APR Volleyball Club na Kaminuza y’u Rwanda (NUR) mu bagabo zigiye kongera guhurira ku mukino wa nyuma mu irushanwa rihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona (Playoff), aho ikipe ibaye iya mbere ihita yegukana igikombe cya shampiyona.
Shampiyona ya Volleyball irasozwa mu mpera z’icyi cyumweru hakinwa imikino ya ‘Play Off’ ihuza amakipe ane ya mbere mu bagabo n’ane ya mbere mu bagore, ikipe izaba iya mbere ikazaba ari nayo yegukana igikombe cya shampiyona y’uyu mwaka.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu batarengeje imyaka 21, nyuma yo gusezererwa mu gikombe cy’isi kirimo kubera muri Turukiya, kuri uyu wa kane tariki 29/8/2013, yatangiye guhatanira kuva ku mwanya wa 17 kugeza ku mwanya wa 20.
Nyuma yo gutsindwa n’amakipe yose uko ari ne yari kumwe nayo mu itsinda, ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu batarengeje imyaka 21, yasezerewe mu mikino y’igikombe cy’isi kirimo kubera muri Turukiya.
Nyuma yo gutsindwa na Reta Zunze ubumwe za Amerika mu mukino wayo wa mbere, ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu batarengeje imyaka 21, kuri uyu wa gatanu tariki 23/08/2013 yongeye gutsindwa na Tuniziya amaseti 3-0 mu gikombe cy’isi kirimo kubera muri Turukiya.
Umukinnyi wa Volleyball ukina nk’uwabigize umwuga Dusabimana Vincent uzwi cyane ku izina rya ‘Gasongo’, nyuma yo kurangiza amasezerano yari afitanye n’ikipe yo muri Qatar, ari mu biganiro n’amakipe yo muri Algeria ashaka ko azayakinira muri shampiyona itaha.
Mu irushanwa ryasojwe ku cyumweru tariki 11/08/2013 mu gihugu cya Uganda ryateguwe n’ikigo gishinzwe ubwishingizi (National Social Security Fund), ikipe y’abagabo ya Volley ball ya INATEK yatsinze Kenya Administration Police ku mukino wa nyuma amaseti 3-1.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu batarengeje imyaka 21, yatsinze iya Fenerbahce amaseti atatu ku busa mu mukino wa gicuti wabereye Istanbul muri Turukiya aho yagiye gukorera imyitozo yitegura igikombe cy’isi kizahabera mu mpera z’uku kwezi.
Paul Bitok, umutoza w’ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu baterengeje imyaka 21, yashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 12 azajyana mu gikombe cy’isi kizabera muri Turukiya kuva tariki 22/08/2013.
Ikipe y’igihugu ya Volleyball y’abatarengeje imyaka 21, ku wa kabiri tariki 06/08/2013 izerekeza mu gihugu cya Turukiya, mu rwego rwo kwitegurirayo imikino y’igikombe cy’isi kizahabera kuva tariki 22/08/2013.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda ya Volleyball Paul Bitok avuga ko n’ubwo u Rwanda rwatsinzwe na Misiri mu mikino ibiri yahuje aya makipe i Kigali, ngo byatumye ikipe atoza yitegura neza irushanwa ry’akarere ka gatanu naryo rizabera i Kigali muri Nzeri uyu mwaka.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda ya Volleyball, Paul Ibrahim Bitok, yashyize ahagaragara abakinnyi 12 bazitabira irushanwa ry’akarere (sub-zone) rizabera mu i Kigali kuva tariki 24/07/2013, mu rwego rwo gushaka itike yo kuzakina ihikombe cy’isi.
Dushimimana Vincent uzwi cyane ku izina rya Gasongo ukina muri Qatar, ntabwo yahamagawe n’umutoza Paul Bitok mu bakinnyi batangiye imyitozo bitegura irushanwa ryo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi, rizabera mu Rwanda kuva tariki 23/07/2013.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu batarengeje imyaka 19 yasezerewe mu gikombe cy’isi kirimo kubera muri Mexique, nyuma yo gutsindwa imikino ine yose yo mu itsinda yari iherereyemo bituma ifata umwanya wa nyuma.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu batarengeje imyaka 19 yatsinzwe n’Ubufaransa mu mukino wayo wa mbere w’igikombe cy’isi kirimo kubera muri Mexique.
Nyuma y’ibyumweru bibiri ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu batarengeje imyaka 19 yari imaze ikorera imyitozo muri Turukiya, yahavuye mu ijoro ryo ku wa mbere tariki 24/06/2013 yarekeza muri Mexique ahagomba kubera imikino y’igikombe cy’isi.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu batarengeje imyaka 19, yatsinzwe amaseti 3-0 n’ikipe yitwa Bahcaleivler yo muri Turukiya, aho ikomeje gukorera imyitozo yitegura kwerekeza mu gikombe cy’isi muri Mexique.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu batarengeje imyaka 19, ikomeje kwitwara neza mu mikino ya gicuti ikinira muri Turukiya, aho irimo kwitegura kujya mu gikombe cy’isi kizabera muri Mexique kuva tariki 28/06/2013.
Ikipe z’u Rwanda mu mukino wa Beach Volleyball mu bagabo no mu bagore batarengeje imyaka 23, zaviriyemo ku ikubitiro mu gikombe cy’isi, cyegukanywe na Pologne mu bagabo n’Ubudage mu bagore tariki 09/06/2013.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Beach Volleyball mu bakobwa batarengeje imyaka 23, yasezerewe mu gikombe cy’isi kirimo kubera I Myslowice muri Pologne. Bibaye yuma yo gutsindwa imikino itatu yakinnye n’u Butaliyani, Repubulika ya Czech n’u Budage.
Kuri uyu wa kane tariki 06/06/2013, amakipe y’u Rwanda mu bahungu n’abakobwa batarengeje imyaka 23, yatsinzwe imikino yayo ibanza mu gikombe cy’isi gikomeje kubera i Myslowice muri Pologne.
Ikipe z’u Rwanda mu mikino wa Volleyball yo ku mucanga (Beach Volleyball) mu bahungu n’abakobwa batarengeje imyaka 23, ngo ziteguye kwitwara neza mu gikombe cy’isi gitangira kuri uyu wa kane tariki 05/06/2013 i Myslowice muri Pologne.
Ikipe ya Kaminuza y’Ubuhinzi n’Ikoranabuhanga ya Kibungo (INATEK) mu bagabo, na Pipeline yo muri Kenya mu bagore, nizo zegukanye igikombe mu irushanwa ryo kwibuka abakunzi ba Volleyball bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, ryasojwe ku cyumweru tariki 02/06/2013.
Amakipe atatu y’abagabo n’amakipe abiri y’abagore yose yo mu Rwanda yageze muri ½ cy’irangiza mu irushanwa ryo kwibuka abari abakunzi b’umukino wa Volleyball bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, iyo mikino ikaza gusozwa kuri icyi cyumweru tariki 02/06/2013.
Amakipe arindwi ya volleyball, harimo abiri yo mu Rwanda, yatangaje ko atazitabira irushanwa ryo kwibuka abakunzi ba Volleyball bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994, rizatangira kuri uyu wa gatandatu tariki 01/06/2013.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) riratangaza ko amakipe 18 y’abagabo n’abagire yo mu Rwanda, Burundi, Kenya, Uganda, Tanzania na Congo Brazzaville yemeje ko azitabira irushanwa ryo kwibuka abari abakinnyi, abayobozi ndetse n’abakunzi ba Volleyball bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ikipe y’igihugu ya Volleyball ikinirwa ku mucanga (Beach Volleyball) mu batarengeje imyaka 23 mu bagabo n’abagore, zatangiye kwitegura imikino y’igikombe cy’isi izabera i Myslowice muri Pologne kuva tariki 06-09/06/2013.
Mu mikino y’igikombe cy’isi kizabera muri Mexique muri Kamena uyu mwaka, ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu bahungu batarengeje imyaka 19, izaba iri mu itsinda rikomeye ririmo Uburusiya, Iran, Ubufaransa na Finland.
Samy Mulinge, umutoza wa APR Volleyball Club afite icyizere cyinshi cyo gutsinda kaminuza y’u Rwanda mu mukino wa shampiyona uzahuza amakipe yombi ku Cyumweru tariki 12/05/2013 kuri Stade ntoya i Remera.
Ikipe ya Volleyball y’ishuri rikuru ry’ubuhinzi n’Ikoranabuhanga rya Kibungo (INATEK), ikomeje kuza ku isonga muri shampiyona ya Volleyball mu bagabo, nyuma yo kwitwara neza ku munsi wayo wa gatatu ikaba itaratsindwa na rimwe kugeza ubu.