Alyn Sano ni we Munyarwandakazi ugeze mu cyciro cya semi finale (muri kimwe cya kabiri) mu marushanwa yo kuririmba ya The Voice, akaba asaba Abanyarwanda kumutora kugira ngo abe yakwegukana iryo rushanwa.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Miss Rwanda 2021, Ingabire Grace, yasabye urubyiruko gushyira hamwe ngo rwubake igihugu, ari na ko rutemerera abapfobya Jenoside.
Miss Ingabire Grace uherutse kwegukana ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2021 yavuze ko intego ye ari ugukoresha amahirwe afite nka Nyampinga aho guta umwanya mu bidafite akamaro abantu batindaho nk’umwenda yari yambaye ahabwa ikamba.
Tariki ya 24 Werurwe ya buri mwaka u Rwanda rwifatanya n’isi mu kwizihiza umunsi wahariwe kurwanya indwara y’igituntu, Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) kikavuga ko uwo munsi usanze mu Rwanda abarwara igituntu baragabanutseho 7% mu mwaka ushize.
Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 20 Werurwe 2021, ni bwo hatowe Miss Rwanda 2021, amakanzu atandukanye abarushanwaga bari bambaye yakomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’ibirori.
Ingabire Grace ni we wegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2021, akaba asimbuye uwari kuri uwo mwanya, Miss Nishimwe Naomie wari umaranye iryo kamba umwaka kuko yaryambitswe yatsinze amarushanwa ya Miss Rwanda 2020.
Kuri uyu mugoroba wo ku wa 20 werurwe 2021, haraza kumenyekana uwambikwa ikamba rya nyampinga w’u Rwanda 2021, mu bakobwa 20 bageze kuri ’finale’.
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali (BK), Dr. Diane Karusisi, avuga ko impamvu bateye inkunga amarushanwa ya Miss Rwanda ari uko bahuje icyerekezo cyo guteza imbere ubukungu biciye mu guhanga udushya, akaba yanashimye imishinga yabo.
Muri batandatu bageze kuri finale y’irushanwa rya The next pop star, Jasmine Kibatega niwe utahanye intsinzi.
Uko ari 20, abakobwa barimo guhatanira ikamba rya Miss Rwanda 2021 basuwe na Banki ya Kigali (BK) ku wa 16 Werurwe 2021, baganira ku mikoreshereze y’amafaranga.
Abakobwa 20 bari guhatanira ikamba rya Miss Rwanda 2021 bari mu mwiherero i Nyamata mu Karere ka Bugesera, aho bagenda basurwa n’abashyitsi benshi batandukanye babafasha kwitegura neza ayo marushanwa, babaha n’ubundi bumenyi butandukanye.
Patrick Mazimpaka ufite ubumuga bw’uruhu avuga ko akaga yahuye nako mu mikurire ye yatewe n’ubwo bumuga, katahagaritse inzozi ze zo kuzaba icyamamare muri muzika.
Rayvanny, umwe mu nkingi za mwamba mu nzu itunganya umuziki Wasafi ya Diamond Platinums wo muri Tanzania, yafunguye inzu ye bwite ifasha abahanzi mu muziki.
Abakobwa 20 batoranyijwe muri 37 nibo bagiye gutangira umwiherero i Nyamata, muri bo hakazavamo Miss Rwanda 2021.
Irushanwa rya Miss Rwanda ririmo abakobwa 37 barimo guhatanira ikamba ry’uyu mwaka, uyu munsi haramenyekana 20 bazakomeza.
Ni kenshi umuntu yisanga abanza koza amenyo mbere yo kunywa ikawa, gake akoza amenyo nyuma yahoo, abahanga basobanura igihe cyiza byakorwamo n’impamvu yabyo.
Nyuma yo kubazwa cyane ku mbuga nkoranyambaga n’abafana niba bararetse umuziki, abahanzi bagize itsinda rya Urban Boys bashubije bavuga ko umuziki bakiwurimo, ariko ko wadindijwe na COVID-19 ndetse n’imishinga ya studio ikomeje muri uyu mwaka.
Umuhanzi Patrick Nyamitari wamenyekanye cyane aririmba indirimbo z’Imana akaza guhindura akaririmba izisanzwe, yavuze ko yabitewe n’uko mu rusengero yumvaga hadatuma yisanzura uko bikwiye kandi ari umuhanzi munini.
Abakobwa b’impanga, Ange Ndayishimiye na Pamela Bamureke baririmba injyana ya gakondo, bakoze indirimbo bise “Ndamurika” bashimira abahanzi ba gakondo babafashije kugera aho bari.
Nyuma y’igihe gisaga ukwezi irushanwa The Next Pop Star risubitswe mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza y’inzego z’ubuzima yo kwirinda icyorezo cya Covid-19, iryo rushanwa ryongeye gusubukurwa, mu kwezi gutaha hakazamenyekana abaryegukanye.
Ni byinshi twibwira ko bidufasha kuryama neza ndetse iyo tutabikoze dushobora kubyukana amavunane, harimo gukora siporo cyangwa se kuryamira isaha imwe buri munsi, abashakashatsi bagira ibyo babisobanuraho mu buryo bwimbitse.
Umuhanzikazi Clarisse Karasira n’umukunzi we witwa Ifashabayo Sylvain Dejoie basezeranye imbere y’amategeko, uyu muhango ukaba wabereye mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo tariki 18 Gashyantare 2021.
Ako kanama kagizwe n’abashinzwe gufata imyanzuro yemerera abakobwa kuva mu cyiciro kimwe bajya mu kindi, kuva mu majonjora kugera ku munsi wa nyuma (finale).
Ngozi Okonjo Iweala ukomoka muri Nigeria wahoze ari Minisitiri w’imari ni we mugore wa mbere w’umunyafrika ugiye kuyobora uyu muryango mu mateka yawo.
Album y’umuhanzi Icyizere Ismael ukoresha izina rya Zilha mu muziki, iriho indirimbo zirimo iyitwa Kagame Money, Inkotanyi Cyane, Twubahwe n’izindi. Zilha yasobanuye impamvu yayise Inkotanyi cyane n’agaciro imufitiye we nk’umuhanzi n’urubyiruko muri rusange.
Mu ndirimbo ye nshya yise ‘Papa’, Knowless abwira umusore wateye inda umukobwa batabiteganyije ko ubuzima buhindutse, akagira inama urubyiruko yo kwishimisha ariko batekereza ku ngaruka byagira ku buzima bwabo.
Umuhanzi wo mu Rwanda Yvan Buravan yasohoye indirimbo zitandukanye mu gihe kimwe harimo iyo ari kumwe na Dream Boyz bo muri Angola, indi ari kumwe na Gaz Mawete wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse n’iyo yafatanyije na A Pass wo muri Uganda.
Abahanzi n’abandi batandukanye bakomeje gutanga ubutumwa bwamagana abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni nyuma y’aho uwitwa Idamange anyujije ubutumwa kuri YouTube avuga ko Leta ikoresha Jenoside yakorewe Abatutsi na Covid-19 mu bucuruzi.
Umunyarwanda Mike Kayihura wahataniye igihembo cya Prix découvertes RFI 2020, ariko amahirwe ntiyamusekera ngo acyegukane, yasohoye indirimbo nshya yise ‘Jaribu’ ivuga ku bihe bikomeye isi irimo kandi we arimo agerageza urukundo.