Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yatangaje ko umuryango w’ibihugu bihuriye ku rurimi rw’Igifaransa (Francophonie), ukeneye gutera intambwe ukava aho uri kuko usa n’unezezwa no kwihamira hamwe. Ni mu kiganiro yaraye agiranye na televiziyo y’Abafaransa TV5 Monde, yari yamutumiye nk’umwe mu (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwafashe umwanzuro wo kwimura imiryango itanu yari ituye ku musozi bigaragara ko ushobora guteza ibibazo kuko watangiye kwiyasa. Ni mu murenge wa Kimonyi, akagari ka Mbizi, mu mudugudu wa Rugondo, ubuyobozi bugakeka ko bishobora kuba byaratewe n’itiyo y’amazi inyura munsi yatobotse cyangwa (…)
Arnold Schwarzenegger, ni Umukinnyi wa film, akaba icyamamare muri siporo bita bodybuilding cyangwa se kubaka umubiri, ndetse akaba yarigeze no kuyobora Leta ya California muri leta zunze ubumwe z’America.
Perezida Kagame asanga abantu badakwiye gufata Afurika mu isura ya ruswa kuko ari ikibazo kiri ku isi yose, ariko akongeraho ko hakenewe ubushake n’ingamba zo kuyica muri Afurika.
Perezida Paul Kagame, uri mu nama yiga ku bukungu bw’isi i Davos mu Busuwisi, yagiranye ikiganiro kigufi na Perezida w’Amerika Donald Trump.
Johnny Hallyday, umuhanzi w’Umufaransa wari umuhanga mu njyana ya Rock yitabye Imana ku myaka 74 azize indwara y’ibihaha.
Ishusho imaze imyaka irenga 500 bikekwa ko yashushanyijwe n’umunyabugeni w’umutaliyani Leonardo da Vinci yagurushijwe mu cyamunara i New York muri Amerika (USA).
Eugenia Chang, umwarimu w’imibare muri kaminuza ya Sheffield mu Bwongereza yashyize ahagaragara ibanga (formule) ryo gutegura pizza ya ntamakemwa.
Mu gihugu cy’Ubwongereza hari sosiyete yenga byeri ishaka gutanga akazi ko kuzisongongera mbere y’uko zishyirwa ku isoko.
Umuhanga mu Mbonezabitekerezo (philosophe) w’Umufaransa, yatangaje ko Tintin wamenyekanye mu nkuru zishushanyije (bande dessinée cyangwa cartoon) yaba atari umusore nk’uko benshi mu bakunze inkuru ze babyibwiraga.
umugabo ushinjwa ubwicanyi warugiye guhanishwa kwicwa atewe urushinge muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, yarusimbutse hasigaye amasaha ane.
Mu bihugu byinshi cyane cyane ibyo ku mugabane w’u Burayi, Africa na Leta zunze ubumwe z’America, hari umuco wo kubanza gukomanganya ibirahure cyangwa amapuca mbere y’uko abantu basangira icyo kunywa.
Umukinnyi wa film muri Hollywood Dwayne Johnson uzwi nka ’The Rock’ yatangaje ko bishimishije cyane kumva abafana be bifuza ko yazitabira amatora ya perezida USA mu matora ya 2020.
Ijakete ikoze mu ruhu yambawe na nyakwigendera Patrick Swayze muri film yitwa Dirty Dancing yagurishijwe $62,500 muri cyamunara yabereye i Los Angeles, muri Leta zunze ubumwe za Amerika mu Mpera z’ukwezi kwa Mata 2017.
Mu Bufaransa hashyizweho itegeko ribuza abacuruzi b’imyambaro gukoresha abakobwa bananutse cyane mu kwamamaza ibicuruzwa byayo.
Ontlametse Phalatse umukobwa ufatwa nk’intwari muri Africa y’Epfo waharaniye kubaho igihe kirenze icyo abaganga bakekaga kubera uburwayi budasanzwe, yatabarutse ku myaka 18.
Ibitangazamakuru byo muri Africa y’epfo bikomeje kwandika inkuru y’umukobwa utarufite icyizere cyo kurenza imyaka 14 kubera uburwayi budasanzwe bwitwa Pro-geria, butuma umuntu asaza vuba cyane.
Ambasaderi James Kimonyo yatangaje ko u Rwanda rwuguruye amarembo ku Banyakenya bifuza kuza gukorera mu Rwanda kandi ko hari amahirwe menshi yo kutirengagizwa.
Radio yo mu Mujyi wa Birmingham mu Bwongereza yitwa Mid City Radio yafashe umwanzuro wo kudacuranga indirimbo zo kuri album ya Ed Sheeran yise Divide, zimaze iminsi irindwi yose zihariye imyanya 10 ya mbere ku rutonde rw’indirimbo zikunzwe cyane muri iki gihugu.
Umuhanzi, umuririmbyi akaba n’umwanditsi w’indirimbo Ed Sheeran yaciye agahigo n’ipusi itasimbuka, nyuma y’uko umuzingo w’indirimbo ze yise Divide ugurishijwe cyane kurusha izindi ndirimbo 500 zose zishyize hamwe.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’iryo mu Budage DFB byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu kunoza ubuyobozi, gushyigikira no guteza imbere umupira w’amaguru.
Nyuma y’amezi atatu abaganga bagerageza gushakisha impamvu y’urupfu rwa nyakwigendera George Michael, umuhanzi w’umwongereza watabarutse kuri noheli tariki 25 Ukuboza 2016, ikinyamakuru The Sun cyemeje ko yazize ibiyobyabwenge.
Ubuyobozi w’ikigo gishinzwe imihanda no gutwara abagenzi i Dubai, bwatangaje ko guhera muri Nyakanga hazatangira gukora taxi zigendera mu kirere nk’indege.
Impuguke mu itangazamakuru mu Rwanda zemeza ko bitazorohera ibindi bikoresho bitangaza amakuru kuyageza ku baturage nk’uko radiyo ibikora kuko ikundwa na benshi.
Kugira neza ni ukuguriza Imana kandi ngo iyo ikwishyuye, ibikora mu buryo bwayo ndetse igakuba inshuro zitabarika.
Ingoto ni igice cy’umubiri kigirwa n’abagabo, ariko kuba cyariswe Adam’s apple cyangwa Pomme d’Adam bishobora kugira aho bihurira n’ibyanditswe muri bibiliya.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 10 yagonzwe n’imodoka yitaba Imana, agerageza gukiza impinja ebyiri zari zigiye kugongwa n’imodoka yacitse feri ikisubiza inyuma.
Ubutabera bwo mu Bwongereza, kuri uyu wa 18 Ukuboza 2015, burafatira umwanzuro Abanyarwanda batanu bahungiyeyo bashinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Amakuru aturuka muri Bolivia, igihugu kiri muri America y’Amajyepfo, aravuga ko umushumba wa Kiliziya Gatulika, Papa Francis, azagisura ngo akaba yasabye kuzazimanirwa ibibabi bya Coca bikorwamo ikiyobyabwenge cya Cocaine.
Mu kigo cyororerwamo inyamanswa Higashiyama Zoo kiri mu Buyapani (Japan), ingagi y’ikigabo yitwa Shabani ngo yahogoje abakobwa kubera ubwiza buhebuje, n’ukuntu izi kwifotoza iyo abantu baje kuyireba.