Kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ukuboza 2021, muri gahunda y’ikiganiro ‘Umusiportifu w’icyumweru, Kigali Today na KT Radio byahisemo kubagezaho ibigwi bya Pitso Mosimane, wakinye umupira w’amaguru akanawutoza mu makipe atandukanye.
Binyuze mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Federasiyo ya Basketball mu Rwanda (FERWABA), ryemeje ko umunya Senegal, Dr Cheikh Sarr, wari usanzwe ari umutoza w’amakipe y’igihugu ya basketball ko yamaze kongera amasezererano y’imyaka ibiri.
Mu mpera z’icyumweru gishize mu Ntara y’Amajyepfo hebereye umunsi wa Kabili w’irushanwa ryiswe ‘Forzza Volleyball Tournament 2021’ mu turere twa Gisagara na Huye, ikipe ya Gisagara VC ikaba ikomeje kuyobora iryo rushanwa.
Umukinnyi w’ikipe ya Rwanda Revenue Authority Volleyball Club n’ikipe y’igihugu witwa Ndagijimana Iris ashobora kumara uyu mwaka w’imikino atongeye kugaragara mu kibuga kubera ikibazo cy’imvune.
Nyuma y’igihe gito ihinduriwe izina ikava ku izina rya UBUMWE WBBC ikitwa REG WBBC ndetse igahita yegukana n’igikombe cya Shampiyona, REG WBBC ikomeje kwiyubaka yongera imbaraga mu ikipe yabo.
Ikipe ya REG Volleyball Club yatangaje ko yamaze gusinyisha abakinnyi babiri bakomeye muri volleyball yo mu Rwanda ari bo Mahoro Yvan na Murangwa Nelson
Nyuma yo gutandukana n’uwari umutoza wayo mukuru Habimana Sosthène, ubuyobozi bwa Etincelles bwaciye amarenga ko uwari umuyobozi wa tekinike wayo ashobora kuba umutoza mukuru.
Kuri uyu wa Gatandatu i Gisagara ho mu majyepfo hatangiriye irushanwa ngarukamwaka rizwi nka Gisagara Tournament, aho REG na Kirehe ziri mu makipe yabonye itike ya 1/2.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 2 Ukuboza 2021, ku kibuga cya Kimisagara- Football for Hope Center, habereye umuhango wo gutangiza Football y’abagore bafite ubumuga
Mu mpera z’iki cyumweru mu karere ka igisagara ho mu ntara y’amajyepfo harabera irushanwa ngaruka mwaka ryitwa Gisagara Tournament rihuza amakipe yose akina icyiciro cya mbere muri Volleyball abagabo n’abagore
Abanyamuryango ba Federasiyo ya Basketball mu Rwanda, mu mpera z’icyumweru gishize bateraniye mu nteko rusange isanzwe y’uyu mwaka, baganira kuri gahunda zitandukanye z’iri shyirahamwe ndetse banatangaza amakipe yamaze kwiyandikisha mu cyiciro cya kabiri.
Mu gihe gahunda ya Minisiteri ya Siporo ivuguruye harimo no kongera ibikorwa remezo birimo n’ibibuga by’imikino, i Matimba muri Nyagatare bo basa n’abakoze ibitandukanye n’iyi gahunda kuko n’ikibuga cy’umupira cyahuzaga ibigo by’amashuri bine ubu bagishyizemo isoko ry’imyenda n’ibiribwa.
Umukinnyi w’umukino w’intoki wa Volleyball, Yves Mutabazi, hamwe n’urundi rubyiruko bose hamwe umunani, bahembwe n’umuryango Imbuto Foundation nk’ababaye indashyikirwa mu bikorwa by’iterambere muri uyu mwaka.
Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 20 Ugushyingo 2021 muri Kigali Arena haberaye umukino usoza umwaka w’imikino muri Basketball yo mu Rwanda. Ni umukino wahuje abakinnyi b’ibihangange muri Basketball yo mu Rwanda (All-Star Game).
Ku munsi w’ejo taliki ya 20 Ugushyingo 2021, muri Kigali Arena hateganyijwe umukino w’ibihanganjye muri Basketball yo mu Rwanda (All Star Game), gusa amatike yo kuwitabira amaze iminsi 3 yarashize.
Nyuma y’uko Minisiteri ya Siporo ihaye uburenganzira za Federasiyo bwo gusubukura ibikorwa bya Siporo, Federasiyo ya Kung-fu Wushu na yo irasubukura ibikorwa byayo bahera kuri Shampiyona.
Ikipe ya AS kigali yatsinze gorilla igitego kimwe cyatsinzwe na Shaban Hussein Tchabalala ku munota wa 8 w’igice cya mbere, nyuma y’umupira wari uhinduwe neza na Rukundo Denis.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Ugushyingo 2021, ikipe ya Basketball y’abagore, REG WBBC, irerekeza muri Tanzania mu irushanwa ry’akarere ka gatanu, igahamya ko itagiye mu butembere aho kuzana igikombe.
Nyuma yo kwakira amatsinda abiri yo gushaka itike y’igikombe cy’isi kizabera muri Australia, u Rwanda rwongeye kwakira ibindi bigugu.
Ku bufatanye n’Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA), Federasiyo y’umukino wa Volleyball mu Rwanda yateguye irushanwa rizahuza amakipe yose akina ikiciro cya mbere muri uwo mukino, rikazajya ritwara asaga miliyoni 25 buri mwaka azatangwa na RRA.
Thausand Hills yegukanye irushanwa rya Big Ant Studios Rugby Sevens Series, nyuma yo gutsinda Kigali Sharks amanota 28 Kuri 7, mu bagore Muhanga Thunders inganya na Resilience amanota 5-5 ariko bateye igiceri Muhanga Thunders itwara igikombe.
Kuri iki Cyumweru tariki 14 Ugushyingo 2021, mu Mujyi wa Kigali harongera kubera irushanwa ryo gusiganwa ku maguru rya Cross Country, ryaherukaga kuba mu 2019.
Niyogisubizo Samuel uzwi nka Tyson yamaze gusinyira ikipe ya Gisagara Volleyball Club amasezerano y’Imyaka ibiri (2), ni ukuvuga kugeza 2023.
Inkoni y’Umwamikazi w’u Bwongereza Elizabeth II iri mu Rwanda muri gahunda yo kuyitambagiza ibice bitandukanye by’umujyi wa Kigali. Iyi nkoni y’Umwamikazi w’u Bwongereza yageze mu Rwanda ku wa Kabiri tariki ya 9 Ugushyingo 2021.
Inkoni y’Umwamikazi w’u Bwongereza, Elizabeth II, yageze mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Ugushyingo 2021.
Ikipe ya Volleyball y’abagore ya APR (APR WVC) mu kanya kashize ikoze impanuka ubwo imodoka yagendaga ifata abakinnyi mu bice bitandukanye muri Kigali nk’uko bisanzwe.
Ikipe y’Igihugu ya Tanzania ni yo yegukanye igikombe mu mikino y’amajonjora y’igikombe cy’isi mu bagabo mu itsinda B. Ku itariki ya 7 Ugushyingo 2021 nibwo hasojwe imikino y’icyiciro cya 2 cy’imikino nyafurika y’amajonjora y’igikombe cy’isi mu bagabo muri Cricket muri mu itsinda rya B.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Ugushyingo 2021, ahagana saa sita z’amanywa nibwo Umugande, Malinga Kathbart yasesekaye ku kibuga cy’indege cya Kigali, yakirwa n’Umunyamabanga w’iyo kipe (Gisagara vc), Bwana Gatera Edmond.
Umukino w’umumsi wa 2 wa shampiyona wahuzaga ikipe ya APR FC na Musanze FC urangiye APR FC yegukanye amanota atatu.
Kigali Volleyball Club (KVC) ifite izina rikomeye muri volleyball y’u Rwanda, igiye kongera gucurika imipira muri shampiyona, nyuma y’imyaka ine yarazimiye.