Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Ugushyingo 2021, ikipe ya Basketball y’abagore, REG WBBC, irerekeza muri Tanzania mu irushanwa ry’akarere ka gatanu, igahamya ko itagiye mu butembere aho kuzana igikombe.
Nyuma yo kwakira amatsinda abiri yo gushaka itike y’igikombe cy’isi kizabera muri Australia, u Rwanda rwongeye kwakira ibindi bigugu.
Ku bufatanye n’Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA), Federasiyo y’umukino wa Volleyball mu Rwanda yateguye irushanwa rizahuza amakipe yose akina ikiciro cya mbere muri uwo mukino, rikazajya ritwara asaga miliyoni 25 buri mwaka azatangwa na RRA.
Thausand Hills yegukanye irushanwa rya Big Ant Studios Rugby Sevens Series, nyuma yo gutsinda Kigali Sharks amanota 28 Kuri 7, mu bagore Muhanga Thunders inganya na Resilience amanota 5-5 ariko bateye igiceri Muhanga Thunders itwara igikombe.
Kuri iki Cyumweru tariki 14 Ugushyingo 2021, mu Mujyi wa Kigali harongera kubera irushanwa ryo gusiganwa ku maguru rya Cross Country, ryaherukaga kuba mu 2019.
Niyogisubizo Samuel uzwi nka Tyson yamaze gusinyira ikipe ya Gisagara Volleyball Club amasezerano y’Imyaka ibiri (2), ni ukuvuga kugeza 2023.
Inkoni y’Umwamikazi w’u Bwongereza Elizabeth II iri mu Rwanda muri gahunda yo kuyitambagiza ibice bitandukanye by’umujyi wa Kigali. Iyi nkoni y’Umwamikazi w’u Bwongereza yageze mu Rwanda ku wa Kabiri tariki ya 9 Ugushyingo 2021.
Inkoni y’Umwamikazi w’u Bwongereza, Elizabeth II, yageze mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Ugushyingo 2021.
Ikipe ya Volleyball y’abagore ya APR (APR WVC) mu kanya kashize ikoze impanuka ubwo imodoka yagendaga ifata abakinnyi mu bice bitandukanye muri Kigali nk’uko bisanzwe.
Ikipe y’Igihugu ya Tanzania ni yo yegukanye igikombe mu mikino y’amajonjora y’igikombe cy’isi mu bagabo mu itsinda B. Ku itariki ya 7 Ugushyingo 2021 nibwo hasojwe imikino y’icyiciro cya 2 cy’imikino nyafurika y’amajonjora y’igikombe cy’isi mu bagabo muri Cricket muri mu itsinda rya B.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Ugushyingo 2021, ahagana saa sita z’amanywa nibwo Umugande, Malinga Kathbart yasesekaye ku kibuga cy’indege cya Kigali, yakirwa n’Umunyamabanga w’iyo kipe (Gisagara vc), Bwana Gatera Edmond.
Umukino w’umumsi wa 2 wa shampiyona wahuzaga ikipe ya APR FC na Musanze FC urangiye APR FC yegukanye amanota atatu.
Kigali Volleyball Club (KVC) ifite izina rikomeye muri volleyball y’u Rwanda, igiye kongera gucurika imipira muri shampiyona, nyuma y’imyaka ine yarazimiye.
Guhera ku italiki ya 2 kujyeza ku ya 8 Ugushyingo 2021, Mu Rwanda hagiye kongera guhurira ibihugu bitandukanye mu gushaka itike y’igikombe cy’isi cya Cricket kizabera muri Australia umwaka utaha.
Ikipe ya REG BBC yaraye itsinze Patriots umukino wa kabiri wa Kamarampaka wikurikiranya, ihita inegukana igikombe cya shampiyona ya 2020-2021, “BKNL Playoffs” yaherukaga muri 2017.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu taliki 29 Ukwakira 2021, muri Kigali Arena hatangiye imikino ya kamarampaka (playoffs), aho amakipe yombi ya REG mu bagabo no mu bagore yitwaye neza.
Muri iki gitondo cyo kuwa 29 Ukwakira 2021 nibwo Dusenge Wicklif yerekeje mu gihugu cya Misiri aho yerekeje mu ikipe ya Tala’ea El Gaish Volleyball Club.
Umunyezamu Ndayishimiye Eric bakunda kwita ‘Bakame’ ahamya ko ataje kwicara ku ntebe y’abasimbura mu izamu rya Police FC.