no kuramya Imana zikunze gukoreshwa muri Kiliziya Gatolika ziri mu njyana ya ‘Classique’, Niyonzima Oreste, agiye kumurika ibitabo bibiri biriho indirimbo 223 zirimo izo yahanze ku giti cye, ndetse n’izindi yakoreye amanota, ibizwi nka ‘solfège’.
Korali Ambassadors of Christ ibarizwa mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, igeze kure imyiteguro y’igitaramo yise ‘Umubyeyi Remera Fundraising Concert’, abazacyitabira bazinjira ku buntu.
Umuraperi Hakizimana Amani uzwi nka AmaG The Black, ageze mu Karere ka Musanze amurika Album ye nshya yise Ibishingwe. Ni Album agiye kumurika ku nshuro ya kabiri, akaba avuga ko kwinjira biba ari ubuntu.
Ku wa Kane tariki 7 Nzeri 2023, ni bwo hatangajwe urutonde rw’abahanzi bagezweho mu Rwanda bazifashishwa mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival, bigarutse nyuma y’imyaka itatu bidakorwa imbonankubone.
Shalom Choir yo mu Itorero rya ADEPR Nyarugenge, igiye gukorera igitaramo cy’amateka muri BK Arena, kizanaririmbamo umuhanzi Israel Mbonyi, kwinjira bikazaba ari ubuntu.
Abatega imodoka mu buryo bwa rusange baratangaza ko bagikeneye nkunganire ku giciro cy’ingendo, itangwa na Leta kuko ibibazo by’amikoro make byatewe na Covid-19 bigihari, ndetse n’ibindi biciro ku isoko bikaba byarazamutse cyane.
Tombola ya Inzozi Lotto yegereje serivisi zayo abakiriya ifungura irindi shami i Nyabugogo ndetse inatangiza umukino mushya ukubiye inshuro nyinshi cyane ndetse ukaba ari na wo wa mbere uwukinnye ashobora kungukamo menshi kandi yashoye make.
Kompanyi itanga serivisi n’ibicuruzwa by’ubwiza ya Zuri Luxury Ltd, yatanze imfashanyo y’ibikoresho by’ishuri ku bana babarizwa mu kigo cyo kwa Gisimba, gifasha abaturuka mu miryango itishoboye, kikaba kidaharanira inyungu.
Igihugu cya Kenya cyatangiye inzira z’amategeko zigamije kongera kwemerera abunganizi mu mategeko (abavoka) bo mu Rwanda no mu Burundi, kongera gukorera ku butaka bw’iki gihugu.
Inama ya cyenda y’abagenzuzi mu by’imiti bo ku mugabane wa Afurika yateraniye i Kigali mu Rwanda, yigiye hamwe uburyo ibihugu byose by’uyu mugabane byakwemeza ishyirwaho ry’ikigo Nyafurika cy’Imiti, ibyafasha uyu mugabane kwikorera imiti n’inkingo bitarenze mu 2024.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwihanangirije bwa nyuma imiyoboro ya YouTube irenga 30 yo mu Rwanda itangaza ibijyanye n’ibiterasoni ndetse n’uburaya.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwasobanuye ikibazo cy’abagenzi batega imodoka zitagenewe kubatwara ndetse n’abaka ibizwi nka ‘lifuti’ mu gihe izisanzwe zigenewe kubatwara zitarimo kuboneka.
Igihugu cya Tanzania cyavuze ko ubwiyongere bw’impunzi za Repubulika Ihanarira Demukarasi ya Kongo (RDC) bumaze kurenga ubushobozi mu mafaranga yo kuzitaho, gisaba abafatanyabikorwa kubatera inkunga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiturire (RHA) cyagaragaje ko Uturere dutanu two mu Ntara y’Iburengerazuba n’akandi kamwe ko mu Majyepfo ari two twibasirwa n’ibiza kurusha utundi mu Gihugu. Ni urutonde ruriho n’utundi turere twose aho tugabanyije mu byiciro bitatu bitewe n’uburyo dusumbana mu kwibasirwa n’ibiza. Ni amakuru (…)
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Peter Mathuki, yatangaje ko Igihugu cya Somalia kimaze gutera intambwe ikomeye icyinjiza muri uyu muryango ku buryo bitarenze uyu mwaka kizakirwa nk’umunyamuryango mushya.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko u Rwanda rurimo kwakira amarushanwa y’imikino ahuza ibigo by’amashuri yisumbuye byo mu Karere u Rwanda ruherereyemo abaye ku nshuro ya 20. Ni amarushanwa ategurwa n’Ishyirahamwe ry’Imikino mu Bigo by’Amashuri yisumbuye muri Afurika y’Iburasirazuba (FEASSSA), akaba abereye mu Rwanda (…)
Ubuyobozi mu Ntara y’Iburasirazuba bwatangaje ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe bumaze kwangiza imiyoboro y’amazi ifite agaciro kabarirwa muri miliyari imwe na miliyoni 800Rwf mu Karere ka Gatsibo honyine. Ubuyobozi buvuga ko bwafashe ingamba zo guhangana n’iki kibazo mu turere twose tw’iyi Ntara.
Gen (Rtd) Romeo Dallaire wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, n’umwanditsi w’ibitabo, Ishmael Beah, basabye urubyiruko rw’Abanyarwanda gukoresha amahirwe yose bafite mu kugera ku iterambere ryose rishoboka.
Itsinda ry’abaririmbyi bakora umuziki uhimbaza Imana, basusurukije abitabiriye igitaramo kibanziriza umunsi w‘Ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya uzwi nka Asomusiyo, wizihizwa buri tariki ya 15 Kanama mu myizerere Gatolika.
Inzego z’umutekano muri Uganda zatangaje ko abantu batatu baguye mu mpanuka ya bisi y’ikompanyi itwara abagenzi ya Jaguar, yari ivuye mu Rwanda yerekeza muri icyo gihugu, igeze mu gace ka Kajumiro.