Si aka kanya bitangiye cyangwa mu mwaka umwe cyangwa ibiri ishize ahubwo ni ibintu bimaze imyaka myinshi mu Rwanda. Kera amakipe amwe n’amwe yitwazaga ko nta biro agira andi ko nta mikoro agira ariko uyu munsi bigaragara ko amafaranga ahari kuko ikipe igura abakinnyi ba Miliyoni zirenze icumi ku myaka ibiri ntiyabura (…)
Inama yahuje abayobozi b’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda n’abanyamuryango b’amakipe atandukanye, yanzuye ko shampiyona izagaruka mu kwezi kwa Nzeri 2020 hasubukurwa imikino ibanza.
Umukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Volleyball na UTB VC, Karera Emille Dada, yahishuye ibanga ritumye amara imyaka 20 akina Volleyball nk’umukinnyi muri shampiyona.
Shampiyona ya Basketball mu Rwanda izasubukurwa mu kwezi kwa Nzeri 2020 nkuko byemejwe n’inama yahuje Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (Ferwaba) n’abanyamuryango baryo.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda ryemejeko shampiyona ya Volleyball mu bagabo n’abagore izakomereza aho yari igeze mu kwezi kwa Nzeri 2020.
Ku wa Kane tariki ya 14 Gicurasi 2020 nibwo ubuyobozi bwa Musanze FC bwemeje ko bwatandukanye n’umutoza Adel Abdelrahman Ibrahim Adel wari umaze amezi hafi atandatu atoza iyi kipe.
Nyuma yo kwirukanwa kwa Adel Abdelrahman muri Musanze FC, yujuje umubare w’abatoza 11 birukwanwe muri uyu mwaka w’imikino 2019-2020 n’amakipe akina icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda buvuga ko kuvuka kwa Skol Adrien Cycling Academy (SACA Team) ari inyungu nyinshi kandi nini ku mukino w’amagare mu Rwanda.
Ikipe ya As Muhanga yahagaritse amasezerano y’abakinnyi bayo mu gihe cy’amezi atatu, ni ukuvuga ukwezi kwa Gicurasi, Kamena na Nyakanga.
Amashyirahamwe y’imikino atandukanye hano mu Rwanda yamaze gufata imyanzuro y’uko imikino izakomeza nyuma y’icyorezo cya Coronavirus. Ni nyuma y’uko Minisiteri ya Siporo yabitangarije amashyirahamwe y’imikino atandukanye hano mu Rwanda ko imikino izasubukurwa mu kwezi kwa Nzeri, imyitozo igasubukurwa mu kwezi kwa Kanama 2020.
Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Handball mu Rwanda (FERWAHAND), buratangaza ko igihe imikino izasubukurirwa mu Rwanda bazakomereza aho shampiyona yari igeze.
Ingingo eshatu ari zo: Gutegereza icyorezo cya Covid-19 kikarangira shampiyona igasubukurwa, gukina imikino ya kamarampaka ku makipe ane ya mbere muri buri tsinda uko akurikirana uyu munsi, no gusesa burundu shampiyona, ni zo ngingo zibanzweho mu nama yahuje ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) (…)
Umukinnyi w’imikino ngororamubiri Muhitira Felicien uzwi nka Magare arifuza kuzubaka ikibuga cy’umupira w’amaguru kiriho ubwatsi bw’ubukorano, ndetse n’aho bakinira imikino ngororamubiri (Piste ) mu Karere ka Bugesera.
Bamwe mu bakinnyi b’umupira w’amaguru mu Rwanda bararira ayo kwarika nyuma yo kumenya ko umwaka w’imikino 2019/2020 wahagaritswe kugera mu kwezi kwa Nzeri uyu mwaka wa 2020.
Rutahizamu w’Ikipe ya Sunrise Omovire Babua Samson yasezeye mu ikipe ya Sunrise nyuma y’imyaka ine yari amaze akinira iyi kipe yo mu Burasirazuba bw’u Rwanda.
Mu Rwanda hamaze iminsi humvikana amakipe ahagarika amasezerano y’abakozi kubera icyorezo cya Covid-19. Iheruka guhaharika amasezerano ni Heroes FC.
Abakinnyi n’abayobozi b’Ikipe ya REG Volleyball Club baratangaza ko batiyumvisha uburyo bari ku mwanya wa kabiri ku rutonde rwa shampiyona kandi barusha amanota Gisagara VC amanota menshi.
Imikino itandukanye mu buryo bw’imikinire, amategeko, imipira ikinwa ndetse n’ibindi bikoreshwa mu kibuga nk’inkweto, imyenda bambara ndetse n’amategeko . Mu kibuga cy’umukino uwo ari wo wose hagomba kuba umukinnyi uyoboye abandi ari we Kapiteni ugomba kugira ikirango kimugaragaza kikamutandukanya n’abandi.
Umutoza w’Ikipe ya UTB VC, Nyirimana Fidele asanga impamvu abatoza bagitangira gutoza badahirwa n’uyu mwuga ari uko bibanda gutoza amakipe yo mu Mujyi wa Kigali gusa.
Ikipe ya Gor Mahia yahawe igikombe cya shamipiyona ya Kenya 2019/2020 Kubera icyorezo cya Coronavirus cyahagaritse imikino.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) rivuga ko nyuma y’icyumweru kimwe rizafata icyemezo ku gihe imikino ishobora kuzakomereza.
Myugariro wa Rayon Sports akaba na Kapiteni wungirije muri iyo kipe, Irambona Eric na hamwe na Buteera Andrew, umukinnyi ukina hagati muri APR FC ni bo bakinnyi bamaze igihe kinini mu makipe yabo aho bamazemo imyaka umanani.
Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu Rwanda yahagaze amakipe amwe n’amwe asoje imikino ibanza, abakinnyi bamwe bahawe akaruhuko, ariko abandi bari bakiri aho bacumbikirwa n’amakipe yabo.
Myugariro w’Ikipe y’Igihugu Amavubi akaba n’umukinnyi wa Rayon Sports, Kayumba Sote,r avuga ko yakubitiwe ikipe ya Arsenal kubera kuyifana, akanakomoza ku itandikaniro hagati ya shampiyona y’u Rwanda na Kenya aho avuga ko gukina muri Kenya bisaba imbaraga.
Mu gihe isi ikomeje kugarwizwa n’icyorezo cya Coronavirus hano mu Rwanda hamaze iminsi havugwa amakipe ahagarika amasezerano n’abakinnyi biturutse kuri icyo cyorezo cya COVID-19.
Imibereho y’amakape mu gihe hatari imikino iba igoranye mu mikino itandukanye. Muri iki gihe cya #GumaMuRugo, Kigali Today yiyemeje kukugezaho uko mu mikino itandukanye amakipe abayeho.
Abakinnyi b’ikipe ya Rayon Sports babinyujije kuri Kapiteni w’iyi kipe Eric Rutanga, banyomoje ubuyobozi bwahagaritse imishahara yabo, bukavuga ko bwabyumvikanye n’abakinnyi kandi nta biganiro byo guhagarika imishahara bigeze bamenyeshwa.
Umuyobozi w’Ikipe ya Gasogi united, Kakooza Nkuriza Charles uzwi nka KNC, avuga ko Ikipe ya APR FC iyoboye urutonde rwa shampiyona yagakwiye guhabwa igikombe cya 2019-2020 mu gihe shampiyona yaba itarangiye.
Umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu y’abagore ya Basketball na IPRC Huye, Urwibutso Nicole, avuga ko yakunze uyu mukino kubera ko ari umukino bicara batsindana bityo abantu ntibarambirwe.
Hamaze iminsi mu itangazamakuru mu Rwanda hari impaka ku kongera umubare w’abanyamahanga bakina mu Rwanda ukava kuri batatu babanza mu kibuga bakaba batanu cyangwa batandatu kugira ngo urwego rwa shampiyona ruzamuke.