Kuri uyu wa gatatu ni bwo itsinda Hillsong London rigizwe n’abahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana ryageze i Kigali, aho rije mu gitaramo kizaba tariki ya 6 Ukuboza 2019 muri Kigali Arena.
Akanama nkemurampaka ka "RFI talents du rire" kemeje ko umunrwenya ukomoka mu Rwanda n’i Burundi, Michaël Sengazi, ari we watsindiye iki gihembo ku nshuro yacyo ya gatanu gitanzwe.
African Muzik Magazine Awards/AFRIMMA ni ibihembo bihabwa abahanzi n’abanyamuziki batandukanye mu rwego rwo guteza imbere umuziki Nyafurika.
Iserukiramuco ryo gusetsa "Caravane du rire" ryabaye kuwa gatanu no kuwa gatandatu w’icyumweru gishize muri KCEV (camp Kigali) ryaranzwe n’ibyishimo ku baryitabiriye.
Ku nshuro ya kabiri David Carmel Ingabire nyiri ‘DavyK’ (Inzu y’imideri) yamuritse imyenda yakoze avanye igitekerezo ku kubungabunga ibidukikije kandi ikaba ishobora kwambarwa na buri wese.
Umusore w’Umunyarwanda Twagira Prince Henry agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa ry’abasore beza (ba rudasumbwa) ku mugabane wa Afurika.
Uretse ubusitani buri ku isomero rusange rya Kigali (Kigali public library) ushobora kwicaramo umunsi wose ugasoma igitabo hari na interineti itagira umugozi (Wi-Fi), umujyi wa Kigali watunganyije ubundi busitani bwihariye.
Mbere y’uko umusore n’umukobwa bakora ubukwe cyangwa ngo bajye kwiyerekana imbere y’ababyeyi, barakundana bakemeranya kubana.
Abanyarwenya bo mu Rwanda bari mu itsinda rya comedy Knights bateguye iserukiramuco ry’urwenya bise ‘Caravane du rire’ rizazenguruka ibihugu bitatu.
Hirya no hino mu gihugu hakunze gutegurwa ibitaramo n’ibirori bitandukanye bifasha abantu gusoza neza icyumweru. Bimwe muri byo ni ibi bikurikira:
Mu gihe kirenga imyaka icumi bamaze bakora umuziki, abagize itsinda rya Dream Boys bavuga ko umuziki utabatunga wonyine kuko nta mafaranga ahagije arimo.
Umuhanzi Ngabo Medard wamamaye ku izina rya Meddy yatawe muri yombi mu ijoro ryakeye ashinjwa gutwara imodoka yanyoye inzoga akarenza urugero.
Mu rugendo rw’iminsi itatu mu Rwanda, Umuyobozi w’inzu itunganya umuziki ya Godfather yabashije gusura zimwe mu nzu z’umuziki asiga asezeranyije ko azagaruka nyuma y’ukwezi kumwe aje gukorana na bamwe mu bahanzi barimo Bruce Melodie na Alyn Sano.
Umuhanzi wo muri Nigeria Patoraking yageze mu Rwanda ku wa kabiri tariki 08 Ukwakira 2019 aho aje gutarama mu nama ihuza abiganjemo urubyiruko izwi nka ‘YouthConnekt’.
Amakorali arindwi aturutse mu madini atandukanye, yateraniye mu iserukiramuco ryiswe ‘Choir Fest’ ryaberaga i Kigali ku nshuri yaryo ya mbere, rikaba ryari rigamije gufasha Leta kuzamura ubuhanzi no gutanga ubuhamya butandukanye.
Umuhanzi Christopher Muneza mu kiganiro yagiranye na KT Radio yavuze ko mu buzima busanzwe atajya anywa inzoga n’itabi akaba adakunda no gusohokera mu kabari, gusa akaba yarabinyoye kubera video y’indirimbo.
I New York muri Leta zunze ubumwe za Amerika hari kubera inama y’inteko rusange y’umuryango w’Abibumwe (United Nation General Assembly) izamara iminsi itanu.
Bamwe mu bakora umuziki gakondo nyarwanda bavuga ko mu myaka iri imbere ngo uwo muziki ushobora kuzimira nihatagira igikorwa ngo usigasirwe.
Imibyinire ya Ne-Yo iri ku rwego rwo hejuru kuko ni ibintu amaze igihe kirekire akora kandi abizi neza. Mbere y’uko ajya ku rubyiniro afite itsunda ry’abantu babanza kureba niba buri kintu kiri uko kigomba kuba kimeze mu mwanya wacyo.
Muri uyu mwaka wa 2019 aho iterambere rigeze usanga hagenda havuka ibintu byinshi bitandukanye, ariko mu by’imyambarire si ko ubisanga kuko abenshi ubu bagenda bambara imyambaro yo hambere muri za mirongo icyenda (1990), cyane cyane ubu aho Abanyarwanda basigaye bakunze kwambara ngo baberwe atari ukwambara gusa.
Umuhanzi w’Umunyarwanda Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, aritegura kwitabira igitaramo kizahuza ibihanganye muri Muzika ya Afurika kizabera i Dubai mu gihugu cya Leta Zunze ubumwe za Abarabu, igitaramo kiswe One Africa music fest, gitegurwa na sosiyete yitwa One Africa global.
Itorero Inganzo Ngali ryateguye igitaramo Nyarwanda kigamije guhinyuza abacyumva ko u Rwanda rutagera ku iterambere.
Jules Sentore umuhanzi umenyerewe mu njyana Gakondo, yemeje ko abahanzi Nyarwanda barusha ubuhanga abo mu bihugu baturanye, ariko bakarushwa kumenyekanisha ibikorwa byabo.
Kuri uyu wa gatunu tariki ya 14 Ukwakira 2016, Abanyamideli b’abanyarwanda barerekana ubwiza bw’ibihangano bya Kinyarwanda bakora.
Kuva ku wa Mbere tariki 1 Kanama kugeza kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Kanama 2016, u Rwanda rwakiriye inama mpuzamahanga y’ishyirahamwe ry’ibigo by’imari biteza imbere ubuhinzi mu cyaro muri Afurika, Aziya na Pasifica n’abafatanyabikorwa babyo (AFRACA).