Mu gihugu cy’Ubwongereza hari sosiyete yenga byeri ishaka gutanga akazi ko kuzisongongera mbere y’uko zishyirwa ku isoko.
Umuhanga mu Mbonezabitekerezo (philosophe) w’Umufaransa, yatangaje ko Tintin wamenyekanye mu nkuru zishushanyije (bande dessinée cyangwa cartoon) yaba atari umusore nk’uko benshi mu bakunze inkuru ze babyibwiraga.
umugabo ushinjwa ubwicanyi warugiye guhanishwa kwicwa atewe urushinge muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, yarusimbutse hasigaye amasaha ane.
Mu bihugu byinshi cyane cyane ibyo ku mugabane w’u Burayi, Africa na Leta zunze ubumwe z’America, hari umuco wo kubanza gukomanganya ibirahure cyangwa amapuca mbere y’uko abantu basangira icyo kunywa.
Umukinnyi wa film muri Hollywood Dwayne Johnson uzwi nka ’The Rock’ yatangaje ko bishimishije cyane kumva abafana be bifuza ko yazitabira amatora ya perezida USA mu matora ya 2020.
Ijakete ikoze mu ruhu yambawe na nyakwigendera Patrick Swayze muri film yitwa Dirty Dancing yagurishijwe $62,500 muri cyamunara yabereye i Los Angeles, muri Leta zunze ubumwe za Amerika mu Mpera z’ukwezi kwa Mata 2017.
Mu Bufaransa hashyizweho itegeko ribuza abacuruzi b’imyambaro gukoresha abakobwa bananutse cyane mu kwamamaza ibicuruzwa byayo.
Ontlametse Phalatse umukobwa ufatwa nk’intwari muri Africa y’Epfo waharaniye kubaho igihe kirenze icyo abaganga bakekaga kubera uburwayi budasanzwe, yatabarutse ku myaka 18.
Ibitangazamakuru byo muri Africa y’epfo bikomeje kwandika inkuru y’umukobwa utarufite icyizere cyo kurenza imyaka 14 kubera uburwayi budasanzwe bwitwa Pro-geria, butuma umuntu asaza vuba cyane.
Ambasaderi James Kimonyo yatangaje ko u Rwanda rwuguruye amarembo ku Banyakenya bifuza kuza gukorera mu Rwanda kandi ko hari amahirwe menshi yo kutirengagizwa.
Radio yo mu Mujyi wa Birmingham mu Bwongereza yitwa Mid City Radio yafashe umwanzuro wo kudacuranga indirimbo zo kuri album ya Ed Sheeran yise Divide, zimaze iminsi irindwi yose zihariye imyanya 10 ya mbere ku rutonde rw’indirimbo zikunzwe cyane muri iki gihugu.
Umuhanzi, umuririmbyi akaba n’umwanditsi w’indirimbo Ed Sheeran yaciye agahigo n’ipusi itasimbuka, nyuma y’uko umuzingo w’indirimbo ze yise Divide ugurishijwe cyane kurusha izindi ndirimbo 500 zose zishyize hamwe.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’iryo mu Budage DFB byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu kunoza ubuyobozi, gushyigikira no guteza imbere umupira w’amaguru.
Nyuma y’amezi atatu abaganga bagerageza gushakisha impamvu y’urupfu rwa nyakwigendera George Michael, umuhanzi w’umwongereza watabarutse kuri noheli tariki 25 Ukuboza 2016, ikinyamakuru The Sun cyemeje ko yazize ibiyobyabwenge.
Ubuyobozi w’ikigo gishinzwe imihanda no gutwara abagenzi i Dubai, bwatangaje ko guhera muri Nyakanga hazatangira gukora taxi zigendera mu kirere nk’indege.
Impuguke mu itangazamakuru mu Rwanda zemeza ko bitazorohera ibindi bikoresho bitangaza amakuru kuyageza ku baturage nk’uko radiyo ibikora kuko ikundwa na benshi.
Kugira neza ni ukuguriza Imana kandi ngo iyo ikwishyuye, ibikora mu buryo bwayo ndetse igakuba inshuro zitabarika.
Ingoto ni igice cy’umubiri kigirwa n’abagabo, ariko kuba cyariswe Adam’s apple cyangwa Pomme d’Adam bishobora kugira aho bihurira n’ibyanditswe muri bibiliya.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 10 yagonzwe n’imodoka yitaba Imana, agerageza gukiza impinja ebyiri zari zigiye kugongwa n’imodoka yacitse feri ikisubiza inyuma.
Ubutabera bwo mu Bwongereza, kuri uyu wa 18 Ukuboza 2015, burafatira umwanzuro Abanyarwanda batanu bahungiyeyo bashinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Amakuru aturuka muri Bolivia, igihugu kiri muri America y’Amajyepfo, aravuga ko umushumba wa Kiliziya Gatulika, Papa Francis, azagisura ngo akaba yasabye kuzazimanirwa ibibabi bya Coca bikorwamo ikiyobyabwenge cya Cocaine.
Mu kigo cyororerwamo inyamanswa Higashiyama Zoo kiri mu Buyapani (Japan), ingagi y’ikigabo yitwa Shabani ngo yahogoje abakobwa kubera ubwiza buhebuje, n’ukuntu izi kwifotoza iyo abantu baje kuyireba.
Abahanzi b’injyana ya afro beat baririmbana ari babiri bazwi ku izina rya Two 4real baratangaza ko badakora umuziki wabo bagamije kugaragara mu irushwanwa rya Primus Guma Guma ryitabirwa ku rwego rwo hejuru mu Rwanda.
Nubwo umunsi ubanziriza igitaramo cye atiyumvagamo ko ameze neza bitewe n’ibyo yari amaze kubona no kumva ku Rwibutso rwa Genocide rwa Gisozi ku wa gatandatu, kabuhariwe mu gusetsa abantu umugandekazi, Anne Kanssiime, ntibyamubujije gushimishije imbaga y’abari baje kwihera ijisho no kumva aho atembagaza abantu n’urwenya kuri (…)
Mu gihe kugendesha amaboko bidakorwa n’ubonetse wese, muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri Leta ya Indiana ahitwa Indianapolis, umugore witwa Julia Sharpe ngo atwite inda y’ibyumweru 34 y’impanga z’abahungu, yashoboraga kugendesha amaboko ibyo bamwe bita kumangamanga.
Muri aya masaha y’igicamunsi, umuryango FPR Inkotanyi uri mu Karere ka Bugesera, aho wagiye gushimira ku mugaragaro umugabo witwa Ntampfura Silas wahoze afite ipeti rya caporal mu gisirikare cya Habyarimana (EX-FAR) gishinjwa uruhare nyamukuru muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Emily Philips, umwarimu wacyuye igihe muri Florida, USA yiyanditse ubutumwa bw’akababaro bwagombaga gusomwa ku rupfu rwe, ariko abwandika mbere gato y’uko yitaba Imana azize canseri y’urwagashya.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne, aratangaza ko guta muri yombi abarundi bagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda bikigoranye cyane kubera ko kumenya imyirondoro yabo nabyo ubwabyo ari ikibazo.
Ubuyobozi bw’Inama Nkuru y’Itangazamakuru (MHC) buratangaza ko bufite gahunda yo kuzaganira n’abahagarariye ibitangazamakuru, ababishinze n’ababikoramo kugira ngo bungurane ibitekerezo ku guteza imbere itangazamakuru ry’umwuga.
Kuri iki cyumweru tariki 22 Werurwe 2015, Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Francis, kuri Katederali ya Naples ababikira ngo bari bamuriye bunguri kubera kumwishimira nk’umuntu bemera byarenze igipimo.