Umuhanzi wo mu Rwanda Yvan Buravan yasohoye indirimbo zitandukanye mu gihe kimwe harimo iyo ari kumwe na Dream Boyz bo muri Angola, indi ari kumwe na Gaz Mawete wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse n’iyo yafatanyije na A Pass wo muri Uganda.
Abahanzi n’abandi batandukanye bakomeje gutanga ubutumwa bwamagana abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni nyuma y’aho uwitwa Idamange anyujije ubutumwa kuri YouTube avuga ko Leta ikoresha Jenoside yakorewe Abatutsi na Covid-19 mu bucuruzi.
Umunyarwanda Mike Kayihura wahataniye igihembo cya Prix découvertes RFI 2020, ariko amahirwe ntiyamusekera ngo acyegukane, yasohoye indirimbo nshya yise ‘Jaribu’ ivuga ku bihe bikomeye isi irimo kandi we arimo agerageza urukundo.
Tariki 1 Gashyantare u Rwanda rwizihiza umunsi wi’intwari z’Igihugu. Kuri iyi nshuro hateguwe igitaramo gisingiza Intwari ariko kubera ingamba zo kwirinda Covid-19, abantu bagikurikiye kuri Televiziyo.
Nk’uko umubiri ugirirwa isuku ni kimwe n’uko ibiwujyaho byose byo kuwutaka bigomba kwitabwaho kugira ngo bidateza uburwayi cyangwa ibindi bibazo.
Umwe mu bagore b’abirabura waciriye inzira abandi bakinnyi ba filime b’abirabura muri America, Cicely Tyson, yapfuye mu ijoro ryo ku wa kane tariki 28 Mutarama 2021.
Miss Rwanda 2016, Mutesi Jolly, ni umwe muri ba Nyampinga ukoresha imbuga nkoranyambaga cyane, ariko abantu ntibabyumve kimwe kuko harimo n’abamutuka.
Ubushakashatsi bwemeza ko ibimaze igihe kinini bivugwa binagirwaho impaka, ko abantu benshi baterwa umunezero n’imyenda icyeye bambaye ndetse nabo bari kumwe ari byo.
Nyuma y’igihe kinini bivugwa ko aba bombi bakundana ariko bombi bakabihakana, Nkusi Arthur uyu munsi yemeje ko ibyo abantu bavuga ari ukuri.
Abakunzi ba Tom Close bakomeje kwibaza niba azakomeza gukora umuziki cyangwa azahitamo gukora inshingano ze mu rwego rw’ubuzima gusa.
Nyuma y’igihe kinini bakundana, umuhanzi Nsengiyumva Emmanuel uzwi nka Emmy uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasabye umukunzi we Umuhoza Joyce ko amubera umugore.
Nk’uko umuntu yigirira isuku ku mubiri n’aho atuye ni na ko imbwa zo mu ngo na zo zikenera isuku. Iyo imbwa ifite isuku n’ubuzima bwiza itera nyirayo ibyishimo, ariko igashobora gutera ibindi bibazo yewe n’indwara mu gihe ititaweho mu buryo bukwiriye.
Umuhanzi Mugisha Benjamin wamamaye ku izina rya The Ben avuga ko umwaka wa 2020 utamubereye mwiza. Usibye icyorezo cya COVID-19 cyahagaritse gahunda ze nyinshi, yanapfushije mushiki we bituma ibikorwa bye byiganjemo iby’umuziki bitagenda nk’uko yari yabiteganyije.
Gerry Marsden wamenyekanye ku ndirimbo yise “You’ll never walk alone” yaje gukundwa ikaba iranga ikipe ya Liverpool, yapfuye ku myaka 78 y’amavuko.
Umuhanzi w’umunyarwanda Nikuze Alain Thierry uzwi nka R. Tuty ukorera umuziki we mu Bubiligi avuga ko umwaka wa 2021 yifuza gutumbagiza ijyana Gakondo haba mu Rwanda ndetse no ku mugabane w’i Burayi by’umwihariko mu gihugu cy’u Bubiligi.
Nubwo icyorezo cya COVID-19 cyatumye nta birori byinshi byabaye mu mwaka wa 2020 nk’uko byari byitezwe, ntabwo byabujije abahanzi gukora indirimbo zigashimisha abantu hirya no hino mu Rwanda n’ahandi ku isi.
Umuhanzi Ngabo Medard uzwi nka Meddy yasabye umukunzi we Mimi Mehfira ko amubera umugore.
Abageze ku cyiciro cya nyuma cy’irushanwa rya The Next Pop Star harimo abakobwa babiri n’abahungu bane barimo abasanzwe ari abahanzi babiri ari bo Gisa Cy’Inganzo na Ish Kevin.
Ibiro bitanze 65, uburebure guhera kuri metero 1.7 kuzamuka n’imyaka hagati ya 18 na 24, ni bimwe mu byahindutse ku bakobwa bari butangire kwitabira irushanwa rya Miss Rwanda 2021.
Marina ubarizwa muri Label ya The Mane yasabye imbabazi ku mugaragaro abayobozi bayo kuba yararenze ku mabwiriza akitabira amarushanwa ya ‘The Next Pop Star’.
Inzu itunganya umuziki yitwa A.I Records Kenya ikorera muri Kompanyi ifasha abahanzi yitwa Universal Music Group muri Kenya yasinyanye amasezerano y’imikoranire n’umuhanzi mushya mu njyana ya Country Elvis Nyaruri.
Ntwali Arnold wamenyekanye nka DJ Toxxyk yakoze ubukwe ku wa Gatandatu tariki 05 Ukuboza 2020 na Tala Ndekezi.
Nyuma y’imyaka irenga 20 aririmba ibisope, umuhanzi Alexandre Mwitende, ukoresha amazina ya Alexandre Lenco mu buhanzi, yahuye na Tonzi amufasha gutangira gukora ibihangano bye bwite.
Injyana zijya zigira ibihe byazo zigakundwa, n’abahanzi bakagira igihe cyo gukundwa. Kuri ubu hari abahanzi nyarwanda bari mu bagaragaza ko bafite ahazaza heza mu muziki batangiye.
Kwishushanya ku mubiri n’irangi ridashira (tatouage) ni bimwe mu bintu bikunzwe kugaragara mu rubyiruko bishobora kugira ingaruka ku wabikoze.
Umuhanzi Igor Mabano ni umwe mu bagizweho ingaruka n’icyorezo cya COVID-19, dore ko cyadutse mu gihe yiteguraga kumurika Album ye ya mbere bigahagarikwa n’ingamba zo kwirinda icyo cyorezo. Kuri ubu Igor Mabano arimo gutegura Album ye ya kabiri.
Hope Nigihozo umugore wa nyakwigendera Karuranga Virgile wamenyekanye nka DJ Miller, hamwe n’inshuti z’uyu muryango, bagiye kumurika album ye nyuma y’amezi hafi umunani yitabye Imana.
Hashize iminsi inganda nka Pfizer, BioNtech na Moderna zivuga ko ziri gukora inkingo za COVID-19 zifite ubwirinzi bungana na 95%, ariko se ubundi bigenda bite kugira ngo urukingo rwemerwe?
Nyuma y’amaojongora yakozwe n’akanama nkemurampaka, Umunyarwanda Mike Kayihura ari mu bantu 10 bari guhatanira amahirwe yo gutwara igihembo cya RFI Prix Decouvertes.
Tshala Muana, umuhanzikazi w’icyamamare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DR Congo), yafashwe n’abashinzwe umutekano avanwa iwe ku wa mbere tariki 16 Ugushyingo 2020 nk’uko byemezwa n’ushinzwe ibikorwa bye.