MENYA UMWANDITSI

  • Dore uko i Kigali binjiye mu mwaka mushya wa 2024 (Amafoto+Video)

    Abatuye n’abagenda mu Mujyi wa Kigali itariki ya nyuma ya 2023 ari yo 31 Ukuboza bahisemo kuyisoreza mu bice bitandukanye byawo byari byateguwe mu rwego rwo kwizihiza ukwinjira mu wundi mwaka bari hamwe bishimiye ko urangiye, bawushoje amahoro, bakaba binjiye mu wundi.



  • Menya ibyo usabwa niba ushaka gukoresha imitako y’imigoongo

    Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB ruratangaza ko n’ubwo imitako y’imigoongo ari kimwe mu birango by’Umuco Nyarwanda bimaze kwamamara, kuyikoresha mu buryo bubyara inyugu bisaba uburenganzira butangwa n’inzego zibishinzwe ndetse hamwe hakabanza kwishyurwa amafaranga yumvikanweho.



  • Amerika igiye gusubira ku kwezi nyuma y’imyaka 51

    Nyuma y’imyaka 51 ubutumwa bw’urugendo rwa nyuma rw’icyogajuru cya Amerika kigana ku kwezi cyiswe Apollo 17 rukozwe, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigiye kongera kohereza icyogajuru ku kwezi mu mpera z’uyu mwaka, bikaba biteganyijwe ko kizahagera mu ntangiriro za 2024.



  • Gushyiraho ifaranga koranabuhanga ni ngombwa kandi birakenewe- John Rwangombwa

    Guverineri wa banki nkuru y’u Rwanda (BNR) John Rwangombwa, ubwo yamurikiraga Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi raporo y’imari ya BNR y’umwaka w’ingengo y’imari ushize, yatangaje ko umushinga wo gutangiza mu Rwanda amafaranga yo mu buryo bw’ikoranabuhanga ugeze kure.



  • Somaliya yagizwe umunyamuryango wa EAC

    Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC winjije mu banyamuryango bawo igihugu cya Somaliya nyuma y’imyaka hafi 11 iki gihugu gisabye kwinjira muri uyu muryango. Ni igihugu kibaye umunyamuryango wa munani wa EAC kikaba cyije nk’umuhuza hagati y’uyu muryango n’ibindi bice mu buryo bw’ubucuruzi ndetse na cyo kikazungukira (...)



  • Iki cyorezo biravugwa ko cyibasira cyane cyane abakiri bato

    Mu Bushinwa hakomeje gukwirakwira icyorezo gishya gifata mu myanya y’ubuhumekero

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryasabye Igihugu cy’u Bushinwa gutanga amakuru no gufata ingamba ku cyorezo cyibasira ibihaha cyadutse muri iki gihugu kuva mu kwezi k’Ukwakira, ubu kikaba kiri gukwirakwira mu bice byinshi kandi kitaramenyekana.



  • Kaminuza yigisha Ubuvuzi n

    Kaminuza ikomeye muri Sudani irateganya kwimukira mu Rwanda

    Kaminuza yigisha Ubuvuzi n’Ikoranabuhanga (University of Medical Sciences and Technology - UMST) y’i Khartoum muri Sudani, irateganya kwimurira ibikorwa byayo mu Rwanda nyuma y’igihe ihagaritse kwigisha bitewe n’ibibazo by’umutekano muke muri iki gihugu.



  • Uganda: Indwara itaramenyekana imaze guhitana abantu 12

    Inzego z’ubuzima za Uganda zirimo gukora iperereza ku ndwara y’icyaduka itaramenyekana imaze guhitana abantu bagera kuri 12 mu gihe cy’ibyumweru bibiri mu Karere ka Kyotera rwagati muri icyo gihugu.



  • Ibitaro bya Al-Quds byahagaritse kwakira abandi barwayi

    Gaza: Baratabariza abaheze mu bitaro byarashweho

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO), ryasabye Israel guhagarika byihuse ibitero bikomeje guhitana imbaga muri Gaza, nyuma yo kurasa ku bitaro bibiri bikomeye muri iyi ntara hagapfa abarwayi n’abaganga, ndetse abandi benshi bakabura uko bahunga.



  • Miliyari zirenga eshatu zakoreshejwe nabi mu 2022 zashoboraga kuvamo iyihe mishinga?

    Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka ushize w’ingengo y’imari igaragaza ko amafaranga angana na miliyari eshatu na miliyoni 200 yanyerejwe, andi akoreshwa nabi. Ni amafaranga menshi yari gukorwamo imishinga y’iterambere ifatika kandi ikazamura Abaturarwanda iyo aramuka akoreshejwe icyo yagenewe.



  • Inzu yahoze ari iy

    Ikibazo cy’inyubako 1000 za Leta zidakoreshwa cyavugutiwe umuti

    Leta yatangaje ingamba zo guhangana n’ikibazo cy’inyubako zayo 1000, ziri hirya no hino mu Gihugu ariko zidakoreshwa. Ni ingamba zitezweho gukemura ikibazo cy’ubukode bw’ahatangirwa serivisi za Leta kuri ubu buyitwara agera kuri Miliyari 12 ku mwaka, nyamara hari zimwe muri izo nyubako zakoreshwa aho gukodesha izindi.



  • Perezida Kagame asanga abashoramari bakwiye guhanga amaso muri Afurika

    Perezida Paul Kagame yavuze ko imyumvire y’uko ishoramari muri Afurika rigoye kurikora idakwiye kuko uyu umugabane ufite amahirwe mu ishoramari nk’aboneka ahandi ku Isi ndetse ukagira n’akarusho k’abaturage bari mu nzira y’iterambere.



  • Abitabiriye WTTC bashimye uburyo bakiriwe mu Rwanda

    Julia Simpson asanga Perezida Kagame ari umwe mu bayobozi bakomeye ku Isi

    Mu gusoza inama mpuzamahanga ya 23 ku bukerarugendo yari iteraniye i Kigali, u Rwanda rwashimiwe kuba rwarayakiriye neza, by’umwihariko Umuyobozi wa WTTC, Madamu Julia Simpson ashimira Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame. Hanatangarijwe Chairman mushya w’ikigo cyateguye iyi nama ndetse n’igihugu kizakira iy’ubutaha.



  • Imbuto Foundation ifite intego yo gufasha abana bo mu miryango ikennye b

    Imbuto Foundation na Ambasade y’u Bushinwa bageneye ubufasha abanyeshuri 100

    Umuryango Imbuto Foundation ku bufatanye na Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, bagiye gufatanya kwishyurira abana 100 amafaranga y’ishuri n’ibindi bikenerwa mu myigire yabo, muri uyu mwaka w’amashuri.



  • Perezida Kagame ageza ijambo ku bitabiriye WTTC

    Twahaye isura u Rwanda ituma buri muntu ku Isi yifuza kurusura - Perezida Kagame

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko Igihugu cyakoze ibishoboka byose mu kubaka isura nshya mu iterambere ry’abagituye no kureshya abagisura, ariko ko hagikenewe ubufatanye mu bihugu bya Afurika kugira ngo mu bukerugendo ibyo bigerweho.



  • Umunyarwanda ahatanye mu bihembo bya rwiyemezamirimo mwiza muri Afurika

    Rwiyemezamirimo Munyarugendo Albert ufite ikompanyi ikora ibijyanye no gushyira abantu amafunguro mu ngo ahatanye n’abandi banyafurika icyenda mu bihembo ngarukamwaka biteganyijwe gutangirwa mu nama izabera mu Rwanda ku nshuro ya mbere.



  • Imirimo yo kubaka iyi nzira iramara ibyumweru bitatu

    Kigali: Ku Kimihurura harimo gushyirwa inzira yihariye y’abakora siporo

    Umujyi wa Kigali watangaje ko watangiye kuvugurura amasangano y’imihanda ya Kimihurura, hakaba hagiye gushyirwa inzira yihariye y’abakora siporo yo kwiruka no kugenda n’amaguru, hagamijwe kongera ibikorwa remezo bya siporo. Hazashyirwa n’intebe rusange, iyo mirimo yo kuhatunganya ikazamara ibyumweru bitatu.



  • Intare zimaze kurenga 60: Ubwiyongere bw’inyamaswa muri Pariki y’Akagera

    Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu y’Akagera buratangaza ko inyamaswa muri iyi pariki zimaze kwiyongera ku kigero cya 127% kuva mu myaka 13 ishize. Ibi ni umusaruro w’ingamba zitandukanye zashyizweho harimo no kuzanamo izindi nyamaswa, bikaba byarazamuye umubare w’intare zazanywemo ari icyenda mu 2015 ubu zikaba zariyongereye.



  • RDC: Amakamyo yari ashyiriye ibiribwa abakuwe mu byabo n’intambara yatwitswe arakongoka

    Insoresore zo mu gace ka Beni mu Mujyi wa Oichi uri mu Ntara ya Kivu ya ruguru muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo (RDC), zatwitse amakamyo atatu y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa (WFP), yari agemuriye ibyo kurya abakuwe mu byabo n’intambara bari muri ako gace.



  • Amacupa abanza kuyoza mbere yo kuyasubiza ku ruganda

    Kwegeranya no gusubiza amacupa y’inzoga ku ruganda byamuteje imbere

    Niragire Gertulde utuye mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Kicukuro, avuga ko gutunganya amacupa yashizemo inzoga za ‘liqueur’ zizwi nk’ibyuma bimaze kuzamura umuryango we wari mu bukene bukabije, ubu akaba ageze ku rwego rwo gukorana n’ibigo by’imari no gukoresha abandi.



  • Korali Merry Melody Family igiye kumurikira alubumu

    Korali Merry Melody Family yo muri UR Huye igiye kumurika alubumu

    Korali Merry Melody Family ibarizwa mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, rigizwe n’abiga muri Kaminuza y’u Rwanda (UR) Ishami rya Huye, igeze kure imyiteguro y’igitaramo izamurikiramo alubumu y’indirimbo zikoze mu buryo bw’amajwi n’ubw’amashusho.



  • Abahuguwe na BK Academy biyemeje gushyira umukiriya ku isonga

    Abahuguwe na BK Academy biyemeje gushyira umukiriya ku isonga

    Itsinda ry’abasoje amahugurwa y’amezi atatu atangwa na Banki ya Kigali (BK), binyuze mu kigo cyayo BK Academy, baratangaza ko ubumenyi bungutse bugiye kubafasha gushyira umukiriya ku isonga ku bari basanzwe mu kazi, ndetse no kwinjirana ubumenyi bukenewe mu kazi ku bagiye kugatangira.



  • Bagaragaraje inyungu u Rwanda ruzakura mu kwakira Trace Awards

    Dore inyungu u Rwanda ruzakura mu kwakira Trace Awards

    Kompanyi y’Igihugu y’ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), bagaragaje ko uretse gushyigikira uruganda rw’imyidagaduro mu gihugu, hari n’izindi inyungu nyinshi u Rwanda ruzabona nirwakira ibihembo bya Trace Awards 2023.



  • Igishushanyo mbonera cy

    Amajyaruguru: Bamaze imyaka 4 bategereje ibiro byari gukoreramo inzego zinyuranye none amaso yaheze mu kirere

    Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru bwasobanuye uko byagenze ngo umushinga wo kubaka ibiro byari gukoreramo inzego z’ibanze kuva ku mudugudu kugeza ku Kicaro cy’iyi intara bidindire, kuko uyu mushinga umaze imyaka ine umuritswe ariko kugeza ubu hakaba nta n’ibuye ry’ifatizo rirashyirwa aho ibi biro bizubakwa.



  • Titi Brown yasabiwe gufungwa imyaka 25

    Kuri uyu wa 13 Ukwakira 2023 Umubyinnyi Ishimwe Thierry wamamaye nka Titi Brown yongeye kwitaba urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge aburana ku cyaha cyo gusambanya no gutera inda umwana utagejeje imyaka y’ubukure.



  • Irebere Umujyi wa Muhanga mu Cyerekezo 2050

    Umujyi wa Muhanga uherereye mu Ntara y’amajyepfo ni umwe muri itatu yunganira Kigali ukaba witezweho kuzaba ari Umujyi w’Ubucuruzi ukomeye mu myaka 27 iri imbere. Biteganyijwe ko abatuye Akarere ka Muhanga muri rusange bazaba icyo gihe bariyongeyeho 45%; ibituma hazubakwa ibikorwaremezo bitandukanye ndetse n’izindi ngamba (...)



  • Ibiheri bishobora gutuma u Bufaransa butakira imikino Olempike

    Inzego z’ubuyobozi mu Bufaransa zihangayikishijwe bikomeye n’ikibazo cy’ibiheri/imperi, kimaze gufata indi ntera nk’icyorezo mu gihugu hose muri aya mezi ya vuba. Ni ikibazo kiri gutuma hakekwa ko gishobora no guhagarika imikino Olempike yaburaga amezi icyenda ngo ibere mu Mujyi wa Paris.



  • Rwanda FDA yavuze ku binini byo kuboneza urubyaro bitemewe

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw’Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA), cyasobanuye ibijyanye n’ibinini byo kuboneza urubyaro giherutse guhagarika ku isoko ry’u Rwanda, kuko bitujuje ubuziranenge.



  • UR: Graduation yimuwe, impamvu igirwa ubwiru

    Kaminuza y’u Rwanda (UR)imaze gutangaza ko umuhango wo gusoza amasomo ya kaminuza ku banyeshuri bayo uzwi nka graduation wari uteganyijwe mu minsi icumi iri imbere wimuriwe mu kwezi gutaha. Ni imipinduka iyi kaminuza ivuga ko zije zitunguranye bitewe n’impanvu zikomeye ariko yavuze ko itatangariza rubanda. Gusa ngo ni mu (...)



  • Ni ikigo cyitezweho guhashya ibyaha by

    U Rwanda rwabaye icyicaro cy’Ubugenzacyaha ku byaha by’ikoranabuhanga mu Karere

    Polisi y’u Rwanda yafunguye icyicaro cy’Ikigo gishinzwe Ubugenzacyaha, ku byaha bikorerwa ku Ikoranabuhanga ku rwego rw’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba. Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta, Dr Emmanuel Ugirashebuja, yavuze ko u Rwanda rwahagurukiye kurwanya ibyaha bikorerwa ku ikoranabuhanga, ndetse (...)



Izindi nkuru: