Umuryango Mpuzamahanga w’Ubushakashatsi kuri Jenoside (Réseau International Recherche et Génocide - RESIRG asbl) wifatanyije n’abanya-Armenia bashegeshwe n’iyi Jenoside, uwo muryango utanga ubutumwa bw’ihumure.
Icyorezo cya Coronavirus cyahawe izina rya COVID-19 kikaba kimaze amezi atatu cyemejwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ko ari icyorezo.
Nyuma y’uko amakuru avuga ko Safi Madiba yagiye muri Canada, ubu yamaze gushyira hanze indirimbo nshya.
Ubuyobozi bw’idini ya Isilamu mu Rwanda buravuga ko nubwo igisibo cya Ramadan kigiye kuba isi yose iri mu bihe bikomeye byo kurwanya icyorezo cya Coeonavirus, bitazabuza Abayisilamu kucyubahiriza basengera mu ngo zabo.
Itsinda ry’abanyarwenya rya ‘Comedy Knights’ barimo Prince, George, Babou, Herve na Michael, muri #GumaMuRugo ntabwo bicaye ahubwo bari gukoresha ikoranabuhanga ngo basusurutse abakunda urwenya.
Muri iyi minsi hariho gahunda ya #GumaMuRugo, hirindwa Coronavirus, igihe abantu bamara bareba muri telephone, mudasobwa ndeste na television cyariyongere, ndetse ubushakashatsi bwerekana ko umuntu ashobora kumara amasaha 11 ku munsi abireba.
Muri gahunda yo kuguma mu rugo abantu birinda icyorezo cya Coronavirus, ntibivuga ko akazi gahagaze, ku bahanzi ni umwanya wo gukora bakanashyira ibindi bihangano hanze. Kigali Today yasuye abagize inzu y’umuziki ya ‘Kina Music’ irimo Ishimwe Clement ari na we uyiyobora, Knowless, Platini, Igor Mabano ndetse na Nel Ngabo.
Ku Mugabane w’u Burayi, abageze mu zabukuru bazongera kwemererwa gusohoka no kujya mu buzima busanzwe nibuza mu mpera z’uyu mwaka wa 2020, kubera icyorezo ya coronavirus nkuko byatangajwe n’umuyobozi wa Komisiyo y’Ibihugu by’ u Burayi, Ursula Von Der Leyen.
Abanyarwanda baba muri Leta zunze ubumwe za Amerika batangiye gukusanya inkunga y’ibihumbi ijana by’Amadolari (100,000$) yo gufasha Abanyarwanda batishoboye muri ibi bihe isi yose ndetse n’u Rwanda bihanganye n’icyorezo cya COVID-19.
Inkuru y’urupfu rwa Karurangwa Virgile uzwi nka DJ Miller yamenyekanye ku gicamunsi cyo cyumweru tariki 5 Mata 2020, imihamgo yo kumushyingura ikaba yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Mata 2020.
Nk’uko byatangajwe na Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside, Polisi y’u Rwanda iramenyesha Abaturarwanda ko ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 bizabera mu ngo zabo, hifashishijwe amaradiyo, televiziyo n’imbuga nkoranyambaga.
Icyumweru cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 gihuriranye na gahunda yo kuguma mu rugo mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19. Ni ibihe bitoroshye kuko abantu batarimo kubonana ngo babane hafi.
Nyuma y’uko Safi Madiba agiye muri Canada abihishe inshuti ze, hagaragaye ikiganiro yagiranye n’uwo bahoze bakundana Umutesi Parfine bakaba bashobora kuba bagiye gusubirana.
Umuhanzi Diamond Platnumz wari umaze iminsi 14 mu kato, kuri uyu wa kane tariki ya 2 Mata 2020, yatangaje ko yakavuyemo ariko ko nta COVID-19 yari arwaye.
Kubera icyorezo cya COVID-19, ubuyobozi bukomeje gukangurira abantu kuguma mu ngo mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyo cyorezo.
Kuri uyu wa mbere tariki 30 Werurwe 2020, ni wo munsi wa nyuma w’umuryango w’umwuzukuru umwamikazi w’u Bwongereza, igikomangoma Harry n’umugore we Meghan Markle ndetse n’umwana wabo Archie, ugomba kuba utakibarizwa mu muryango wo mu bwami uyobowe n’Umwamikazi Elizabeth II.
Umunya Cameroun N’djoke Dibango wamenyekanye ku izina rya Manu Dibango, wamenyekanye cyane mu gucuranga saxophone ndetse no kuririmba injyana ya Jazz, yapfuye muri iki gitondo cyo kuwa kabiri tariki ya 24 Werurwe 2020, azize icyorezo cya COVOD-19.
Igitaramo ngarukakwezi cy’urwenya gitegurwa na Arthur Nation, cyatamyemo umunya-Nigeria Kenny Blaq na mugenzi we wo muri Afurika y’Epfo Ndumiso Lindi.
Umuhanzi wo muri Nigeria witwa Joseph Akinfenwa Donus uzwi nka Joeboy aratangaza ko yiteguye gukorana n’umuhanzi nyarwanda ufite uburyo bwo kumenyekanisha ibihangano bakoranye.
Umuryango wa James na Daniella Rutagarama witegura igitaramo cyo kumurika Album yabo ya mbere kizabera muri Kigali Arena, baravuga ko bizeye ko Imana izabafasha kuzana abantu 11,000 muri icyo gitaramo.
Ingabire Rehema umwe mu bakobwa 20 bahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2020, afite umushinga wihariye ujyanye no gushyiraho isoko ryihariye ry’abarimu, kugira ngo babashe kubaho neza bijyanye n’umushahara bahembwa.
Ubwinshi bw’abaguze amatike y’igitaramo cy’itsinda ryitwa Kassav ryamamaye mu njyana ya Zouk hamwe n’umuhanzi Christopher wo mu Rwanda, bwatumye hari abatabasha kwinjira ahaberaga icyo gitaramo biba ngombwa ko bategurirwa ikindi.
Igitaramo cyateguwe n’Umujyi wa Kigali ku bufatanye n’Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe(CHENO) cyabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village (KCEV) ahazwi nka Camp Kigali ku mugoroba wo gusingiza Intwari tariki 31 Mutarama 2020.
Ambasaderi Olivier Nduhungirehe yasabye Shadyboo gutanga impapuro z’isuku (sanitary pads) mu bukangurambaga bwiswe #FreeThePeriod.
Igitaramo cy’urwenya kimaze kumenyerwa na benshi bakunda urwenya kiba buri kwezi. Icyabaye bwa mbere muri uyu mwaka wa 2020 cyitabiriwe n’Umunyamalawi Daliso Chiponda ,wabaye uwa gatatu mu marushanwa ya ‘UK Got Talent’.
Ni kenshi abahanzi babazwa ikindi bakora iyo badahugiye mu muziki cyangwa ibitaramo. Aba ni bamwe mu bahanzi nyarwanda bafite ibindi bikorwa by’ubucuruzi bibinjiriza amafaranga, bakabifatanya no gukora umuziki.
Ku munsi wa kabiri w’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, tariki 20 Ukuboza 2019, nibwo ubukangurambaga bwo gutanga telefoni ku Banyarwanda bwiswe #ConnectRwanda bwatangijwe n’umuyobozi mukuru wa MTN Rwanda, Mitwa Kaemba Ng’ambi.
Safi Madiba yandikishije ibihangano bye mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe kwihutisha Iterambere (RDB), bimusubiza igisa n’uburenganzira yari yarambuwe na The Mane yabarizwagamo. The Mane yari yaratanze impuruza ko atemerewe gukoresha ibihangano byose yayikoreyemo.
Imyaka 20 ishize umunyarwandakazi Sonia Rolland Uwitonze abaye Miss France. Hari mu 1999 ubwo Sonia Rolland Uwitonze yambikwaga ikamba rya Nyampinga w’u Bufaransa. Tariki 11 Ukuboza uyu mwaka nibwo yizihije imyaka 20 amaze yambaye iryo kamba.
Itsinda Hillsong London riririmba indirimbo zo guhimbaza Imana hamwe na Aimé Uwimana bateguye igitaramo kibera muri Kigali Arena kuri uyu wa gatanu tariki 06 Ukuboza 2019. Kwinjira mu myanya isanzwe ni amafaranga y’u Rwanda 10,000, VIP ari 20,000 Frw, naho muri VVIP bibe 50,000 Frw.