Kuri Cyumweru tariki 8 Gicurasi 2022, i Kigali nibwo hasozwaga irushanwa rya Tennis riri ku rwego rw’akarere ka kane, ryiswe ‘ITF/ CAT EAST AFRICAN JUNIOR TEAM’S CHAMPIONSHIPS FOR 14 & 16 & UNDER (AJTC)’, ryahuzaga abana batarengeje imyaka 14 na 16, mu bahungu n’abakobwa
Mu nama y’inteko rusange isanzwe yateranye ku Cyumweru tariki 8 Gicurasi 2022, yasize Uwirangiye Marc wari usanzwe ari Perezida w’iyo Federasiyo atorewe kongera kuyiyobora mu gihe cy’indi myaka itanu iri imbere.
Ikipe ya Gisagara Volleyball irimo kubarizwa mu gihugu cya Tunisia mu mujyi wa Kelibia yatangiye neza itsinda ikipe y’igihangange yo muri Cameroon yitwa Port de Douala aho iyitsinze amaseti 3 kuri 1.
Ikipe ya Gisagara Volleyball Club ihagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo (2022 Africa Club Championship), yisanze mu itsinda rya kane aho irisangiye n’ikipe nka Port Douala yo muri Cameroon ndetse na Equity yo mu gihugu cya Kenya.
Ikipe ya Gisagara Volleyball Club iri mu myiteguro ya nyuma mbere yuko yerekeza i Tunis muri muri Tunisia, mu mikino ihuza amakipe yabaye ayambere iwayo muri shampiyona (Club Championship).
Ikipe ya sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG BBC) iri mu irushanwa rya BAL (Basketball Africa League) yamaze guhabwa ikiruhuko muri shampiyona mu rwego rwo kwitegura iyi mikino izabera i Kigali.
Uwase Delphine (Ortha) wamenyekanye cyane muri filime nyarwanda cyane cyane muri filime y’uruherekane ya ‘Bamenya’ agiye gufungura ishuri rya siporo yise ‘Kigali Elite Sports Academy’.
Nk’uko babitangaje binyuze ku rubuga rwabo rwa twitter, nyuma yo gutandukana n’uwari umutoza wabo mukuru, Mugisha Benon muri Werurwe uyu mwaka, ikipe y’ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu, REG VC, yemeje ko yamaze gusinyisha umutoza mukuru, Kwizera Pierre Marchal.
Umukinnyi w’Umunyarwandakazi wabigize umwuga muri Volleyball, Mukandayisenga Benitha, arerekeza muri Kenya kuri uyu wa Gatanu, aho agiye mu ikipe ya Kenya Commercial Bank (KCC).
Mu ruzinduko rw’iminsi ibiri Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yagiriye muri Barbados, yijejwe ubufatanye n’abanyabigwi bamamaye mu mukino wa Cricket, bamwizeza ubufatanye mu guteza imbere uyu mukino mu Rwanda binyuze mu gutoza.
Ku bufatanye na AIDS Healthcare Foundation Rwanda n’irerero ry’abana ryigisha umupira w’amaguru rya Umuri Foundaton ryashinzwe n’umunyabigwi mu mupira w’amaguru mu Rwanda, Jimmy Mulisa, bahuguye abatoza basaga 20 b’amarerero atandukanye, ku buzima bw’imyororokere, nka bamwe mu babana n’abangavu n’ingimbi igihe kirekire.
Ikipe y’ikigo cy’Igihugu gishinzwe ingufu ikina umukino wa Volleyball (REG VC), yamaze gutandukana bidasubirwaho n’uwari umutoza wayo mukuru, Bavuga Benon, wayigiyemo mu kwezi k’Uwakira 2018.
Ishuri ry’abana ry’umukino wa Karate rimaze kumenyerwa mu gutoza no guteza imbere uwo umukino, The Champions Academy, ryongeye gutegura imikino mu biruhuko nyuma y’uko abana bavuye ku mashuri, banazamura intera y’abagera kuri 34 muribo.
Kuri iki cyumweru i Kigali hateraniye umwiherero wahuje abakinnyi bakinnye imikino Olempike mu bihe bitandukanye yaba abahagaritse gukina ndetse n’abagikina, wari ugamije ahanini ubukangurambaga no gusobanurirwa byinshi ku mikino Olempike yo mu bukoje (winter Olympic games) ndetse banakira abakinnyi (Olympians) bashya.
Guhera kuri uyu wa Mbere tariki ya 4 Mata 2022, abakoreraga muri Stade Amahoro barangajwe imbere na Minisiteri ya Siporo, baraba bamaze gusohokamo kuko iyo stade igiye gutangira gusanwa.
Mu nama y’Inteko Rusange y’Ishyirahamwe ry’umukino wa Kung Fu Wushu muri Afurika (AWKF), yabaye mu mpera z’icyumweru gishize tariki 24 kugeza 27 Werurwe 2022 i Cairo mu Misiri, yatoye Uwiragiye Marc, usanzwe ari Perezida w’Ishyirahamwe ry’umukino wa Kung Fu Wushu mu Rwanda (RKWF), nka Visi Perezida.
Ikipe y’igihugu ya Gambia mu bagabo na Ghana mu bagore nizo zizahagararira umugabane wa Afurika mu marushanwa ahuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza ‘Commonwealth games’, iteganyijwe kubera mu gihugu cy’u Bwongereza i Birmingham muri nyakanga kugeza muri Kanama uyu mwaka.
Guhera ku wa Gatandatu tariki ya 26 Werurwe 2022, mu Karere ka Gisagara mu Ntara y’Amajyepfo, hari hateraniye imbaga y’aba sportifu baje gutera ingabo mu bitugu no gushyigikira ako karere, mu gikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro irerero ry’abana mu mukino wa Volleyball.
Muri Mutarama uyu mwaka mbere y’uko umwaka w’imikino 2022-2023 utangira mu ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda, nibwo abanyamuryango b’iri shyirahamwe bamenyeshejwe ko batazakomezanya n’uwari umuterankunga wabo ari we Banki ya Kigali (BK) bari bamaranye imyaka itatu dore ko batangiye gukorana mu Gushyingo 2018.
Ku wa Gatandatu tariki 26 Werurwe 2022 muri Kigali Arena habereye umukino wa Basketball w’ishiraniro hagati y’amakipe ahora ahanganye mu Rwanda, urangira REG BBC iri mu marushanwa nyafurika y’umukino wa Basketball (BAL 2022) itsinzwe na Patriots amanota 70 kuri 63.
Nyuma y’uko ikipe ya Gisagara Volleyball Club imaze kuba ubukombe muri Volleyball nyarwanda, Akarere ka Gisagara kagiye kumurika amakipe y’abato y’uyu mukino mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umukino wa Volleyball mu Rwanda by’umwihariko impano ziri muri aka Karere ka Gisagara.
Nyuma y’amazi agera kuri 6 ibikorwa bya volleyball mu Rwanda bisa n’ibihagaze kubera ibihano byari byarafatiwe uyu mukino, kubera gukinisha abakinnyi batujuje ibyangombwa mu mikino mpuzamahanga y’igikombe cya Afurika, iheruka kubera mu Rwanda muri Nzeri umwaka ushize. Nyuma kandi yo gucibwa amande ya miliyoni zisaga 120 (…)
Nyuma yo gutandukana n’uwari umuterankunga waryo, Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryashyize hanze ikirango gishya kizakoreshwa muri shampiyona.
Ishuri rimenyerewe cyane mu kwigisha umukino wa karate rizwi nka ‘The Champions Karate Academy’, ryafunguye ishami rizigisha n’indi mikino abana, kuri hoteli La Palisse Nyandungu.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Werurwe 2022, mu nyubako y’imikino n’imyidagaduro ya Kigali Arena, hasojwe iserukiramuco ry’imikino njyarugamba ry’umunsi umwe ryiswe ‘Martial arts sports festival’, ryabaga ku nshuro ya mbere.
Ikipe ya ya Basketball ya Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu, REG BBC, yari ihagarariye u Rwanda mu mikino nyafurika ya BAL 2022, yasesekaye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kanombe yakirwa nk’Intwari nyuma yo gusoza imikino yo mu matsinda ari iya mbere.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Werurwe 2022, mu nyubako y’imikino n’imyidagaduro ya Kigali Arena, hateganyijwe iserukiramuco ry’imikino njyarugamba ryiswe ‘Martial arts sports festival’, rigiye kuba ku nshuro ya mbere.
Ikipe y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ingufu, REG BBC, ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2022, yasoje imikino yayo yo mu matsinda ari iya mbere.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 13 Werurwe 2022, ikipe y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamire (Statistique), irafata rutemikirere yerekeza i Alger muri Algeria aho igiye guhagararira u Rwanda ku rwego rwa Afurika mu mikino y’abakozi.
Ikipe ihagarariye u Rwanda mu mikino y’irushanwa nyafurika rya BAL 2022, REG BBC itsinzwe na Dakar Université Club Basketball (DUC) ku manota 92 kuri 86, bituma REG ikomeza gutegereza itike.