Butera Knowless ari mubyishimo byo kwaguka kwa muzika kuko ari we muhanzi nyarwanda rukumbi ku rutonde rw’abahatanira ibihembo muri Nijeriya.
Umuhanzi Saidi braza wamenyekanye mu Rwanda no mu Burundi, yagiye kugororerwa Iwawa, kugira ngo avurwe ibiyobyabwenge byari byaramubase imyaka 12.
Patrick Nyamitari ababazwa n’uko abahanzi Nyarwanda badasoma ngo bongere ubumenyi, kuri we agasanga bituma muzika Nyarwanda itagera ku rwego mpuzamahanga.
Nyuma y’uko irushanwa rya “Salax Awards” ryirengeje umwaka ritabaye, abayobozi baryo baratangaza ko barimo kunoza uburyo buzatuma ritongera kudindira nk’uko byagenze umwaka ushize wa 2015.
Daniel Ngarukiye ari mu gahinda ko kubura imfura ye Inyamibwa witabye Imana kuri uyu wa mbere tariki 30 Gicurasi 2016.
Umuhanzi Danny Vumbi yahawe ikiraka cyo gukorera umushoramari indirimbo yamamaza ibikorwa bye, abikesha uko yitwaye ku rubyiniro i Karongi.
Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 21 Gicurasi 2016, abahanzi 10 bahatanira irushanwa rya Primus Guma Guma Superstars Saison 6, biyerekanye imbere y’abafana babo mu Karere ka Karongi ku kibuga kizwi nko kwa Ruganzu.
Abahanzi bashya muri PGGSS batunguwe n’uburyo basanze irushanwa rimeze, nyuma y’ibibazo binyuranye baryibazagaho banatungurwa n’uburyo bakiriwe n’imbaga y’abafana.
Kuri uyu wa 14 Gicurasi, i Gicumbi, habereye igitaramo cya mbere cy’irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ya 6 (PGGSS6) cyaranzwe n’umubare munini w’abafana baturutse i Kigali.
Nyuma y’amezi arenga atanu ashize indirimbo “Indoro” ikunzwe cyane, abahanzi Charly na Nina biteze byinshi ku ndirimbo ije iyikurikiye bise “Agatege.”
Abahanzi bagize itsinda Trezzor bateguye igitaramo kimenyekanisha indirimbo yabo nshya bise “Mpore Mpore” kuri uyu wa 7 Gicurasi 2016 kuri The Mirror Hotel.
Kigali Fashion Week na Kabana Club bateguye igitaramo cyo kwibuka umuririmbyi Whitney Houston kizaba ku wa 13 Gicurasi 2016.
Umuririmbyi w’Umunyekongo wamamaye cyane, Papa Wemba w’imyaka 66 y’amavuko, yitabye Imana kuri iki Cyumweru, tariki 24 Mata 2016 aguye ku rubyiniro i Abidjan muri Côte d’Ivoire.
Abahanzi batandukanye bemeza ko bizeye ko federasiyo y’abahanzi mu Rwanda bishyiriyeho izabafasha gukemura ibibazo by’umuziki mu Rwanda byari byaranze gukemuka.
Umuhanzi Karangwa Lionel uzwi nka Lil G yashyize ahagaragara amashusho y’indirimbo yise ese ujya unkumbura agaragaza ibyamubayeho.
Ubuyobozi bwa Bralirwa bufatanyije na EAP bajyanye abahanzi 10 bahatana mu irushanwa rya Guma Guma Primus Super Star 6, mu Karere ka Kayonza, aho basuye bakanagabira incike za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuhanzi Munyanshoza Dieudonne wamenyekanye nka Mibirizi arasaba abahanzi bavutse nyuma ya Jenoside kwanga amacakubiri n’ikibi kuko ejo hazaza ari ahabo.
Ku mbuga nkoranyambaga hamaze iminsi hacicikana amafoto, aho Lil G yagaragaye aca amafaranga, ayandi akayambara umubiri wose nk’umwambaro.
Umuhanzi Justin Bieber yatangaje ko Taylor Swift ari we wabaye kidobya yo kudasubirana na Selena Gomez bahoze bakundana.
Umuhanzi wamamaye mu kuririmba indirimbo zihimbaza Imana mu Itorero rya Zion Temple na Eglise Vivante, Sam Murenzi, yashinze ishuri ry’umuziki.
Umuhanzi Ruremire Focus yasheje umuhigo yahize ubwo yasabaga Imana ko nimufasha agakora muzika akanamenyekana, azayiririmbira.
Umuhanzi Gasigwa Pierre avuga ko yahimbye indirimbo itaka ubwiza bw’umuhanda wa “Kivu Belt” ashimira ngo ashimire Perezida Kagame wakuye abaturage mu bwigunge.
Teta Diana arasaba abafana be kumushyigikira ku cyemezo cyo gusezera mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star 6 kuko ngo yabitekerejeho.
Umuhanzi Paul Maurix wamenyekanye muri Maurix Music Studio, yatangaje agiye kuririmba indirimbo z’ibihe byose, zirimo ubutumwa bukora ku mutima ya benshi.
Cindy Sanyu araye mu Rwanda aho yaje gufasha umuhanzi Kid Gaju kumurika alubumu yitiriye indirimbo bakoranye bise “Gahunda”.
Umuhanzikazi Teta Diana ari gukorwaho inkuru mu mashusho(Magazine Documentaire) n’ikigo cy’Itangazamakuru gikomeye ku isi cya CNN (The Cable News Network) cy’Abanyamerika.
Davis D na Sat B babinyujije mu ndirimbo bise “Umwana wo mu mujyi”, batatse Kigali na Bujumbura imigi baturukamo banaririmbiramo.
Umuhanzi Ruremire Focus uririmba mu njyana gakondo agiye kwerekeza i Dar-Es-Salam gukorerayo indirimbo abifashijwemo n’uwitwa Kabano usanzwe amukorera.
Angelique Kidjo, umuhanzikazi wo muri Benin, yongeye gutsindira igihembo cya Grammy Awards, agitura abahanzi bagenzi be bo muri Afurika.
Itsinda rya Trezzor riritegura kumurika album yabo ya kabiri bise “Urukumbuzi” izaba igizwe n’indirimbo 10 zicuranze ku buryo bw’umwimerere (live).