Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryasinyanye amasezerano y’imyaka itanu ashobora kongerwa n’ikigo PMG (Premier Management Group) kizajya gicuruza amatike mu buryo bw’ikoranabuhanga Ku mikino yose ya Basketball n’amarushanwa ategurwa n’iri shyirahamwe.
Abakinnyi 12 b’Ikipe y’Igihugu y’umukino wa Chess bitabiriye irushanwa rya Olempike ry’uyu mukino, uri kuba hifashishijwe ikoranabuhanga. Ni imikino yatangiye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Kamena 2020 muri Saint Famille mu Mujyi wa Kigali, aho abitabiriye bari gukinira kuri Internet.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Nyakanga 2020 ku biro by’ikipe ya AS Kigali, habereye umuhango wo kongera umutoza Eric Nshimiyimana amasezerano y’umwaka umwe nk’umutoza mukuru w’iyi kipe.
Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC buratangaza ko umukinnyi buherutse gusinyisha Nsanzimfura Keddy, atari umukinnyi wa Kiyovu Sports nk’uko iyi kipe ibivuga, ahubwo amasezerano agaragaza ko yarezwe na La Jeunesse kandi ari yo yamutanze muri Kiyovu Sports.
Ubuyobozi bwa As Muhanga bwemeje ko ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga bwabemereye ikirombe cy’umucanga, bukaba butegereje igisubizo cy’Uturere twa Kamonyi na Ruhango.
Rutahizamu wari umaze imyaka itanu mu kipe ya Police FC Songa Isaïe yamaze guhabwa urupapuro rumwemerera kuva muri iyi kipe nyuma yo gusaba gusesa amasezerano.
Gukina mu ikipe si ugushaka ibyishimo gusa ahubwo ni ugushaka ubuzima bwa buri munsi mu buryo bwo kwinjiza amafaranga no kwagura inshuti. Gukina imyaka myinshi mu ikipe bamwe bavuga ko habamo gutinya kujya kureba indi ndetse no gutinya guhangana mu kibuga.
Ubuyobozi bw’ikipe ya AS Muhanga buvuga ko bwatinze gusimbuza umutoza Abdul Mbarushimana werekeje muri Bugesera FC, kugira ngo bashakishe umutoza uzaguma mu murongo ikipe yihaye wo kuzamura impano z’abana.
Abakunzi batandukanye ba Rayon Sports baganiriye na Kigali Today bagira icyo bavuga nyuma y’uko Komisiyo y’ubujururire muri FERWAFA igize umwere umuyobozi w’iyi kipe, Munyakazi Sadate.
Kapiteni mushya w’ikipe ya Musanze FC Habyarimana Eugene, avuga ko abakinnyi n’abatoza ba Musanze FC bafitiye abakunzi b’iyi kipe ideni ryo kubatsindira amakipe yose akomeye bagakomanga no ku gikombe mu mwaka 2020-2021.
Ikipe ya Espoir FC Kyambadde Fred akinamo yemeje ko iri mu biganiro n’ikipe ya Musanze FC ku kuba yayigurisha uwo rutahizamu Kyambadde Fred ukomoka mu gihugu cya Uganda.
Umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru mu Rwanda Amavubi Stars, Emery Mvuyekure wasoje amasezerano mu ikipe ya Tusker yo muri Kenya, yemeje ko ari ku rutonde rw’abanyezamu batatu batoranyijwe muri barindwi bifuzwaga n’ikipe ya Orlando Pirates yo muri Afrika y’Epfo.
Nyuma y’uko bamwe mu bakinnyi ba Rayon Sports bayitaye bayisize mu bibazo bakerekeza mu yandi makipe harimo n’akunze guhangana na Rayon Sports, umunyezamu w’iyi kipe Mazimpaka André yavuze ko kuba iyi kipe yaramubaye hafi mu gihe yari afite imvune aribyo bizatuma atayihemukira ngo ayivemo nkuko abandi bayiteye umugongo (...)
Umunyezamu w’ikipe ya Sunrise FC, Nsabimana Jean de Dieu uzwi nka Shaolin, yiteguye kuba yasezera muri Sunrise FC mu gihe yaba itamwishyuye umwenda ungana na miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda yasigaye ku yo yamuguze.
Tariki ya 03 Kamena buri mwaka, isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana igare. U Rwanda nk’igihugu kiri gutera imbere, umukino wo gusiganwa ku magare na wo uri muyafashije kuzamura isura yarwo mu gihugu imbere ndetse no hanze.
Bikunze kuvugwa ko ikipe ifite abafana benshi mu gihugu cy’u Rwanda ari Rayon Sports, ariko iyi kipe yumvikanye kenshi mu makuru inshuro nyinshi zikaba impamvu zidasobanutse.
Ikipe ya Rayon Sports yandikiye iya Kiyovu Sports iyimenyesha ko yaguze umunyezamu Kimenyi Yves mu buryo budakurikije amategeko.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 01 Kamena 2020 ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi habereye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro icyumweru cyo kwibuka abari abakinnyi, abatoza, abafana ndetse n’abandi bakundaga imikino mu Rwanda bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Umutoza wa IPRC Kigali BBC, John Bahufite, asaba abatoza bagitangira gutoza muri basketball ndetse n’indi mikino itandukanye kudatekereza inyungu mbere, ahubwo urukundo rw’umukino rukaba ari rwo rujya rubanza.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) rivuga ko amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 200 atari ayo kugabanya abanyamuryango bayo nk’uko bamwe babitekereza.
Nyuma y’igihe kitari gito humvikanye ibibazo byo kudahemba n’amarira y’abakinnyi bari bamaze amezi agera muri arindwi batazi icyitwa ifaranga, ubuyobozi bwa Mukura VS buratangaza ko ubuzima bugiye kuba bushya.
Umwe mu myanzuro yavuye mu nama yahuje ihuriro ry’amatsinda y’abafana ba Rayon Sports (Fan base) yabaye ku wa gatatu tariki ya 27 Gicurasi 2020, hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Covid 19, uvga ko batakarije icyizere Komite ya Rayon Sports iyobowe na Sadate Munyakazi.
Myugariro wa Police FC Ndayishimiye Célestin ashobora kubisikana na myugariro wa Musanze FC Muhoza Tresor wifuzwa cyane na Police FC.
Inkuru yo gusinya k’uwari umunyezamu wa Rayon Sports Kimenyi Yves werekeje muri Kiyovu Sports yaraye imenyekanye mu ijoro ryo kuwa Gatatu tariki ya 26 Gicurasi 2020 ariko ntihagaragara amafoto asinyira iyi kipe yambara icyatsi n’umweru.
Ikipe ya Musanze FC imaze gutangaza Seninga Innocent nk’umutoza mukuru wayo, akaba ayigarutsemo nyuma y’imyaka ibiri yari ishize batandukanye.
Amakipe arimo Amagaju FC, Alpha FC na Interforce ari mu yungukiye mu kugira ibyangombwa biyemerera gukina amarushanwa ategurwa na FERWAFA (Club Lisencing) aho yemerewe gukina imikino ya 1/4 mu cyiciro cya kabiri.
Umukinnyi ukina hagati mu kibuga Twizerimana Martin Fabrice amaze gusinyira Police FC amasezerano y’imyaka ibiri.
Kapiteni wungirije muri Rayon Sports Irambona Eric ateye umugongo ikipe yamureze Rayon Sports yerekeza muri mukeba w’igihe kirekire ari we Kiyovu Sports.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ku wa Gatanu tariki ya 22 Gicurasi 2020 ryatangaje ko ryafashe umwanzuro wo guha APR FC igikombe cya Shampiyona, ritangaza kandi ko amakipe ya Gicumbi FC na Heroes amanuka mu cyiciro cya kabiri.
Nyuma y’umwaka asinyiye ikipe ya AS Kigali ariko akaba nta mukino n’umwe yigeze ayikinira,Umurundi Kwizera Pierrot yiteguye kugaruka muri AS Kigali nyuma yo gukira imvune yari afite.