Guhera ku wa Gatandatu tariki ya 26 Werurwe 2022, mu Karere ka Gisagara mu Ntara y’Amajyepfo, hari hateraniye imbaga y’aba sportifu baje gutera ingabo mu bitugu no gushyigikira ako karere, mu gikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro irerero ry’abana mu mukino wa Volleyball.
Muri Mutarama uyu mwaka mbere y’uko umwaka w’imikino 2022-2023 utangira mu ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda, nibwo abanyamuryango b’iri shyirahamwe bamenyeshejwe ko batazakomezanya n’uwari umuterankunga wabo ari we Banki ya Kigali (BK) bari bamaranye imyaka itatu dore ko batangiye gukorana mu Gushyingo 2018.
Ku wa Gatandatu tariki 26 Werurwe 2022 muri Kigali Arena habereye umukino wa Basketball w’ishiraniro hagati y’amakipe ahora ahanganye mu Rwanda, urangira REG BBC iri mu marushanwa nyafurika y’umukino wa Basketball (BAL 2022) itsinzwe na Patriots amanota 70 kuri 63.
Nyuma y’uko ikipe ya Gisagara Volleyball Club imaze kuba ubukombe muri Volleyball nyarwanda, Akarere ka Gisagara kagiye kumurika amakipe y’abato y’uyu mukino mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umukino wa Volleyball mu Rwanda by’umwihariko impano ziri muri aka Karere ka Gisagara.
Nyuma y’amazi agera kuri 6 ibikorwa bya volleyball mu Rwanda bisa n’ibihagaze kubera ibihano byari byarafatiwe uyu mukino, kubera gukinisha abakinnyi batujuje ibyangombwa mu mikino mpuzamahanga y’igikombe cya Afurika, iheruka kubera mu Rwanda muri Nzeri umwaka ushize. Nyuma kandi yo gucibwa amande ya miliyoni zisaga 120 (…)
Nyuma yo gutandukana n’uwari umuterankunga waryo, Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryashyize hanze ikirango gishya kizakoreshwa muri shampiyona.
Ishuri rimenyerewe cyane mu kwigisha umukino wa karate rizwi nka ‘The Champions Karate Academy’, ryafunguye ishami rizigisha n’indi mikino abana, kuri hoteli La Palisse Nyandungu.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Werurwe 2022, mu nyubako y’imikino n’imyidagaduro ya Kigali Arena, hasojwe iserukiramuco ry’imikino njyarugamba ry’umunsi umwe ryiswe ‘Martial arts sports festival’, ryabaga ku nshuro ya mbere.
Ikipe ya ya Basketball ya Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu, REG BBC, yari ihagarariye u Rwanda mu mikino nyafurika ya BAL 2022, yasesekaye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kanombe yakirwa nk’Intwari nyuma yo gusoza imikino yo mu matsinda ari iya mbere.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Werurwe 2022, mu nyubako y’imikino n’imyidagaduro ya Kigali Arena, hateganyijwe iserukiramuco ry’imikino njyarugamba ryiswe ‘Martial arts sports festival’, rigiye kuba ku nshuro ya mbere.
Ikipe y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ingufu, REG BBC, ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2022, yasoje imikino yayo yo mu matsinda ari iya mbere.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 13 Werurwe 2022, ikipe y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamire (Statistique), irafata rutemikirere yerekeza i Alger muri Algeria aho igiye guhagararira u Rwanda ku rwego rwa Afurika mu mikino y’abakozi.
Ikipe ihagarariye u Rwanda mu mikino y’irushanwa nyafurika rya BAL 2022, REG BBC itsinzwe na Dakar Université Club Basketball (DUC) ku manota 92 kuri 86, bituma REG ikomeza gutegereza itike.
Ikipe ya REG basketball Club ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2022, yongeye kuzamura ibendera ry’u Rwanda muri Sénégal, nyuma yo gutsinda SLAC yo muri Guinea amanota 83 kuri 81, Nshobozwabyosenumukiza akaba ari we ushyizemo amanota y’intsinzi.
Ikipe y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe igufu, REG, ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2022, yatsinze umukino wayo wa mbere wo mu matsinda, aho yatsinze As salé yo muri Marco basangiye itsinda, amanota 91-87.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 6 Werurwe 2022, mu Rwunge rw’amashuri rwa Butare (GSOB), hasojwe irushanwa ngarukamwaka ryo kwibuka uwahoze ari umuyobozi w’icyo kigo, Padiri Kayumba Emmanuel, aho ibikombe byegukanywe na APR VC na RRA VC.
Ku mugoroba wo ku ya 5 Werurwe 2022, ku kibuga cya NBA Academy kiri i Dakar muri Sénégal, Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo gihugu, Jean Pierre Karabaranga, aherekejwe na Perezida wa Federasiyo ya Basketball mu Rwanda, Mugwiza Desire, basuye ikipe ya REG BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL (Basketball Africa League), (…)
Ku bufatanye n’Akarere ka Kayonza n’ikigo nderabuzima cya Nyamirama, Shooting Touch Rwanda yateguye irushanwa rya mbere muri uyu mwaka wa 2022 nyuma y’imyaka ibiri nta marushanwa itegura. Iri rushanwa ryabaye mu cyumweru gishize ku kibuga cya Shooting Touch Nyamirama.
Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 28 Gashyantare 2022 nibwo uwari Perezida w’ikipe ya Gicumbi FC, Urayeneza John, yandikiye ibaruwa y’ubwegure bwe Ubuyobozi bw’Akarere iyi kipe ibarizwamo avuga ko avuye mu nshingano yari afite muri iyi kipe (Perezida).
Uwari umutoza wungirije mu ikipe ya Etoile de l’Est, Banamwana Camarade Issa, ntakibarizwa muri iyi kipe nyuma y’amezi 6 n’iminsi 4 yari amaze ari umutoza w’iyi kipe.
Nyirimana Fidèle watozaga UVC yahoze ari UTB yamaze gusubira ku ivuko mu ikipe ya Gisagara VC nk’umutoza mukuru. Nyirimana yageze mu ikipe ya UTB mu mwaka wa 2018 ubwo yari avuye mu ikipe ya Gisagara VC yari amaze guhesha igikombe cya Shampiyona.
Abafana b’ikipe ya Arsenal mu Rwanda bibumbiye mu itsinda rya RAFC (Rwanda Arsenal Fans Community), basuye ingoro y’amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu iherereye mu Karere ka Gicumbi, banakina umukino wa gicuti n’abasirikare bagize uruhare mu kubohora igihugu bakina mu ikipe ya Mulindi FC, banatanga mituweli ku baturage (…)
Titans BBC ni yo yegukanye igikombe cy’irushanwa ribanziriza shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo, ‘FERWABA PRE-SEASON TOURNAMENT 2022, Division 2’, itsinze Orion ku mukino wa nyuma, amanota 70 kuri 61.
Nyuma yo gutsindwa na Mukura Victory Sports, Rayon Sports iragaruka mu kibuga icakirana na Rutsiro FC ikunze kuyigora igihe zahuye.
Ikipe ya REG BBC ifite urubanza rukomeye ruyitegereje, aho igomba kwerekeza i Dakar muri Senegal mu gushaka itike y’imikino ya nyuma ya Basketball Africa League (BAL), iteganyijwe kubera mu Rwanda hagati y’itariki ya 21 n’iya 28 Gicurasi 2022.
Ku wa Gatandatu mu Murenge wa Masoro mu Karere ka Rulindo, ubwo haberaga umukino wo kwishyura wa 1/2 mu mupira w’amaguru mu cyiciro cya kabiri mu bagore, wahuzaga ikipe ya Youvia WFC na Kayonza WFC, umukino wasojwe n’amarira kuko hari umukinnyi umwe wahise ajya muri koma nyuma y’uko ikipe ye itsinzwe.
Guhera ku mugoroba wa tariki 9 Gashyantare 2022, hacicikanye amakuru avuga ko Munyankindi Jean Paul yaba yagizwe umutoza mukuru wa Etoile de l’Est, nyuma yo kugaragara ku myitozo y’iyo kipe yitegura imikino yo kwishyura, izatangira kuri uyu wa Gatandatu taliki 12 gashyantare 2022.
Ikipe ya Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu, REG Basketball Club, yisanze mu itsinda rimwe na US Monastir yo muri Tunisia yakinnye umukino wa nyuma w’ irushanwa nyafurika rihuza amakipe akomeye yo ku mugabane wa Afurika rizwi nka BAL (Basketball Africa League).
Ikipe ya Gisagara Volleyball Club na APR y’abagore ni zo zegukanye irushanwa rya Forzza Volleyball Tournament ryari rimaze ukwezi kurenga rikinwa.
Ku wa Gatanu nibwo hasozwaga irushanwa ribanziriza shampiyona muri Basketball (Ferwaba Preseason Tournament), irushanwa ryegukanywe mu bagore n’ikipe ya REG naho mu bagabo ryegukanwa na APR, yaherukaga ikitwa igikombe mu 2011 itwara shampiyona.