Mu rwego rwo gukomeza kwitegura kujya muri Cameroun mu mikino ya nyuma y’amajonjora yo gushaka itike yo kuzajya mu gikombe cy’isi kizabera muri Pologne muri Kanama uyu mwaka, ikipe y’u Rwanda ya volleyball yakinnye imikino ibiri na Botswana i Kigali, maze yombi u Rwanda ruyitsinda ku buryo bworoshye.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball, kuri icyi cyumweru no ku wa mbere tariki 3/2/2014 izakina imikino ya gucuti n’ikipe y’igihugu ya Botswana mu rwego rwo kwitegura imikino ya nyuma y’amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’isi kizabera muri Pologne muri Kanama uyu mwaka.
Mu mukino wari ugamije kwakira inkoni y’umwamikazi w’Ubwongereza Elisabeth II imaze iminsi itatu mu Rwanda, ikipe y’igihugu ya Volleyball yatsinze Rayon Sport Volleyball amaseti 3-2 mu mukino wabereye kuri Stade ntoya i Remara ku wa gatandatu tariki ya 17/1/2014.
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Volleyball, Paul Bitok, yashiyize ahagaragara amazina y’abakinnyi 20 bagomba gutangira imyitozo ku wa mbere tariki ya 13/1/2014 bitegura kujya mu mikino y’amajonjora ya nyuma y’igikombe cy’isi kizabera muri Pologne muri Nzeli uyu mwaka.
Nyuma yo kwemezwa ko izakina shampiyona ya 2014, ikipe ya Rayon Sport Volleyball Club yamaze gutangira imyitozo ikorera kuri stade ntoya i Remera, ikaba yarihaye intego yo kuzegukana nibura umwanya wa kabiri.
Nyuma y’umwaka n’amezi ibibuga rukumbi byakinirwagaho imikino ya volleyball na basketball byari mu mujyi wa Ngororero bisenywe, ubu abatuye umujyi bagiye kubona ibindi bibuga kuko byatangiye kubakwa.
Nyuma yo gufasha ikipe y’u Rwanda kujya mu cyiciro cya nyuma cy’amajonjora yo kujya mu gikombe cy’isi, Mutabazi Elie ukina muri APR Volleyball Club, yahagaritse burundu gukinira ikipe y’igihugu ya Volleyball yari amaze imyaka 15 akinira.
Nyuma yo gutsinda Uganda amaseti 3-0 mu mukino wa nyuma w’imikino y’akarere ka gatanu yaberaga i Kigali, u Rwanda rwabonye itike yo gukomeza mu cyiciro cya nyuma cy’amajonjora y’igikombe cy’isi mu mukino wa volleyball kuko rwaje ku mwanya wa kabiri inyuma ya Misiri, naho Kenya ifata umwanya wa gatatu.
Kuri uyu wa gatandatu, u Rwanda rurakina na Uganda umukino wa kane ari nawo wa nyuma mu irushanwa ry’akarere ka gatanu ririmo kubera mu Rwanda, nyuma hakaza guhita hamenyekana amakipe atatu agomba gukomeza mu cyiciro cya nyuma cy’amajonjora yo gushaka itike yo kuzajya mu gikombe cy’isi kizabera muri Pologne umwaka utaha.
Kuri uyu wa kane, u Rwanda rwatsinze umukino warwo wa kabiri mu mikino ya Volleyball y’akarere ka gatanu irimo kubera i Kigali, nyuma yo gutsinda bigoranye cyane Kenya amaseti 3-1.
Mu irushanwa ya volleyball ahuje ibihugu byo mu karere ka gatanu ririmo kubera i Kigali, u Rwanda rwatsinzwe na Misiri amaseti 3-1, rukaba rugomba gushakira amahirwe yo gukomeza mu irushanwa rutsinda Kenya mu mukino uba kuri uyu wa kane tariki 28/11/2013 guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Mu mikino ya Volleyball irimo guhuza amakipe y’akarere ka gatanu mu rwego rwo gushaka itike yo kuzajya mu gikombe cy’isi, kuri uyu wa kabiri tariki 26/11/2013, u Rwanda rwatsinze u Burundi amaseti 3-0, naho Misiri itsinda Kenya amaseti 3-2.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball, kuva wa mbere tariki ya 25/11/2013, nibwo izatangira imikino y’akarere ka gatanu izabera i Kigali, ikaba igamije gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Pologne umwaka utaha.
Ikipe za APR Volleyball Club mu bagabo no mu bagore nizo zegukanye ibikombe bya ‘Carré d’ AS’, nyuma yo gutsinda Kaminuza y’u Rwanda (UNR) na Rwanda Revenue Authority ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade ntoya i Remera ku cyumweru tariki ya 20/10/2013.
Nyuma y’icyumweru kimwe gusa Kaminuza y’u Rwanda itwaye igikombe cya shampiyona nyuma yo gutsinda APR VC amaseti 3-0 ku mukino wa nyuma wa ‘Play off’, aya makipe arongera ahure ku mukino wa nyuma wa ‘Carré d’As’ kuri icyi cyumweru tariki 20/10/2013 kuri Stade ntoya i Remera.
Nyirimana Fidèle watozaga ikipe ya Kaminuza y’u Rwanda ya Volleyball na Bagirishya Jean de Dieu wari umwungirije, nibo bagizwe abatoza bashya b’ikipe nshya ya Volleyball ‘Rayon Sport Volleyball Club’ ikazanakina shampiyona itaha.
Ikipe ya Volleyball Kaminuza y’u Rwanda mu bagabo, yihimuye kuri mukeba wayo APR VC iyitsinda amaseti 3-0 ku mukino wa nyuma w’imikino ya Play off isoza shampiyona wabereye kuri Stade ntoya i Remera ku cyumweru tariki 13/10/2013.
APR Volleyball Club na Kaminuza y’u Rwanda (NUR) mu bagabo zigiye kongera guhurira ku mukino wa nyuma mu irushanwa rihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona (Playoff), aho ikipe ibaye iya mbere ihita yegukana igikombe cya shampiyona.
Shampiyona ya Volleyball irasozwa mu mpera z’icyi cyumweru hakinwa imikino ya ‘Play Off’ ihuza amakipe ane ya mbere mu bagabo n’ane ya mbere mu bagore, ikipe izaba iya mbere ikazaba ari nayo yegukana igikombe cya shampiyona y’uyu mwaka.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu batarengeje imyaka 21, nyuma yo gusezererwa mu gikombe cy’isi kirimo kubera muri Turukiya, kuri uyu wa kane tariki 29/8/2013, yatangiye guhatanira kuva ku mwanya wa 17 kugeza ku mwanya wa 20.
Nyuma yo gutsindwa n’amakipe yose uko ari ne yari kumwe nayo mu itsinda, ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu batarengeje imyaka 21, yasezerewe mu mikino y’igikombe cy’isi kirimo kubera muri Turukiya.
Nyuma yo gutsindwa na Reta Zunze ubumwe za Amerika mu mukino wayo wa mbere, ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu batarengeje imyaka 21, kuri uyu wa gatanu tariki 23/08/2013 yongeye gutsindwa na Tuniziya amaseti 3-0 mu gikombe cy’isi kirimo kubera muri Turukiya.
Umukinnyi wa Volleyball ukina nk’uwabigize umwuga Dusabimana Vincent uzwi cyane ku izina rya ‘Gasongo’, nyuma yo kurangiza amasezerano yari afitanye n’ikipe yo muri Qatar, ari mu biganiro n’amakipe yo muri Algeria ashaka ko azayakinira muri shampiyona itaha.
Mu irushanwa ryasojwe ku cyumweru tariki 11/08/2013 mu gihugu cya Uganda ryateguwe n’ikigo gishinzwe ubwishingizi (National Social Security Fund), ikipe y’abagabo ya Volley ball ya INATEK yatsinze Kenya Administration Police ku mukino wa nyuma amaseti 3-1.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu batarengeje imyaka 21, yatsinze iya Fenerbahce amaseti atatu ku busa mu mukino wa gicuti wabereye Istanbul muri Turukiya aho yagiye gukorera imyitozo yitegura igikombe cy’isi kizahabera mu mpera z’uku kwezi.
Paul Bitok, umutoza w’ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu baterengeje imyaka 21, yashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 12 azajyana mu gikombe cy’isi kizabera muri Turukiya kuva tariki 22/08/2013.
Ikipe y’igihugu ya Volleyball y’abatarengeje imyaka 21, ku wa kabiri tariki 06/08/2013 izerekeza mu gihugu cya Turukiya, mu rwego rwo kwitegurirayo imikino y’igikombe cy’isi kizahabera kuva tariki 22/08/2013.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda ya Volleyball Paul Bitok avuga ko n’ubwo u Rwanda rwatsinzwe na Misiri mu mikino ibiri yahuje aya makipe i Kigali, ngo byatumye ikipe atoza yitegura neza irushanwa ry’akarere ka gatanu naryo rizabera i Kigali muri Nzeri uyu mwaka.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda ya Volleyball, Paul Ibrahim Bitok, yashyize ahagaragara abakinnyi 12 bazitabira irushanwa ry’akarere (sub-zone) rizabera mu i Kigali kuva tariki 24/07/2013, mu rwego rwo gushaka itike yo kuzakina ihikombe cy’isi.
Dushimimana Vincent uzwi cyane ku izina rya Gasongo ukina muri Qatar, ntabwo yahamagawe n’umutoza Paul Bitok mu bakinnyi batangiye imyitozo bitegura irushanwa ryo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi, rizabera mu Rwanda kuva tariki 23/07/2013.