Uramutse usuye Diyoseze Gatolika ya Nyundo hamwe n’Iseminari nto yitiriwe Mutagatifu Pie X, mu Ntara y’Iburengerazuba, waterwa agahinda n’ibyo umugezi wa Sebeya wahakoze ariko ukanashimira Imana kuba ntawe byambuye ubuzima muri ibyo bigo! Umugezi wa Sebeya mu Karere ka Rubavu mu biza biherutse wakoze ibya mfura mbi ku duce (…)
Ubwo bari mu gikorwa cy’amarushanwa yo gusoma no gufata mu mutwe Korowani Ntagatifu, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude yashimye umusanzu w’amadini n’amatorero mu mibereho y’Abanyarawanda ndetse anabibutsa ko n’Igihugu kibaha ubwisanzure busesuye.
Ikompanyi y’u Bushinwa yubaka imihanda (CRBC), yifatanije na Leta y’u Rwanda mu gutabara no gutera inkunga abaturage basizwe iheruheru n’ibiza by’inkangu n’umwuzure ukabije, biherutse kwibasira Intara y’Iburengerazuba, iy’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo.
Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), yatangaje uburyo bwo gucishamo inkunga y’infashanyo ku baturage baherutse kwibasirwa n’ibiza byahitanye abantu 131. Ni nyuma y’uko inzego zinyuranye zakomeje kwihanganisha u Rwanda, ndetse hari n’abari bamaze kwegeranya inkunga yabo.
Abayobozi n’abakozi b’Ikigo gishinzwe Ibizamini bya Leta n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (National Examination and School Inspection Authority - NESA) basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Murambi ruherereye mu Karere Nyamagabe, bunamira inzirakarengane zazize Jenoside zirushyinguyemo. Banaremeye abarokotse Jenoside (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bwasabye urubyiruko rwibumbiye mu nzego zitandukanye z’abakorerabushake, gukoresha imbaragaga bafite mu guteza imbere abaturage, kuko aka karere ari ko kaza ku isonga mu kugira umubare munini w’abakorerabushake ku rwego rw’Igihugu.
Mu mpera z’ukwezi gushize kwa Werurwe, bimwe mu bigo by’itangazamakuru bikomeye ku Isi byatangaje inkuru ivuga ku rubyiruko rw’Abanyarwanda, rwabaswe no gutega mu mikino y’amahirwe, ibizwi cyane nka ‘betting’.
Uruzinduko Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, akubutsemo mu Burengerazuba bwa Afurika rwamwongereye ibigwi, birimo no kwitirirwa ikindi gikorwa remezo gikomeye. Ni ikiraro yitiriwe muri Guinée-Conakry, kije gisanga umuhanda yitiriwe muri Malawi mu 2007. Kuri ubu hari bamwe batangiye kugaragaza ko bifuza ko na Stade Amahoro (…)
Abafotora, abafata amashusho n’abandi bakunda kubika amakuru mu buryo bunyuranye, bashobora gutangira ubu kuko u Rwanda rwamaze kwinjira mu cyiciro cyo gushyira mu bikorwa ibikubiye mu cyerekezo 2050; gahunda igamije guha isura nshya imijyi yo hirya no hino mu gihugu.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko ikibazo cy’inzu zubatswe zitujuje ubuziranege mu Mudugudu w’Urukumbuzi hamenyekanye nko kwa Dubai, cyamaze guhabwa umurongo. Ibi byatangajwe mu gihe bamwe mu batuye uyu mudugudu, bavugaga ko basabwe kwimuka bwangu nyamara batarabona amikoro yo kubona ahandi berekeza.
Muri iki gihe twibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, ibikorwa byo kwibuka bigenda bikorwa mu buryo bunyuranye. Ibyamamare binyuranye by’umwihariko abanyamuziki ni bamwe mu bakunze gutanga umusanzu w’ibihangano nk’indirimbo mu gihe cyo kwibuka.
Mu kwibuka Abanyapolitiki bazize Jenoside, hagaragajwe ko politiki mbi y’urwango n’ivangura yaranze Repubulika ya mbere n’iya kabiri ari yo yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorerewe Abatutsi mu 1994 igahitana abarenga miliyoni.
Kankindi Liliose w’imyaka 32 y’amavuko atuye ndetse akanakorera mu mujyi wa Nyamata mu karere ka Bugesera, aho atanga serivisi zinyuranye z’itumanaho. Ni umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994 ndetse icyo gihe yaburanye n’abo mu muryango we.
Umukinnyi wamamaye muri filime nyarwanda, D’Amour Selemani, yavuze inzira itoroshye yanyuzemo kuva i Kigali agera i Burundi, ubwo yari agiye kwinjira mu Nkotanyi afite imyaka 17. Uyu mwanzuro yawufashe mbere y’uko Jenoside yakorewe Abatutsi iba, amaze kubona ko Igihugu cyari gikeneye amaboko kugira ngo kibohorwe.
Mwizerwa Eric watanze ubuhamya mu gutangiza kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu muhango wabereye ku rwibuto rwa Kigali ruri ku Gisozi, yavuze ibihe bigoye yanyuzemo, asobanura uko byamusabye kubeshya abari bagiye kumwica ko ari Umuhutu, ku bw’amahirwe ararokoka.
Leonardo DiCaprio wamenyekanye cyane nka Romeo muri Filime ‘Romeo na Juliet’, yavuze ko atari mu rukundo n’umunyamideli w’imyaka 19 y’amavuko, nyuma y’amafoto y’aba bombi amaze iminsi acicikana abagaragaza bari hamwe.
Umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana umaze kubaka izina, Prosper Nkomezi kuri ubu ugeze kure imyiteguro y’igitaramo azakorera i Huye, yatangaje ko azasangira urubyiniro n’itsinda rya Papi Clever na Dorcas na bo bamaze kwigarurira imitima ya benshi bakunda ibihangano byabo.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, ku wa Kane tariki ya 9 Gashyantare 2023 rwasubitse ku nshuro ya kabiri, urubanza rw’umugore ukurikiranyweho urupfu rw’umwana w’umukobwa w’imyaka itanu yari abereye mukase rwabaye mu ntangiriro za 2022.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula yavuze ko u Rwanda rukeneye nibura miliyoni 30 z’amadolari ya Amerika, ni ukuvuga agera hafi kuri miliyari 30Rwf kugira ngo rwagure imiyoboro ya murandasi mu duce tugera kuri 300 mu gihugu hose.
Kim Jong Un uyobora Koreya ya Ruguru yategetse igisirikare cye gukaza no kwagura imyitozo njyarugamba igamije kwitegura intambara hagamijwe gukomeza gushotora no kwereka ibihugu bituranyi ndetse na Amerika ko iki gihugu gifite intwaro.
Umuhanzi Nasseb Abdoul Juma wamamaye cyane nka Diamond Platnumz muri Tanzania, Afurika y’i Burasirazuba no ku Isi muri rusange, yamaze gutangaza ko agiye kwibaruka undi mwana muri uyu mwaka.
Nyuma y’umutingito ukomeye wabaye ejo ku wa mbere muri Turukiya n Siriya ugahitana imbaga abandi benshi bagakomereka, ibi bihugu bikomeje kwemererwa no kohererezwa ubutabazi butandukanye.
Itariki 5 Gashyantare ni umunsi w’ingenzi kuri Neymar. Iki cyamamare muri ruhago ni bwo yizihiza isabukuru ye y’amavuko. Iy’uyu mwaka yabaye ku Cyumweru, aho uyu munsi we waranzwe no kwakira ubutumwa butandukanye ku mbuga nkoranyambaga ze yagenewe n’inshuti ze, abafana be, umuryango we ndetse n’ibindi birangirire muri ruhago.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Isanzure (RSA) cyatangaje ko cyamaze kwemerera gukorera mu gihugu ikompanyi ya Starlink itanga serivise zo gukwirakwiza murandasi iva ku cyogajuru.
Bafakulera Robert wari Umuyobozi Mukuru w’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) yeguye kuri izo nshingano ku mpamvu ze bwite. Amakuru y’ubwegure bwe yamenyekanye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu ku itariki 03 Gashyantare 2023.
Perezida Paul Kagame yahamagariye ibihugu bya Afurika kwegeranya ubushobozi bukenewe mu rwego rwo kuziba icyuho mu bikorwa remezo, nk’inzira yo kugaragaza ubushobozi bw’iterambere uyu mugabane wifitemo no guteza imbere abaturage.
Umugore w’Umunya-Kenya mu mujyi wa Nairobi bivugwa ko yafashwe ari gukora imibonano mpuzabitsina n’umukunzi we mu muhanda rwagati, yakatiwe amezi atandatu y’igifungo cyangwa ihazabu y’ibihumbi 20 by’amashilingi.
Ku Cyumweru tariki 29 Mutarama 2023, abarenga 50 bahitanywe n’impanuka ebyiri zitandukanye zabereye muri Pakisitani.
Kaminuza y’ubuhinzi n’ikoranabuhanga yitwa ‘Tanzania’s Mwalimu Nyerere University of Agriculture and Technology’ iherereye mu Karere ka Butiama, mu gace ka Mara muri Tanzania, imaze imyaka 13 igenerwa na Leta amamiliyoni y’Amashiringi nk’ingengo y’imari, ariko ntiyigeze yakira umunyeshuri n’umwe kuva yashingwa.
Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, yavuze ko abantu bakora mu masaha ya nijoro bakwiye gushishikarizwa gukoresha imiti yo kwisiga yica imibu, nk’uburyo bw’inyongera bwo kwirinda indwara ya malariya, cyane ku bantu bakorera hanze mu masaha y’ijoro.