Mu gihe abahanzi bahatanira amarushanwa ya PGGSS5 ku wa 6 Kamena 2016 bazerekeza mu Karere ka Gicumbi muri ayo marushanwa, Active Group bo kuri ubu bari muri ako karere gusangiza abafana babo ibyo babahishiye kuri uwo munsi.
Mu gihe benshi mu byamamare badakunze kwerura ko bari mu rukundo, Producer Bob, we yeruye ko ari mu rukundo kandi ashimira umukunzi we wamubaye hafi ubwo mama we yakoraga impanuka y’imodoka akajya mu bitaro.
Umuhanzikazi, Uwimana Aisha Ciney, na we yatangariye ubuhanga bwa musaza we Yvan Buravan uherutse kwinjira mu muziki, akaba yabitangaje nyuma y’uko n’abandi bantu banyuranye bavuga ko uyu musore ari umuhanga.
Oda Paccy uri kuvugwaho gusubiza Lick Lick mu ndirimbo ari gukora yise “Ntabwo mbyicuza”, aravuga ko atayikoreye Lick Lick ahubwo ko yayikoze abwira abantu bose bibwira ko umuntu yabeshwaho na bo.
Abahanzi bahuriye muri AUM (Afro Urban Mouvement) mu Rwanda barateganya gusaba uburenganzira bwo kubyaza umusaruro indirimbo “Do for Love” ya Tupac Shakur basubiyemo, nyuma yo kubona ko yashimwe n’abatari bake mu cyumweru kimwe imaze isohotse.
Umuhanzi Maurix kuri ubu wahisemo kuzajya akoresha amazina ye asanzwe mu bikorwa bye bya muzika ari yo ‘Maurice Paul’ yagarutse nk’umuhanzi abihuza no gucuranga Piano mu njyana ya classic, by’umwihariko mu ndirimbo zo guhimbaza Imana.
Umuhanzikazi Teta Diana agiye kwerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kwitabira inama y’urubyiruko (Youth Forum) aho azaba agiye nk’umuhanzi kandi nk’umwe mu rubyiruko ruzaba ruhagurutse mu Rwanda.
Umuhanzi Bruce Melodie noneho yemeye ko tariki 12 Gicurasi 2015 yabyaye umwana w’umukobwa.
Umuhanzi Patrick Nyamitali yashyize hanze indirimbo yise “Nguhobere” ngo aririmbamo ibyamubayeho, aho ngo yabonye umukobwa akamubenguka ariko nyuma ntibongere kubonana.
Umuhanzi Bruce Itangishaka uzwi ku izina rya Bruce Melody arahakana amakuru ari kuvugwa ko umukunzi we yaba yibarutse, ndetse anakomeza ahakana ko baba babana nk’umugore n’umugabo.
Umulisa Claire, umugore w’imyaka 34 y’amavuko, utuye mu Mudugudu wa Kabuga, Akagari ka Rukina, Umurenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, agiye kumara imyaka 7 akora akazi ko kotsa inyama z’ihene (Gucoma), nyuma yo kubona ko ababimukoreraga babikoraga nabi bikamutera ibihombo.
Producer Bob usanzwe azwi nk’umwe mu batunganya umuziki hano mu Rwanda bakomeye yamaze gutangiza inzu ireberera inyungu z’abahanzi (Label) nshya yise “The Sounds” izita ku bahanzi bafite impano ariko badafite ubushobozi.
Bisangwa Nganji Benjamin wamenyekanye cyane ku izina ry’ubuhanzi rya Ben Nganji mu njyana ya Reggae n’injyana nyarwanda, amakinamico ndetse no mu gihangano cye yise “inkirigito”, agiye kwitabira igitaramo mu Mujyi wa Kigali bwa mbere mu mateka ye mu gihe ahamaze imyaka isaga itatu ari umuhanzi utigaragaza.
Umuraperi Lil G aravuga ko inzu ye itunganya umuziki (Studio) izaba yatangiye gukora mu gihe kitarenze ibyumweru bitatu n’igice.
Umuhanzi Alpha Rwirangira ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aratangaza ko agiye kuza mu Rwanda kureba umwana we, nyuma y’uko amenye ko Miss Esther Uwingabire wari umukunzi we yamaze kwibaruka.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne, ubwo yatangizaga inama y’iminsi itatu y’abahanzi Nyarwanda bakora umuziki, yabasabye guhanga bita ku mwimerere w’ibihangano bakora kugira ngo birusheho kugira agaciro mu gihugu ndetse no hanze yacyo.
Bernard Bagenzi ureberera inyungu za Young Grace muri Incredible Music Label, aremeza ko naramuka asanze koko Young Grace yaratanze sheki (Check) itazigamiye ashobora kuzamufatira ingamba zikarishye mu rwego rwo kugira ngo arengere inyungu n’izina bye.
Umuhanzi Benjamin Kayiranga wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi rya Ben Kayiranga yaje kwerekana umwana mu muryango ndetse no kumwereka iwabo mu Rwanda kugira ngo azakure azi iwabo kandi azakure akunda u Rwanda nk’igihugu cyamubyaye.
Nyuma y’ikibazo hagati y’abatunganya umuziki (Producers) Bob, Nicolas Nic, Prince ndetse n’umuhanzi Jules Sentore bagiranye bivuye ku ndirimbo za Jules Sentore ndetse na alubumu ya Francois Ngarambe batemeranyaga k’uwaba yarazikoze, kuri ubu bagiye gusasa inzobe.
Umuhanzi Eric Senderi International Hit arasaba abaturage ba Kirehe nk’akarere avukamo kumutera inkunga na we akabahesha ishema abazanira igikombe cya PGGSS5.
Umuhanzi w’icyamamare mu gihugu cy’Ububiligi ndetse no ku isi yose akaba ari n’umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’Ububiligi, Stromae, yatangaje igihe azazira mu Rwanda gukora igitaramo mu gihe hari hashize igihe kirekire abanyarwanda bamutegereje.
Umuyobozi w’ishuri ry’umuziki rikorera mu ishuri ry’ubukorikori rya Nyundo tariki ya 20/4/2015 bazashyikirizwa ibikorwa by’umuziki n’Ambasade y’Abadage mu rwego rwo gufasha abanyeshuri biga umuziki kwimenyereza no gukora ibihangano by’umuziki biri ku rwego mpuzamahanga.
Mu gihe hari abibaza ukuri ku by’ibirego bimaze iminsi hagati ya Bruce Melody na Super Level ihagarariwe na Richard Nsengumuremyi, aho Richard ashinja Bruce Melody kwica amasezerano bari baragiranye akagenda igihe bumvikanye kitarangiye, Bruce Melody aratangaza ko atishe amasezerano nk’uko Ricard abivuga ahubwo ko ari (...)
Umuhanzi Ngenzi Serge wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi rya Neg G The General nk’umwe mu baraperi bamaze igihe mu muziki dore ko yawutangiye mu gihe cya ba Riderman, azamurikira abakunzi b’ibihangano bye umuzingo (Album) we wa kabiri yise “Kazivukamo”.
Ku wa gatatu tariki 15 Mata 2015 ku isaha ya saa cyenda z’amanywa, urukiko rw’ubucuruzi rwa Nyamirambo ruzasoma imyanzuro yafashwe ku bujurire bwa Super Level mu rubanza iregamo umuhanzi Itahiwacu Bruce uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Bruce Melody.
Senderi International Hit aranyomoza amakuru yatangajwe n’umuhanzi, Mahoro Christophe, ukoresha izina ry’ubuhanzi rya Peace up utangaza ko ari umwe mu bagize itsinda ry’abafana rya Tuff Hit ry’umuhanzi Senderi International Hit ariko akaba ababazwa no kuba Senderi ngo nta cyo amumarira kandi ari umufana we.
Umuhanzikazi Mukankuranga Marie Jeanne, uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Mariya Yohana yibaza impamvu hariho abantu bahakana jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994 kandi n’abayikoze bemera ko bayikoze.
Kidumu akomeje kutumvikana na Frank Joe ku mafaranga yagombaga kwishyurwa mu gitaramo Frank Joe yari yamutumiyemo cyagombaga kumuhuza na bagenzi be babanye muri Big Brother Africa (BBA).
Nyuma y’umwuka utari mwiza ndetse n’ubwumvikane buke hagati ya Kina Music, Inzu (Label) ya muzika Knowless abarizwamo; EAP ifatanya na Bralirwa mu gutegura amarushanwa ya PGGSS ndetse na Bralirwa birashoboka cyane ko Ingabire Butera Jeanne d’Arc uzwi ku izina rya Butera Knowless mu muziki yasezera muri iri rushanwa.
Cecile Kayirebwa, umwe mu bahanzikazi b’ibyamamare mu Rwanda, asanga ikibazo rukumbi ubuhanzi nyarwanda ngo bufite ari ukutagira inzu zabugenewe z’imyidagaduro kugira ngo ababukora babashe gutera imbere ndetse no gutungwa n’umwuga wabo.